Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Uvugishije Itangazamakuru amererwa nabi n’abayobozi bakamwita umugambanyi

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Gisagara: Uvugishije Itangazamakuru amererwa nabi n’abayobozi bakamwita umugambanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara, bavuga ko abaturage bavugishije itangazamakuru, bamererwa nabi n’abayobozi babita abagambanyi, bakagaragaza ko iki kibazo gikwiye gufatirwa umuti.

Aba baturage bavuga ko rimwe na rimwe iyo hari uwavugishije itangazamakuru, ashyirwa imbere y’inteko rusange y’abaturage, akabibazwaho.

Bamwe mu baturage babanje kwanga kuvugisha RADIOTV10, bavuga ko bamwe badashobora no guhingutsa ko nyuma yo gutanga amakuru bagiye botswa igitutu n’abayobozi.

Umwe yagize ati “Nk’iyo hari umuyobozi ugiye kureba, barabigucyurira ngo ‘aaah ni wa wundi wirirwana n’Abanyamakuru’. N’ubu mbivuze ntabwo nabura uwo ngenda nkumva abincumiyemo bamaze kubona ko ari njye wavugiye kuri radio.”

Undi muturage avuga ko yigeze kujya kureba umukozi w’Umurenge ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, amugezaho ikibazo afite, aho ahinduriye asubiye mu Kagari bamwuka inabi.

Uyu muturage yagize ati “Ngarutse nsanga byantanze mu Kagari k’iwacu, social na Gitifu bankubise amaso, yampayinka rero!! Nenda gukubitwa.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko abayobozi bababuza kuvugisha itangazamakuru bagaragaza ibibazo byabo nyamara bo baranze kubibakemurira.

Undi ati “Ndifuza ko bakomeza bakohereza Abanyamakuru bagasakara mu baturage bakajya hasi mu Midugudu bakareba ibibazo bafite, kuko hari n’uvuga ati ‘ndajya kubwira Mayor ndasanga uwo ndega ari we ndegera’.”

Umukozi mu rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB ushinzwe guhuza ibikorwa n’itangazamakuru, Jean Bosco Rushingabigwi avuga ko kuba umuturage yagaragariza itangazamakuru ibibazo, atari ikibazo mu gihe ibyo avuga ari ukuri.

Rushingabigwi avuga ko kuba umuturage yagaragariza Itangazamakuru ibibazo, binafasha abayobozi kumenya ahari ibibazo.

Ati “Niba umuturage ahaguruka akavuga ngo iki n’iki n’iki ntikigenda, ahubwo itangazamakuru ryanabivuga umuntu akumva ni amahirwe yo kumenya ikibazo.”

Rushingabigwi avuga kandi ko nta muyobozi ukwiye kwanga kuvugisha itangazamakuru kuko ibyo baba bavugaho byose biba biri mu nyungu z’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 12 =

Previous Post

Mugishaaaa Moiseeee…Ku nshuro ya mbere Umunyarwanda yegukanye Etape muri TdRda ya 2.1

Next Post

Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

Abarusiya ibihumbi n'ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.