Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Goma: Habaye imyigaragambyo y’abazanye ingingo itangaje ku ngabo bakekaga ko zizarasa M23

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Goma: Habaye imyigaragambyo y’abazanye ingingo itangaje ku ngabo bakekaga ko zizarasa M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bo mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bongeye kwirara mu mihanda bamagana ingabo ziri mu butumwa bw’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, bazisaba kugaba ibitero kuri M23 bitaba ibyo zikabavira mu Gihugu.

Aba Banyekongo biganjemo urubyiruko n’ubundi rwakunze kwitabira iyi myigaragambyo, kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Mutarama 2023 bigabije imihanda bafite ibyapa byanditseho ubutumwa bifuza gutanga.

Bimwe muri ibi byapa biriho ubutumwa bwo gushyigikira igisirikare cyabo, buti “FARDC komeza ukubite umwanzi tukuri inyuma.”

Ibindi byapa bivuga ko Abanyekongo bifuza ko inzego z’umutekano zabo ari zo zibarizwa muri iki Gihugu gusa, buti “FARDC na PNC (Polisi ya Congo) bakomeza kuba ari zo nzego zonyine z’umutekano ziwucungira Abanyekongo.”

Aba bigaragambya biganjemo urubyiruko rutagira akazi, babanje guhurira mu masangano y’ahitwa Mutinga mu Mujyi wa Goma, ubundi bafata urugendo rwo mu muhanda n’umuriri mwinshi bagaragaza uburakari bwinshi bavuza amafirimbi banaririmba.

Abapolisi bagaragaye babuza aba bigaragambya gukomeza guteza ibibazo by’umutekano, ariko bakinangira.

Umunyamakuru wakurikiranye iki gikorwa cy’imyigaragambyo, avuga ko aba bigaragambya, bavuze ko ingabo ziri mu butumwa bw’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) ntacyo zibamarira mu Gihugu mu gihe zitari kugaba ibitero kuri M23.

Umwe mu bigaragambya yagize ati “Izi ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zaje zije kurwanya M23 ariko nta na rimwe twigeze tuzibona zigaba ibitero kuri uyu mutwe.”

Iyi myigaragambyo ibaye nyuma yuko imiryango itari iya Leta, ihagurutse yamagana ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, izishinja gukorana n’umutwe wa M23.

Kuva ingabo za EAC (EACRF) zagera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari intambwe yatewe, kuko umutwe wa M23 umaze kuzishyikiriza ahantu hatandukanye wagenzuraga harimo igice cya Kibumba ndetse n’ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo.

Barashinja ingabo za EAC kuba abagambanyi
Basabye FARDC ngo gukubita umwanzi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 10 =

Previous Post

Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Next Post

Kigali: Impungenge ni zose ku bavuga ko abana babo batwawe n’ubuyobozi mu gicuku

Related Posts

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yongeye kuvuga ko Igisirikare cy’iki Gihugu (UPDF) n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ari...

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

by radiotv10
13/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande rw’Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rukomeje gukaza ubukana bw’intambara bwohereza intwaro za rutura...

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

by radiotv10
12/08/2025
0

Jorine Najjemba w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yagiye kwaka impapuro zo kujya gushaka imikono y'abamushyigikira kugira...

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

by radiotv10
12/08/2025
0

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye...

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatanze impuruza ku mahanga ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri kwitegura intambara yeruye,...

IZIHERUKA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare
MU RWANDA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

13/08/2025
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Impungenge ni zose ku bavuga ko abana babo batwawe n’ubuyobozi mu gicuku

Kigali: Impungenge ni zose ku bavuga ko abana babo batwawe n’ubuyobozi mu gicuku

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.