Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Uvugishije Itangazamakuru amererwa nabi n’abayobozi bakamwita umugambanyi

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Gisagara: Uvugishije Itangazamakuru amererwa nabi n’abayobozi bakamwita umugambanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara, bavuga ko abaturage bavugishije itangazamakuru, bamererwa nabi n’abayobozi babita abagambanyi, bakagaragaza ko iki kibazo gikwiye gufatirwa umuti.

Aba baturage bavuga ko rimwe na rimwe iyo hari uwavugishije itangazamakuru, ashyirwa imbere y’inteko rusange y’abaturage, akabibazwaho.

Bamwe mu baturage babanje kwanga kuvugisha RADIOTV10, bavuga ko bamwe badashobora no guhingutsa ko nyuma yo gutanga amakuru bagiye botswa igitutu n’abayobozi.

Umwe yagize ati “Nk’iyo hari umuyobozi ugiye kureba, barabigucyurira ngo ‘aaah ni wa wundi wirirwana n’Abanyamakuru’. N’ubu mbivuze ntabwo nabura uwo ngenda nkumva abincumiyemo bamaze kubona ko ari njye wavugiye kuri radio.”

Undi muturage avuga ko yigeze kujya kureba umukozi w’Umurenge ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, amugezaho ikibazo afite, aho ahinduriye asubiye mu Kagari bamwuka inabi.

Uyu muturage yagize ati “Ngarutse nsanga byantanze mu Kagari k’iwacu, social na Gitifu bankubise amaso, yampayinka rero!! Nenda gukubitwa.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko abayobozi bababuza kuvugisha itangazamakuru bagaragaza ibibazo byabo nyamara bo baranze kubibakemurira.

Undi ati “Ndifuza ko bakomeza bakohereza Abanyamakuru bagasakara mu baturage bakajya hasi mu Midugudu bakareba ibibazo bafite, kuko hari n’uvuga ati ‘ndajya kubwira Mayor ndasanga uwo ndega ari we ndegera’.”

Umukozi mu rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB ushinzwe guhuza ibikorwa n’itangazamakuru, Jean Bosco Rushingabigwi avuga ko kuba umuturage yagaragariza itangazamakuru ibibazo, atari ikibazo mu gihe ibyo avuga ari ukuri.

Rushingabigwi avuga ko kuba umuturage yagaragariza Itangazamakuru ibibazo, binafasha abayobozi kumenya ahari ibibazo.

Ati “Niba umuturage ahaguruka akavuga ngo iki n’iki n’iki ntikigenda, ahubwo itangazamakuru ryanabivuga umuntu akumva ni amahirwe yo kumenya ikibazo.”

Rushingabigwi avuga kandi ko nta muyobozi ukwiye kwanga kuvugisha itangazamakuru kuko ibyo baba bavugaho byose biba biri mu nyungu z’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 18 =

Previous Post

Mugishaaaa Moiseeee…Ku nshuro ya mbere Umunyarwanda yegukanye Etape muri TdRda ya 2.1

Next Post

Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

Abarusiya ibihumbi n'ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.