Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.(Rtd) James Kabarebe yagiriye inama Ibihugu byagiye gufasha FARDC kurwanya M23

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Gen.(Rtd) James Kabarebe yagiriye inama Ibihugu byagiye gufasha FARDC kurwanya M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe; yavuze ko Ibihugu byagiye gufasha Leta ya DRC kurwanya M23, byari bikwiye kugira ibibazo byibaza mbere yo kohereza ingabo, kandi ko iyo bibisuzuma neza bitari bikwiye kwijandika muri urwo rugamba.

Gen (Rtd) James Kabarebe, avuga ko umutwe wa M23 wavutse kubera ingengabiterezo mbi y’ibikorwa byakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Avuga ko umutwe wa M23 urwanira impamvu yumvikana, yo kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside yakomeje gukorerwa aba Banyekongo, yatumye benshi bavutswa uburenganzira bwabo bwo kuba mu Gihugu cyabo, bakaba bamaze imyaka myinshi mu buhungiro.

Ati “M23 irwanira kubaho gusa, ni nko kuvuga ngo turarwana kugira ngo tubeho, tugire aho twita iwacu tuve mu buhunzi bw’imyaka 30 ariko tureke no kwicwa.”

Gen (Rtd) James Kabarebe avuga ko ubwicanyi bwakomeje gukorerwa aba Banyekongo, bwagaragajwe kenshi ku buryo Isi yabibonye mu buryo buhagije.

Yavuze ko kuba Isi ikomeje gutererana aba Banyekongo b’Abatutsi bakomeje kwicwa, bikwiye gukomeza guha isomo Abanyarwanda.

Ati “Ukibaza ute ‘ese aba bose Isi yose ntabwo ibibona?’ irabibona, ‘ese kuki ibyirengagiza?’ Kuba ibyirengagiza rero ni cyo gikwiye kudukangura nk’Abanyarwanda ko twiraye twagira ibibazo kandi ntawundi uzaturwanirira iyi ntambara, ni twe tugomba kuyirwanirira.”

Ikindi kibabaje, ni ukuba hari Ibihugu byemeye kujya gufasha ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kurwanya Abanyekongo bafite impamvu yumvikana barwanira.

Ati “Ese buri kimwe muri byo [Ibihugu] ukibajije uti ‘ese ujya kohereza izi ngabo wibajije iki kibazo, wibajije niba Congo ifatanya na FDLR yakoze Jenoside mu Rwanda? Niba se warabyibajije ugasanga ari byo, kuki wohereje ingabo zawe kujya gufatanya na Congo kurwanya abicwa?’ icyo gikwiye kudutera impungenge.”

Gen (Rtd) Kabarebe avuga ko kandi ibikorwa bibangamira uburenganzi bw’aba Banyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bigikomeje gukorwa, kuko hari abagera muri 500 bafunze, abandi bari gutotezwa, ariko ikibabaje ari ukuba Imiryango ivuga ko Iharanira Uburenganzira bwa muntu ikomeje kuruca ikarumira.

Ati “Abo bose nta n’umwe urigera abaza ngo ‘aba bantu bafungiye iki?’ nta n’ushaka kubimenya, n’iyo ubibabwiye bica amatwi.”

Yavuze ko ibi bigaragaza ko Ingengabitekerezo ya Jenoside ikiriho inakomeje gushyigikirwa, ndetse ko n’aba biyemeje gufasha FARDC mu rugamba rwo kurwanya abaharanira uburenganzira bwabo, na bo bashyigikira ingengabitekerezo y’urwango.

Gen (Rtd) agaruka ku kuba umubare w’abashyigikiye FARDC bakomeje kuba benshi, kandi abamagana ibyo bakora ari bacye barimo n’Igihugu cy’u Rwanda, yavuze ko n’Ingabo zahoze ari RPA z’Umuryango RPF-Inkotanyi, zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, na zo zari nke.

Yavuze ko izi ngabo zijya kwinjira muri uru rugamba zari ibihumbi 19 mu gihe izo bari bahanganye za Leta yateguye Jenoside, zo zari ibihumbi 50, kandi zarafashijwe n’izindi nzego z’umutekano zariho mu Rwanda ndetse n’Interahamwe zari zaratojwe ku buryo abakoraga Jenoside barageraga muri miliyoni imwe.

Ati “Kuba rero mu 1994 ibihumbi 19 byaranesheje miliyoni bigaragagarika Jenose mu mezi atatu, ni ukuvuga ko ntacyatunanira ubu.”

Gen (Rtd) James Kabarebe avuga ko ikibazo atari icy’imibare ahubwo ko ari icyo abantu barwanira cyangwa barwanya, kuko iyo abantu barwanira ukuri kandi bakamagana ikibi, ntakibabuza kugera ku ntego yabo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. igucirakanzu magnifique says:
    1 year ago

    igucirakanzu magnifique

    Reply
  2. Karangwa callixte says:
    1 year ago

    Afande James ur umugabo cyane ngewe nuko Ntagize amahirwe yo kujya mugiririkare ariko nari kuba intwari nkamwe Nkotanyi abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakwiye kivugira bitabibyo bakabyikorera bo ubwabo ( Abanyarwanda dufite abayobozi kbs ❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️)

    Reply

Leave a Reply to igucirakanzu magnifique Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Next Post

Hamenyekanya abandi bakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi barimo uwatunguranye

Related Posts

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
15/10/2025
0

Umunyarwanda Musangabatware Clement unahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora Ibiro by’iyi Nteko...

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abantu babiri umufuka urimo urumogi rupima ibilo 28, bafatiwe mu Murenge...

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

by radiotv10
15/10/2025
0

Abantu 11 bakurikiranyweho gucukura amabuye y'agaciro mu buryo bunyuranyije n'amategeko mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baburanye ku...

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

by radiotv10
15/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rumaze imyaka 31 ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’ubu rukaba...

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

by radiotv10
15/10/2025
0

Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 70 wo mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana bamusanze mu bwiherero yapfuye, bikekwa...

IZIHERUKA

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga
AMAHANGA

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

15/10/2025
Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanya abandi bakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi barimo uwatunguranye

Hamenyekanya abandi bakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi barimo uwatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.