Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: ‘Smartphones’ zabaye umutego ushibukana abangavu bagasambanywa n’abagabo bubatse bazibagurira

radiotv10by radiotv10
24/02/2022
in MU RWANDA
0
Gisagara: ‘Smartphones’ zabaye umutego ushibukana abangavu bagasambanywa n’abagabo bubatse bazibagurira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abana babo b’abakobwa bakomeje gusambanywa n’abagabo bubatse, babashukisha telephone zigezweho, bikaviramo bamwe guterwa inda zitateguwe.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10 bo mu        Murenge wa Mugombwa bavuga ko bakunze kunyura ku bagabo bari kumwe n’abana b’abakobwa.

Umwe yagize ati “Ubasanga mu ntoki mu mashyamba bicaye barambije, bari kumva indirimbo zo muri telephone, bagacyurwa n’ijoro.”

Aba baturage bavuga ko abo bagabo baba bafite telephone zigezweho zirimo film n’indirimbo zishobora kuba zituma abantu bagira ubushyuhe bubaganisha ku mibonano mpuzabitsina.

Undi muturage ati “Umwana uba umufite mu rugo ukibwira ko ntaho yagiye ntaho yahuriye n’abo basore ariko nyine bahurira kuri telephone ntuminye aho umwana yapfiriye, n’ayo mafilimi bagenda bareba kuri telephone. Ibyo na byo bifite uruhare mu kubatera ubwo burumbo.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo giteye impungenge kuko muri aka gace hakomeje kugaragara abangavu benshi baterwa inda zitateguwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dusabe Denise yibukije abangavu ko ntakiruta ubuzima bwabo, abasaba kuzirikana ko kwishora mu busambanyi bashukishijwe ibyo bintu, ari iby’igihe gito ku buryo bishobora kubagusha mu ngaruka zikomeye z’igihe kirekire.

Ati “Abangavu bakwiye gukomera ku busugi bwabo, bakanaterekeza kuri ejo habo, ndetse bakigira ku bandi ku ngaruka nyinsi z’umwana utwaye imburagihe ahura na zo.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buvuga ko ibi bizakemurwa ku bufatanyije bw’ababyeyi bazashobora gusubiza mu ishuri abana bose baritaye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Next Post

Kayonza: Umugabo yapfuye yiyahuye ku nshuro ya gatatu asiga asabye nyina ikintu gikomeye

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Umugabo yapfuye yiyahuye ku nshuro ya gatatu asiga asabye nyina ikintu gikomeye

Kayonza: Umugabo yapfuye yiyahuye ku nshuro ya gatatu asiga asabye nyina ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.