Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Goma: Menya icyakongeje umujinya mu bahunze intambara wanatumye batwika inyeshyamba imwe

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Goma: Menya icyakongeje umujinya mu bahunze intambara wanatumye batwika inyeshyamba imwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakuwe mu byabo n’intambara imaze igihe ihanganishije FARDC na M23, bari mu gace ka Lac Vert muri Goma, bagize umujinya batewe n’umwe muri bo wishwe n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo, na bo bivuganamo umwe muri bo.

Aba bantu babiri baburiye ubuzima muri aka gace ka Lac Vert, mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri tariki 05 Werurwe 2024 ubwo inyeshyamba za Wazalendo zifatanya na FARDC, zigabizaga aka gace gatuwemo n’abiganjemo abakuwe mu byabo n’imirwano.

Habaye intugunda kuri uyu wa Kabiri kubera iki gikorwa cyakozwe na Wazalendo kikazamura umujinya muri aba baturage bari muri aka gace.

Umwe mu bahagarariye Umuryango utari uwa Leta muri aka gace, yatangaje ko “abashinzwe umutekano bageze ahabereye izi ntugunda batinze.” Baje bagatuma hagaruka ituze.

Mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, muri aka gace ka Lac Vert mu Mujyi wa Goma, abantu bitwaje intwaro barakigabije barekura urufaya rw’amasasu mu baturage bakuwe mu byabo n’intambara, bica umwe muri bo, ari na byo byazamuye umujinya udasanzwe.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Werurwe, abaturage baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, batwika amapine, ari na bwo bicaga umwe mu barwanyi b’umutwe wa Wazalendo, bishe bamutwikanye umujinya mwinshi.

Aba barwanyi bagiye baza muri ibi bice kuva mu kwezi kwa Gashyantare hagati nyuma y’uko bakubiswe inshuro n’umutwe wa M23 bamaze iminsi barwanya bafatanyije n’igisirikare cya Leta ya Congo Kinshasa.

Kuva kandi haduka iyi ntambara imaze igihe ihanganishije FARDC ifatanyije n’impande yiyambaje ndetse n’umutwe wa M23, ni kenshi abaturage bagiye bataka guhohoterwa n’imitwe yitwaje intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye abazasifura umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

Next Post

Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Related Posts

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.