Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Goma: Menya icyakongeje umujinya mu bahunze intambara wanatumye batwika inyeshyamba imwe

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Goma: Menya icyakongeje umujinya mu bahunze intambara wanatumye batwika inyeshyamba imwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakuwe mu byabo n’intambara imaze igihe ihanganishije FARDC na M23, bari mu gace ka Lac Vert muri Goma, bagize umujinya batewe n’umwe muri bo wishwe n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo, na bo bivuganamo umwe muri bo.

Aba bantu babiri baburiye ubuzima muri aka gace ka Lac Vert, mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri tariki 05 Werurwe 2024 ubwo inyeshyamba za Wazalendo zifatanya na FARDC, zigabizaga aka gace gatuwemo n’abiganjemo abakuwe mu byabo n’imirwano.

Habaye intugunda kuri uyu wa Kabiri kubera iki gikorwa cyakozwe na Wazalendo kikazamura umujinya muri aba baturage bari muri aka gace.

Umwe mu bahagarariye Umuryango utari uwa Leta muri aka gace, yatangaje ko “abashinzwe umutekano bageze ahabereye izi ntugunda batinze.” Baje bagatuma hagaruka ituze.

Mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, muri aka gace ka Lac Vert mu Mujyi wa Goma, abantu bitwaje intwaro barakigabije barekura urufaya rw’amasasu mu baturage bakuwe mu byabo n’intambara, bica umwe muri bo, ari na byo byazamuye umujinya udasanzwe.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Werurwe, abaturage baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, batwika amapine, ari na bwo bicaga umwe mu barwanyi b’umutwe wa Wazalendo, bishe bamutwikanye umujinya mwinshi.

Aba barwanyi bagiye baza muri ibi bice kuva mu kwezi kwa Gashyantare hagati nyuma y’uko bakubiswe inshuro n’umutwe wa M23 bamaze iminsi barwanya bafatanyije n’igisirikare cya Leta ya Congo Kinshasa.

Kuva kandi haduka iyi ntambara imaze igihe ihanganishije FARDC ifatanyije n’impande yiyambaje ndetse n’umutwe wa M23, ni kenshi abaturage bagiye bataka guhohoterwa n’imitwe yitwaje intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Hamenyekanye abazasifura umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

Next Post

Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.