Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika yigobotora ibibazo by’umutekano

radiotv10by radiotv10
29/11/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika yigobotora ibibazo by’umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) witabiriye inama yiga ku bibazo by’amahoro n’umutekano yabere i Dakar muri Senegal, yavuze ko gukemura ibibazo by’umutekano byugarije Umugabane wa Afurika, bikeneye guhuza imbaraga kw’Ibihugu.

Iri huriro ry’amahoro n’umutekano ryabereye i Dakar, ryahuriyemo abayobozi banyuranye bo mu Bihugu byo muri Afurika, barimo Abakuru b’Ibihugu, aba za Guverinoma ndetse n’abo mu zindi nzego.

Iyi nama yahurije hamwe abageze muri 400, yarimo abo mu nzego za gisirikare bari mu buyobozi bufata ibyemezo, iza gisivile, impuguke ndetse n’abashakashatsi, yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Africa’s potentials and solutions in the face of security challenges and institutional instability” [ibisubizo bikenewe mu gukemura ibibazo by’umutekano].

Mu ijambo yatangiye muri iyi nama, General (Rtd) James Kabarebe; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, yavuze ko Afurika ifite ibibazo by’ingutu by’umutekano.

Muri ibyo bibazo, harimo imitwe y’iterabwoba ndetse n’ibibazo by’ihangana muri politiki mu Bihugu by’ibihangange ku Isi.

Yagize ati “Ibi bidusaba gushyira hamwe no gukorana mu ngamba zo gushaka umuti w’ibi bibazo.”

Yagarutse ku isomo yasangiza abandi, ry’uburyo u Rwanda rwitwaye nyuma ya Jenoside yakorewe Anatutsi mu 1994, avuga ko ibyabaye mu Rwanda bidashobora kongera kurubamo ukundi.

Yagize ati “Kuva icyo gihe, u Rwanda ubu ruratanga umusanzu mu bikorwa by’amahoro mu karere kubera kumenya agaciro k’amahoro n’iterambere.”

Yakomeje agaragaza Ibihugu byafashijwe n’u Rwanda, ati “Ubufasha bwacu duha Ibihugu by’ibivandimwe nka Repubulika ya Centrafrique, Mozambique, Sudan na Sudan y’Epfo, bushimangira akamaro ko guhuza imbaraga mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano.”

Yakomeje avuga ko nk’ubu abaturage bari baravuye mu byabo muri Mozambique no muri Centrafrique, basubiye mu ngo zabo, ndetse bakaba baratangiye gukora ibikorwa bibateza imbere.

Ati “Amashuri yarongeye arafungura ku buryo abanyeshuri basubukuye amasomo yabo ndetse n’ibitaro byongeye gutanga serivisi z’ubuvuzi ku bazikeneye.”

Yavuze ko kugera ku mahoro n’umutekano birambye, bikenera uruhare rwa buri wese, ndetse no gukorana hagati y’inzego zaba iza Leta, abikorera n’impuguke mu by’umutekano ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.

Gen (Rtd) James Kabarebe yagaragaje uko Afurika yava mu bibazo by’umutekano
Ni inama yitabiriwe n’impuguke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 10 =

Previous Post

S.Africa: Urujijo ku cyateye akaga k’impanuka idasanzwe yabereye muri metero 200 z’ubujyakuzimu

Next Post

Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.