Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Goma: Menya icyakongeje umujinya mu bahunze intambara wanatumye batwika inyeshyamba imwe

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Goma: Menya icyakongeje umujinya mu bahunze intambara wanatumye batwika inyeshyamba imwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakuwe mu byabo n’intambara imaze igihe ihanganishije FARDC na M23, bari mu gace ka Lac Vert muri Goma, bagize umujinya batewe n’umwe muri bo wishwe n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo, na bo bivuganamo umwe muri bo.

Aba bantu babiri baburiye ubuzima muri aka gace ka Lac Vert, mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri tariki 05 Werurwe 2024 ubwo inyeshyamba za Wazalendo zifatanya na FARDC, zigabizaga aka gace gatuwemo n’abiganjemo abakuwe mu byabo n’imirwano.

Habaye intugunda kuri uyu wa Kabiri kubera iki gikorwa cyakozwe na Wazalendo kikazamura umujinya muri aba baturage bari muri aka gace.

Umwe mu bahagarariye Umuryango utari uwa Leta muri aka gace, yatangaje ko “abashinzwe umutekano bageze ahabereye izi ntugunda batinze.” Baje bagatuma hagaruka ituze.

Mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, muri aka gace ka Lac Vert mu Mujyi wa Goma, abantu bitwaje intwaro barakigabije barekura urufaya rw’amasasu mu baturage bakuwe mu byabo n’intambara, bica umwe muri bo, ari na byo byazamuye umujinya udasanzwe.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Werurwe, abaturage baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, batwika amapine, ari na bwo bicaga umwe mu barwanyi b’umutwe wa Wazalendo, bishe bamutwikanye umujinya mwinshi.

Aba barwanyi bagiye baza muri ibi bice kuva mu kwezi kwa Gashyantare hagati nyuma y’uko bakubiswe inshuro n’umutwe wa M23 bamaze iminsi barwanya bafatanyije n’igisirikare cya Leta ya Congo Kinshasa.

Kuva kandi haduka iyi ntambara imaze igihe ihanganishije FARDC ifatanyije n’impande yiyambaje ndetse n’umutwe wa M23, ni kenshi abaturage bagiye bataka guhohoterwa n’imitwe yitwaje intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + two =

Previous Post

Hamenyekanye abazasifura umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

Next Post

Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.