Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano

radiotv10by radiotv10
28/05/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwerera bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, ari i Kampala muri Uganda mu nama yo ku rwego rw’Abaminisiti b’Ibihugu bihuriye mu masezerano asanzwe hagati ya DRCongo n’akarere.

Gen (Rtd) James Kabarebe yitabiriye iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025, ikaba iya 12 ihuje Ibihugu bihuriye ku rwego ROM (Regional Oversight Mechanism).

Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yavuze ko “Minisitiri Kabarebe James ari i Kampala muri Uganda mu nama yo ku rwego rwo Hejuru ya Regional Oversight Mechanism (ROM).”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ikomeza ivuga ko Minisitiri James Kabarebe yitabiriye inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yigaga ku isinywa ry’amasezerano y’amahoro, Umutekano n’Imikoranire hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’akarere.

Ni amasezerano yashyizweho umukono muri 2013 ahuriweho n’Ibihugu 11 birimo n’u Rwanda, yahaga umurongo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, w’ibyayifasha kugira ngo itekane, aho aya masezerano yasabaga Leta y’iki Gihugu gushyiraho ingamba mu nzego zinyuranye zirimo umutekano, imiyoborere, no mu mibereho myiza y’abaturage.

Aya masezerano ni na yo yatumye hashyirwaho uru rwego ROM (Regional Oversight Mechanism) rwashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa by’ibiyakubiyemo.

Biteganyijwe ko none tariki 28 Gicurasi 2025, haba Inama y’Abakuru b’Ibihugu bihuriye muri aya masezerano, ndetse ari na bwo Perezida Evariste Ndayishimiye ahererekanya ububasha na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku buyobozi bw’uru rwego.

Ibihugu 11 byatangiranye n’aya masezerano muri 2013, birimo u Rwanda, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Uganda, Tanzania, Sudani y’Epfo, Afurika y’Epfo, Angola, Repubulika ya Centrafrique, Congo Brazzaville, na Zambia, nyuma haza kwiyongeramo Sudani na Kenya byayinjiyemo mu mwaka wa kurikiyeho wa 2014.

Minisitiri Kabarebe muri iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 6 =

Previous Post

Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kazakhstan mu muhango w’akarasisi kanogeye ijisho

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kazakhstan mu muhango w’akarasisi kanogeye ijisho

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kazakhstan mu muhango w'akarasisi kanogeye ijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.