Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Ntibumva uko gahunda ijyamo ababishaka yagizwe iturufu yo kubima ibyo bemerewe

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Ntibumva uko gahunda ijyamo ababishaka yagizwe iturufu yo kubima ibyo bemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko basezeranyijwe kuzahabwa umuriro w’amashanyarazi, ndetse iki gikorwa kigatangira ariko bagatungurwa no kuba udatanze umusanzu wa ‘Ejo Heza’ atemerewe guhabwa amashanyarari.

Aba baturage bo mu Kagari ka Muyira bavuga ko hari hashize igihe kinini bategereje iri sezerano ry’umuriro w’amashanyarazi yaba ay’imirasire y’izuba cyangwa afatiwe ku murongo mugari, nyuma bakaza kwemererwa guhabwa ay’imirasire y’izuba, ariko ko azahabwa ubanje gutanga 3 500 Frw ya Ejo Heza/

Yankurile Odette yagize ati “Batubwira ko tugomba kubanza gutanga ibihumbi bitatu Magana atanu  ngo ya Ejo Heza, kandi abandi mbere batangaga 200 cyangwa 500 kugira ngo babone ayo matara. Ntitwumva twebwe impamvu baduca ayo mafaranga yose.”

Undi witwa Hakizimana Emmanuel na we yagize ati “Ayo mafaranga baduca bayaduca batubwira ko ari aya Ejo Heza ngo uratanga ayo mafaranga nta tara bagomba kumuha. Twifuza ko bayaduha nk’uko bari babidusezeranyije.”

Aba baturage bavuga ko batanga gutanga amafaranga ya Ejo Heza kuko bamaze gusobanukirwa akamaro kayo,k andi ko bagomba kuyitanga, ariko ko bitakabaye bihuzwa n’iyi gahunda y’amashanyarazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibilizi, Giraneza Clisante, avuga ko aya matara atangwa n’abaterankunga batandukanye bakayashyikiriza ubuyobozi bw’Umurenge n’Akagari, agahabwa abaturage hagendewe ku hatagera umuriro, agahakana ibi bivugw ako byahujwe na Ejo Heza.

Ati “Ejo Heza kuyijyamo ni ubushake nk’uko bisanzwe ni ubukangurambaga busanwe ariko ntaho bihuriye no gufata itara. Amatara atangirwa Ubuntu, habaye hari aho byabaye turabikurikirana.”

Akomeza agira ati “Gusa nanone wasanga hari umuturage wabyitiranyije yabona batamugezeho muri phase ya mbere akagira ngo ni uko atatanze amafaranga ya Ejo Heza, ariko ntaho byahurira no kubacanira.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome avuga ko atari azi iki kibazo, icyakora ko uwaba agifite yakwegera inzego zikamufasha.

Ati “Ejo heza igira uko itangwa kandi kuyitanga ni ubushake, habaye hari uwatswe amafaranga muri ubwo buryo yatwegera tukamufasha.”

Ntibumva uko gahunda y’amashanyarazi yahujwe na Ejo Heza

Uhabwa umurasire ni ubanje gutanga umusanzu wa Ejo Heza

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nine =

Previous Post

Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano

Next Post

Umucyo ku mpungenge zimaze iminsi mu bamotari zazamuwe n’icyemezo cyafashwe na Guverinoma

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”

Umucyo ku mpungenge zimaze iminsi mu bamotari zazamuwe n’icyemezo cyafashwe na Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.