Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gitwaza yavuze ku byo kweguzwa, ibyo guhanga Igihugu no guhamagazwa na RIB

radiotv10by radiotv10
21/02/2022
in MU RWANDA
0
Gitwaza yavuze ku byo kweguzwa, ibyo guhanga Igihugu no guhamagazwa na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Itorero Zion Temple, Dr Paul Gitwaza wagarutsweho mu cyumweru gishize ubwo bamwe mu bavuga ko bafatanyije na we gushinga iri torero bageragezaga kumweguza, yagize icyo avuga kuri iki gikorwa ndetse no ku byo yavuzweho byo guhunga Igihugu.

Apotre Dr Paul Gitwaza wagarutsweho cyane mu mpera z’icyumweru gishize ubwo hagaragaraga ibaruwa n’Abashumba batandatu bamwandikiye ibaruwa bamumenyesha ko ahagaritswe ku mwanya w’ubuyobozi bw’iri torero.

Muri iyi baruwa, aba bashumba bavuga ko bafatanyije na Dr Gitwaza gushinga iri torero, bamushinja ibikorwa binyuranye birimo kunyereza umutungo w’iri torero, kuyisahurira hanze y’Igihugu ndetse no gufata imyanzuro ishingiye ku giti cye.

Ibaruwa yeguza Apotre Gitwaza, yakurikiwe n’icyemezo cya RGB gitesha agaciro iyi baruwa, aho uru rwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyorere rwavugaga ko iki cyemezo cyafashwe n’abantu batabifitiye ububasha.

Apotre Gitwaza ubu uri mu mahanga aho avuga ko akomeje kwagura itorero rye dore ko akomeje gufungura amashami yaryo muri Leta zinyuranye zo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagize icyo avuga kuri iki gikorwa cyo kumweguza.

Muri ubu butumwa yagezaga ku bayoboke, Gitwaza yashimiye inzego z’Igihugu by’umwihariko Perezida wa Repubulika “ku bw’ubushishozi bagira kugira ngo babashe kuzanira Abanyarwanda umutekano ubakwiriye”

Yavuze ko nubwo kiriya gikorwa cyo kumweguza cyahagaritse imitima y’abayoboke “ariko nanone turashimira Imana, igihugu cyacu ko bashishoje bagasanga biriya ari ibintu bidafite ishingiro.”

Yanamaze impungenge abayoboke ababwira ko atataye itorero nk’uko abishinjwa, ahubwo ko ari gushinga amashami yaryo kandi ko azagaruka vuba.

Ku byavuzwe ko yahunze Igihugu, Gitwaza yasabye abayoboke kwima amatwi abakwirakwiza amakuru nk’ayo y’ibihuha ko yahunze ndetse ko yahamagajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Ati “Oya, nta convocation [inyandiko ihamagaza] n’imwe ya RIB nari nagira, sinzi ko izanahaba kuko nta cyaha nakorera Abanyarwanda no guhemukira u Rwanda sinzi ko nzabikora.”

Bamwe mu bakurikiranira hafi iby’iri torero, bavuga ko kweguza Gitwaza byageragejwe kuva cyera aho bagendaga bagira byinshi bamushinja, ariko iki gikorwa kikagenda kiburizwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 13 =

Previous Post

Umunyarwandakazi Sherrie Silver yashyiriweho ikibumbano mu Bwongereza giteze mu mbyino Nyarwanda

Next Post

Rwamagana: Itsinda ry’abantu 7 barimo umugore n’umugabo we ryafatanywe ibyibano

Related Posts

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe
FOOTBALL

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Itsinda ry’abantu 7 barimo umugore n’umugabo we ryafatanywe ibyibano

Rwamagana: Itsinda ry’abantu 7 barimo umugore n’umugabo we ryafatanywe ibyibano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.