Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika yigobotora ibibazo by’umutekano

radiotv10by radiotv10
29/11/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika yigobotora ibibazo by’umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) witabiriye inama yiga ku bibazo by’amahoro n’umutekano yabere i Dakar muri Senegal, yavuze ko gukemura ibibazo by’umutekano byugarije Umugabane wa Afurika, bikeneye guhuza imbaraga kw’Ibihugu.

Iri huriro ry’amahoro n’umutekano ryabereye i Dakar, ryahuriyemo abayobozi banyuranye bo mu Bihugu byo muri Afurika, barimo Abakuru b’Ibihugu, aba za Guverinoma ndetse n’abo mu zindi nzego.

Iyi nama yahurije hamwe abageze muri 400, yarimo abo mu nzego za gisirikare bari mu buyobozi bufata ibyemezo, iza gisivile, impuguke ndetse n’abashakashatsi, yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Africa’s potentials and solutions in the face of security challenges and institutional instability” [ibisubizo bikenewe mu gukemura ibibazo by’umutekano].

Mu ijambo yatangiye muri iyi nama, General (Rtd) James Kabarebe; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, yavuze ko Afurika ifite ibibazo by’ingutu by’umutekano.

Muri ibyo bibazo, harimo imitwe y’iterabwoba ndetse n’ibibazo by’ihangana muri politiki mu Bihugu by’ibihangange ku Isi.

Yagize ati “Ibi bidusaba gushyira hamwe no gukorana mu ngamba zo gushaka umuti w’ibi bibazo.”

Yagarutse ku isomo yasangiza abandi, ry’uburyo u Rwanda rwitwaye nyuma ya Jenoside yakorewe Anatutsi mu 1994, avuga ko ibyabaye mu Rwanda bidashobora kongera kurubamo ukundi.

Yagize ati “Kuva icyo gihe, u Rwanda ubu ruratanga umusanzu mu bikorwa by’amahoro mu karere kubera kumenya agaciro k’amahoro n’iterambere.”

Yakomeje agaragaza Ibihugu byafashijwe n’u Rwanda, ati “Ubufasha bwacu duha Ibihugu by’ibivandimwe nka Repubulika ya Centrafrique, Mozambique, Sudan na Sudan y’Epfo, bushimangira akamaro ko guhuza imbaraga mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano.”

Yakomeje avuga ko nk’ubu abaturage bari baravuye mu byabo muri Mozambique no muri Centrafrique, basubiye mu ngo zabo, ndetse bakaba baratangiye gukora ibikorwa bibateza imbere.

Ati “Amashuri yarongeye arafungura ku buryo abanyeshuri basubukuye amasomo yabo ndetse n’ibitaro byongeye gutanga serivisi z’ubuvuzi ku bazikeneye.”

Yavuze ko kugera ku mahoro n’umutekano birambye, bikenera uruhare rwa buri wese, ndetse no gukorana hagati y’inzego zaba iza Leta, abikorera n’impuguke mu by’umutekano ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.

Gen (Rtd) James Kabarebe yagaragaje uko Afurika yava mu bibazo by’umutekano
Ni inama yitabiriwe n’impuguke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + five =

Previous Post

S.Africa: Urujijo ku cyateye akaga k’impanuka idasanzwe yabereye muri metero 200 z’ubujyakuzimu

Next Post

Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

IZIHERUKA

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB
MU RWANDA

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

15/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.