Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika yigobotora ibibazo by’umutekano

radiotv10by radiotv10
29/11/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika yigobotora ibibazo by’umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) witabiriye inama yiga ku bibazo by’amahoro n’umutekano yabere i Dakar muri Senegal, yavuze ko gukemura ibibazo by’umutekano byugarije Umugabane wa Afurika, bikeneye guhuza imbaraga kw’Ibihugu.

Iri huriro ry’amahoro n’umutekano ryabereye i Dakar, ryahuriyemo abayobozi banyuranye bo mu Bihugu byo muri Afurika, barimo Abakuru b’Ibihugu, aba za Guverinoma ndetse n’abo mu zindi nzego.

Iyi nama yahurije hamwe abageze muri 400, yarimo abo mu nzego za gisirikare bari mu buyobozi bufata ibyemezo, iza gisivile, impuguke ndetse n’abashakashatsi, yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Africa’s potentials and solutions in the face of security challenges and institutional instability” [ibisubizo bikenewe mu gukemura ibibazo by’umutekano].

Mu ijambo yatangiye muri iyi nama, General (Rtd) James Kabarebe; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, yavuze ko Afurika ifite ibibazo by’ingutu by’umutekano.

Muri ibyo bibazo, harimo imitwe y’iterabwoba ndetse n’ibibazo by’ihangana muri politiki mu Bihugu by’ibihangange ku Isi.

Yagize ati “Ibi bidusaba gushyira hamwe no gukorana mu ngamba zo gushaka umuti w’ibi bibazo.”

Yagarutse ku isomo yasangiza abandi, ry’uburyo u Rwanda rwitwaye nyuma ya Jenoside yakorewe Anatutsi mu 1994, avuga ko ibyabaye mu Rwanda bidashobora kongera kurubamo ukundi.

Yagize ati “Kuva icyo gihe, u Rwanda ubu ruratanga umusanzu mu bikorwa by’amahoro mu karere kubera kumenya agaciro k’amahoro n’iterambere.”

Yakomeje agaragaza Ibihugu byafashijwe n’u Rwanda, ati “Ubufasha bwacu duha Ibihugu by’ibivandimwe nka Repubulika ya Centrafrique, Mozambique, Sudan na Sudan y’Epfo, bushimangira akamaro ko guhuza imbaraga mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano.”

Yakomeje avuga ko nk’ubu abaturage bari baravuye mu byabo muri Mozambique no muri Centrafrique, basubiye mu ngo zabo, ndetse bakaba baratangiye gukora ibikorwa bibateza imbere.

Ati “Amashuri yarongeye arafungura ku buryo abanyeshuri basubukuye amasomo yabo ndetse n’ibitaro byongeye gutanga serivisi z’ubuvuzi ku bazikeneye.”

Yavuze ko kugera ku mahoro n’umutekano birambye, bikenera uruhare rwa buri wese, ndetse no gukorana hagati y’inzego zaba iza Leta, abikorera n’impuguke mu by’umutekano ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.

Gen (Rtd) James Kabarebe yagaragaje uko Afurika yava mu bibazo by’umutekano
Ni inama yitabiriwe n’impuguke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fifteen =

Previous Post

S.Africa: Urujijo ku cyateye akaga k’impanuka idasanzwe yabereye muri metero 200 z’ubujyakuzimu

Next Post

Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.