Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gen (Rtd) Kabarebe yatangaje umubare w’Abanyarwanda bagaruriwe nzira bagiye gucuruzwa biganjemo abakobwa

radiotv10by radiotv10
27/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen (Rtd) Kabarebe yatangaje umubare w’Abanyarwanda bagaruriwe nzira bagiye gucuruzwa biganjemo abakobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, General (Rtd) James Kabarebe yatangaje ko muri uyu mwaka utararangira hamaze kugarurirwa nzira Abanyarwanda 400 biganjemo abakobwa, bari bajyanywe mu bikorwa by’icuruzwa bw’abantu batabizi.

Gen (Rtd) James Kabarebe yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 26 Ukwakira 2023, mu kiganiro yagejeje ku Basenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Umutekano muri Sena y’u Rwanda.

Yavuze ko muri iki gihe urubyiruko ruri kugwa mu bishuko by’ababizeza akazi mu Bihugu by’amahanga, ariko bagerayo bakisanga bari mu bikorwa by’ubucuruzi bw’abantu.

Yagize ati “Abana cyane cyane b’abakobwa, Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka na Polisi bafatiye ku mipaka bakababuza kugenda, muri uyu mwaka gusa turimo, ni Magana ane (400).”

Gen (Rtd) Kabarebe avuga ko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ibona raporo ya buri munsi y’imibare y’abiganjemo urubyiruko rubuzwa gutambuka ku mipaka, kuko baba bagiye mu bikorwa by’icuruzwa ry’abantu na bo batari babizi.

Ati “Kubera gusa kubona umwana w’umukobwa w’imyaka makumyabiri, cumi n’icyenda, cumi n’umunani; bakamubaza bati ‘urajya he?’ ati ‘Ndajya Tanzania’, bati ‘kwa nde?’, bakurikirana bakajya mu matelefone ye, bagasanga inzira iramujyana muri Oman.”

Nyamara aha mu Gihugu cya Oma gikunze kuvugwamo icuruzwa ry’abantu, hari Abanyarwanda bahagiriye ibibazo, ndetse bamwe Guverinoma y’u Rwanda ibafasha kugaruka mu Gihugu cyababyaye.

Ati “Gahunda yo kurwanya icuruzwa ry’abantu yarahagurukiwe cyane, ku buryo ntabwo byoroshye cyereka amayeri abandi bakoresha bakaba bagenda. Nk’ubu muri Oman dufiteyo abantu 1 780 bazwi bakorayo mu ngo z’abakire… Muri abo, abagize ibibazo bagasaba ibyangombwa bagafashwa kugaruka mu Rwanda ni 32.”

Gen (Rtd) Kabarebe yavuze ko hari kwigwa uburyo bwemewe n’amategeko bwatuma urubyiruko rw’u Rwanda rujya mu mahanga mu nzira zemewe, ku buryo hajyaho imikoranire n’Ibihugu binyuranye mu bijyanye no guhanahana abakozi, bityo bakazajya bajyayo ku mugaragaro nta n’impungenge ziriho.

Ni mu kiganiri yagiranye n’Abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Umutekano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Ku munsi umwe Polisi y’u Rwanda yafashe ibilo 13 by’urumogi mu Turere tubiri

Next Post

Umunyamakurukazi ubirambyemo mu Rwanda yavuze ku ngingo ikunze kuzamura impaka mu myidagaduro

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika
AMAHANGA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi ubirambyemo mu Rwanda yavuze ku ngingo ikunze kuzamura impaka mu myidagaduro

Umunyamakurukazi ubirambyemo mu Rwanda yavuze ku ngingo ikunze kuzamura impaka mu myidagaduro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.