Friday, May 30, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano

radiotv10by radiotv10
28/05/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwerera bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, ari i Kampala muri Uganda mu nama yo ku rwego rw’Abaminisiti b’Ibihugu bihuriye mu masezerano asanzwe hagati ya DRCongo n’akarere.

Gen (Rtd) James Kabarebe yitabiriye iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025, ikaba iya 12 ihuje Ibihugu bihuriye ku rwego ROM (Regional Oversight Mechanism).

Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yavuze ko “Minisitiri Kabarebe James ari i Kampala muri Uganda mu nama yo ku rwego rwo Hejuru ya Regional Oversight Mechanism (ROM).”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ikomeza ivuga ko Minisitiri James Kabarebe yitabiriye inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yigaga ku isinywa ry’amasezerano y’amahoro, Umutekano n’Imikoranire hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’akarere.

Ni amasezerano yashyizweho umukono muri 2013 ahuriweho n’Ibihugu 11 birimo n’u Rwanda, yahaga umurongo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, w’ibyayifasha kugira ngo itekane, aho aya masezerano yasabaga Leta y’iki Gihugu gushyiraho ingamba mu nzego zinyuranye zirimo umutekano, imiyoborere, no mu mibereho myiza y’abaturage.

Aya masezerano ni na yo yatumye hashyirwaho uru rwego ROM (Regional Oversight Mechanism) rwashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa by’ibiyakubiyemo.

Biteganyijwe ko none tariki 28 Gicurasi 2025, haba Inama y’Abakuru b’Ibihugu bihuriye muri aya masezerano, ndetse ari na bwo Perezida Evariste Ndayishimiye ahererekanya ububasha na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku buyobozi bw’uru rwego.

Ibihugu 11 byatangiranye n’aya masezerano muri 2013, birimo u Rwanda, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Uganda, Tanzania, Sudani y’Epfo, Afurika y’Epfo, Angola, Repubulika ya Centrafrique, Congo Brazzaville, na Zambia, nyuma haza kwiyongeramo Sudani na Kenya byayinjiyemo mu mwaka wa kurikiyeho wa 2014.

Minisitiri Kabarebe muri iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kazakhstan mu muhango w’akarasisi kanogeye ijisho

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zongeye gusasa inzobe mu nama y’iminsi itatu

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zongeye gusasa inzobe mu nama y’iminsi itatu

by radiotv10
29/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania bwahuriye mu nama ihuza abayobozi b’Ingabo mu bice bihana imbibi ku mpande z’ibi Bihugu...

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

by radiotv10
29/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko yatanze indi nkunga y’ubutabazi igizwe n'ibiribwa n'imiti, byo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara yo muri Gaza,...

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

by radiotv10
29/05/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje itariki izakorerwaho ibirori ngarukamwaka byo Kwita Izina Abana b’Ingagi, bisanzwe byitabirwa n’abaturutse mu...

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye

by radiotv10
29/05/2025
0

Perezida Paul Kagame uri muri i Astana muri Kazakhstan, yavuze ko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabaga, amahanga yigize...

Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe

Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe

by radiotv10
29/05/2025
0

Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga ahererekanya n’umusore umufuka urimo urumogi, nyuma yuko Polisi...

IZIHERUKA

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zongeye gusasa inzobe mu nama y’iminsi itatu
MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zongeye gusasa inzobe mu nama y’iminsi itatu

by radiotv10
29/05/2025
0

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

29/05/2025
Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

29/05/2025
Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

29/05/2025
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

29/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye

29/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kazakhstan mu muhango w’akarasisi kanogeye ijisho

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kazakhstan mu muhango w'akarasisi kanogeye ijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zongeye gusasa inzobe mu nama y’iminsi itatu

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.