Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.(Rtd) James Kabarebe yagiriye inama Ibihugu byagiye gufasha FARDC kurwanya M23

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Gen.(Rtd) James Kabarebe yagiriye inama Ibihugu byagiye gufasha FARDC kurwanya M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe; yavuze ko Ibihugu byagiye gufasha Leta ya DRC kurwanya M23, byari bikwiye kugira ibibazo byibaza mbere yo kohereza ingabo, kandi ko iyo bibisuzuma neza bitari bikwiye kwijandika muri urwo rugamba.

Gen (Rtd) James Kabarebe, avuga ko umutwe wa M23 wavutse kubera ingengabiterezo mbi y’ibikorwa byakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Avuga ko umutwe wa M23 urwanira impamvu yumvikana, yo kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside yakomeje gukorerwa aba Banyekongo, yatumye benshi bavutswa uburenganzira bwabo bwo kuba mu Gihugu cyabo, bakaba bamaze imyaka myinshi mu buhungiro.

Ati “M23 irwanira kubaho gusa, ni nko kuvuga ngo turarwana kugira ngo tubeho, tugire aho twita iwacu tuve mu buhunzi bw’imyaka 30 ariko tureke no kwicwa.”

Gen (Rtd) James Kabarebe avuga ko ubwicanyi bwakomeje gukorerwa aba Banyekongo, bwagaragajwe kenshi ku buryo Isi yabibonye mu buryo buhagije.

Yavuze ko kuba Isi ikomeje gutererana aba Banyekongo b’Abatutsi bakomeje kwicwa, bikwiye gukomeza guha isomo Abanyarwanda.

Ati “Ukibaza ute ‘ese aba bose Isi yose ntabwo ibibona?’ irabibona, ‘ese kuki ibyirengagiza?’ Kuba ibyirengagiza rero ni cyo gikwiye kudukangura nk’Abanyarwanda ko twiraye twagira ibibazo kandi ntawundi uzaturwanirira iyi ntambara, ni twe tugomba kuyirwanirira.”

Ikindi kibabaje, ni ukuba hari Ibihugu byemeye kujya gufasha ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kurwanya Abanyekongo bafite impamvu yumvikana barwanira.

Ati “Ese buri kimwe muri byo [Ibihugu] ukibajije uti ‘ese ujya kohereza izi ngabo wibajije iki kibazo, wibajije niba Congo ifatanya na FDLR yakoze Jenoside mu Rwanda? Niba se warabyibajije ugasanga ari byo, kuki wohereje ingabo zawe kujya gufatanya na Congo kurwanya abicwa?’ icyo gikwiye kudutera impungenge.”

Gen (Rtd) Kabarebe avuga ko kandi ibikorwa bibangamira uburenganzi bw’aba Banyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bigikomeje gukorwa, kuko hari abagera muri 500 bafunze, abandi bari gutotezwa, ariko ikibabaje ari ukuba Imiryango ivuga ko Iharanira Uburenganzira bwa muntu ikomeje kuruca ikarumira.

Ati “Abo bose nta n’umwe urigera abaza ngo ‘aba bantu bafungiye iki?’ nta n’ushaka kubimenya, n’iyo ubibabwiye bica amatwi.”

Yavuze ko ibi bigaragaza ko Ingengabitekerezo ya Jenoside ikiriho inakomeje gushyigikirwa, ndetse ko n’aba biyemeje gufasha FARDC mu rugamba rwo kurwanya abaharanira uburenganzira bwabo, na bo bashyigikira ingengabitekerezo y’urwango.

Gen (Rtd) agaruka ku kuba umubare w’abashyigikiye FARDC bakomeje kuba benshi, kandi abamagana ibyo bakora ari bacye barimo n’Igihugu cy’u Rwanda, yavuze ko n’Ingabo zahoze ari RPA z’Umuryango RPF-Inkotanyi, zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, na zo zari nke.

Yavuze ko izi ngabo zijya kwinjira muri uru rugamba zari ibihumbi 19 mu gihe izo bari bahanganye za Leta yateguye Jenoside, zo zari ibihumbi 50, kandi zarafashijwe n’izindi nzego z’umutekano zariho mu Rwanda ndetse n’Interahamwe zari zaratojwe ku buryo abakoraga Jenoside barageraga muri miliyoni imwe.

Ati “Kuba rero mu 1994 ibihumbi 19 byaranesheje miliyoni bigaragagarika Jenose mu mezi atatu, ni ukuvuga ko ntacyatunanira ubu.”

Gen (Rtd) James Kabarebe avuga ko ikibazo atari icy’imibare ahubwo ko ari icyo abantu barwanira cyangwa barwanya, kuko iyo abantu barwanira ukuri kandi bakamagana ikibi, ntakibabuza kugera ku ntego yabo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. igucirakanzu magnifique says:
    2 years ago

    igucirakanzu magnifique

    Reply
  2. Karangwa callixte says:
    2 years ago

    Afande James ur umugabo cyane ngewe nuko Ntagize amahirwe yo kujya mugiririkare ariko nari kuba intwari nkamwe Nkotanyi abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakwiye kivugira bitabibyo bakabyikorera bo ubwabo ( Abanyarwanda dufite abayobozi kbs ❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️)

    Reply

Leave a Reply to Karangwa callixte Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + seven =

Previous Post

Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Next Post

Hamenyekanya abandi bakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi barimo uwatunguranye

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

by radiotv10
12/05/2026
0

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka muri RDF, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye...

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu gikorwa cyo kwakirwa ku meza cyayobowe na Perezida William...

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

by radiotv10
12/05/2026
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) has posted strong Quarter one financial results, with service revenue growing 21.2% year-on-year to Rwf...

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

by radiotv10
11/05/2026
0

Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zatangiye imyitozi izwi nka ‘USHIRIKIANO IMARA’ yitabiriwe n’Ibihugu bitanu byo muri EAC, birimo...

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

by radiotv10
11/05/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Kampala muri Uganda, aho azahagararira Perezida Paul Kagame mu ibirori by’irahira rya Perezida...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique
MU RWANDA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

12/05/2026
MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

12/05/2026
Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

11/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

11/05/2026
Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

11/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanya abandi bakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi barimo uwatunguranye

Hamenyekanya abandi bakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi barimo uwatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.