• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko

radiotv10by radiotv10
04/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko

The Chief of Defence Forces, General Muhoozi Kainerugaba addressing the gathering during the ground-breaking ceremony for construction of the State-of-the-Art Ministry of Defence and Veteran Affairs headquarters and Uganda Peoples’ Defence Forces joint headquartes in Mbuya on Monday 26th August 2024. Photo by Mpalanyi Ssentongo.

Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yongeye gushimangira ko akunda u Rwanda kandi arufasha nko mu rugo ha kabiri, ariko ko akunda byumwihariko Perezida Paul Kagame.

General Muhoozi ni kenshi avuga ko Perezida Kagame yita ‘My Uncle’ ari umwe mu baza ku isonga afatiraho icyitegererezo, yaba mu miyoborere ye ndetse no mu mateka ye mu gisirikare.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, General Muhoozi yongeye kubishimangira ko akunda Perezida Kagame.

Yagize ati “Nkunda u Rwanda bidasanzwe…ni mu rugo ha kabiri. Ariko by’umwihariko nkunda ‘Uncle wanjye’ w’ingenzi, Perezida Kagame.”

Mu butumwa akunze kunyuza kuri uru rubuga akoresha cyane, General Muhoozi ni gacye hashira iminsi atavuze ku Rwanda nk’Igihugu akunda ndetse no kuri Perezida Paul Kagame agaragaza ubutwari bwe bwamuranze mu bihe by’urugamba rwo Kwibohora, ndetse n’imiyoborere ye y’icyitegererezo.

Muri Werurwe 2022, General Muhoozi ubwo yari mu ruzinduko mu Rwanda rwari rugamije gukomeza kongera kubyutsa umubano w’Ibihugu byombi (u Rwanda na Uganda) byigeze kugirana ibibazo, yagabiwe Inka z’Inyambo na Perezida Paul Kagame ubwo yamutemberezaga mu rwuri rwe.

Nyuma y’umwaka umwe amugabiye, muri Mata 2023, General Muhoozi yashimiye Perezida Paul Kagame, anamumenyesha ko inka 10 yamugabiye zari zimaze kuba 17.

Muri Werurwe 2022 ubwo Muhoozi yari mu Rwanda yatemberejwe na Perezida Kagame mu rwuri amugabira inka z’Inyambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Uko abagore babiri bisanze bafashwe mu mukwabu hamwe n’abagabo 13 bakekwaho ubujura

Next Post

Eng.-Protais Zigiranyirazo, a brother-in-law of former President Habyarimana has died in Niger

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

Eng.-Protais Zigiranyirazo, a brother-in-law of former President Habyarimana has died in Niger

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.