Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Ntibumva uko gahunda ijyamo ababishaka yagizwe iturufu yo kubima ibyo bemerewe

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Ntibumva uko gahunda ijyamo ababishaka yagizwe iturufu yo kubima ibyo bemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko basezeranyijwe kuzahabwa umuriro w’amashanyarazi, ndetse iki gikorwa kigatangira ariko bagatungurwa no kuba udatanze umusanzu wa ‘Ejo Heza’ atemerewe guhabwa amashanyarari.

Aba baturage bo mu Kagari ka Muyira bavuga ko hari hashize igihe kinini bategereje iri sezerano ry’umuriro w’amashanyarazi yaba ay’imirasire y’izuba cyangwa afatiwe ku murongo mugari, nyuma bakaza kwemererwa guhabwa ay’imirasire y’izuba, ariko ko azahabwa ubanje gutanga 3 500 Frw ya Ejo Heza/

Yankurile Odette yagize ati “Batubwira ko tugomba kubanza gutanga ibihumbi bitatu Magana atanu  ngo ya Ejo Heza, kandi abandi mbere batangaga 200 cyangwa 500 kugira ngo babone ayo matara. Ntitwumva twebwe impamvu baduca ayo mafaranga yose.”

Undi witwa Hakizimana Emmanuel na we yagize ati “Ayo mafaranga baduca bayaduca batubwira ko ari aya Ejo Heza ngo uratanga ayo mafaranga nta tara bagomba kumuha. Twifuza ko bayaduha nk’uko bari babidusezeranyije.”

Aba baturage bavuga ko batanga gutanga amafaranga ya Ejo Heza kuko bamaze gusobanukirwa akamaro kayo,k andi ko bagomba kuyitanga, ariko ko bitakabaye bihuzwa n’iyi gahunda y’amashanyarazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibilizi, Giraneza Clisante, avuga ko aya matara atangwa n’abaterankunga batandukanye bakayashyikiriza ubuyobozi bw’Umurenge n’Akagari, agahabwa abaturage hagendewe ku hatagera umuriro, agahakana ibi bivugw ako byahujwe na Ejo Heza.

Ati “Ejo Heza kuyijyamo ni ubushake nk’uko bisanzwe ni ubukangurambaga busanwe ariko ntaho bihuriye no gufata itara. Amatara atangirwa Ubuntu, habaye hari aho byabaye turabikurikirana.”

Akomeza agira ati “Gusa nanone wasanga hari umuturage wabyitiranyije yabona batamugezeho muri phase ya mbere akagira ngo ni uko atatanze amafaranga ya Ejo Heza, ariko ntaho byahurira no kubacanira.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome avuga ko atari azi iki kibazo, icyakora ko uwaba agifite yakwegera inzego zikamufasha.

Ati “Ejo heza igira uko itangwa kandi kuyitanga ni ubushake, habaye hari uwatswe amafaranga muri ubwo buryo yatwegera tukamufasha.”

Ntibumva uko gahunda y’amashanyarazi yahujwe na Ejo Heza

Uhabwa umurasire ni ubanje gutanga umusanzu wa Ejo Heza

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano

Next Post

Umucyo ku mpungenge zimaze iminsi mu bamotari zazamuwe n’icyemezo cyafashwe na Guverinoma

Related Posts

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”

Umucyo ku mpungenge zimaze iminsi mu bamotari zazamuwe n’icyemezo cyafashwe na Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.