Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: ‘Smartphones’ zabaye umutego ushibukana abangavu bagasambanywa n’abagabo bubatse bazibagurira

radiotv10by radiotv10
24/02/2022
in MU RWANDA
0
Gisagara: ‘Smartphones’ zabaye umutego ushibukana abangavu bagasambanywa n’abagabo bubatse bazibagurira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abana babo b’abakobwa bakomeje gusambanywa n’abagabo bubatse, babashukisha telephone zigezweho, bikaviramo bamwe guterwa inda zitateguwe.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10 bo mu        Murenge wa Mugombwa bavuga ko bakunze kunyura ku bagabo bari kumwe n’abana b’abakobwa.

Umwe yagize ati “Ubasanga mu ntoki mu mashyamba bicaye barambije, bari kumva indirimbo zo muri telephone, bagacyurwa n’ijoro.”

Aba baturage bavuga ko abo bagabo baba bafite telephone zigezweho zirimo film n’indirimbo zishobora kuba zituma abantu bagira ubushyuhe bubaganisha ku mibonano mpuzabitsina.

Undi muturage ati “Umwana uba umufite mu rugo ukibwira ko ntaho yagiye ntaho yahuriye n’abo basore ariko nyine bahurira kuri telephone ntuminye aho umwana yapfiriye, n’ayo mafilimi bagenda bareba kuri telephone. Ibyo na byo bifite uruhare mu kubatera ubwo burumbo.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo giteye impungenge kuko muri aka gace hakomeje kugaragara abangavu benshi baterwa inda zitateguwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dusabe Denise yibukije abangavu ko ntakiruta ubuzima bwabo, abasaba kuzirikana ko kwishora mu busambanyi bashukishijwe ibyo bintu, ari iby’igihe gito ku buryo bishobora kubagusha mu ngaruka zikomeye z’igihe kirekire.

Ati “Abangavu bakwiye gukomera ku busugi bwabo, bakanaterekeza kuri ejo habo, ndetse bakigira ku bandi ku ngaruka nyinsi z’umwana utwaye imburagihe ahura na zo.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buvuga ko ibi bizakemurwa ku bufatanyije bw’ababyeyi bazashobora gusubiza mu ishuri abana bose baritaye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eight =

Previous Post

Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Next Post

Kayonza: Umugabo yapfuye yiyahuye ku nshuro ya gatatu asiga asabye nyina ikintu gikomeye

Related Posts

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Umugabo yapfuye yiyahuye ku nshuro ya gatatu asiga asabye nyina ikintu gikomeye

Kayonza: Umugabo yapfuye yiyahuye ku nshuro ya gatatu asiga asabye nyina ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.