Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gukinisha Abanyamahanga byatumye Ishyirahamwe Nyarwanda rya Volleyball ricibwa Miliyoni 120Frw

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Gukinisha Abanyamahanga byatumye Ishyirahamwe Nyarwanda rya Volleyball ricibwa Miliyoni 120Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe rya Volleyball ku Isi ‘FIVB’, ryaciye amande ya Miliyoni 120 Frw Ishyirahamwe rya Volleball mu Rwanda kubera gukinisha abakinnyi batabifitiye uburenganzi mu Gikombe cya Afurika cy’abagore cyabereye mu Rwanda umwaka ushize.

Ibi bihano byafatiwe Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda, byameshejwe iri shyirahamwe kuri uyu wa Gatatu, birimo no kuba ritemerewe gutegura amarushanwa mu gihe cy’amezi atandatu uhereye igihe ririya rushanwa ryabereye.

Irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cy’abagore ryabereye i Kigali muri Nzeri 2021, u Rwanda rwakuwemo nyuma y’iminsi itatu ritangiye nyuma y’uko bimwe mu Bihugu byari byaritabiriye bitanze ikirego ko u Rwanda rwakinishije bamwe mu bakinnyi batabifitiye uburenganzira.

Abakinnyi bavugwaga icyo gihe ni Aline Siqueira, Apolinario Caroline Taiana, Mariana Da Silva na Moreira Bianca Gomes bose bakomoka muri Brazil.

Nyuma y’iki kirego cyatanzwe na bimwe mu bihugu, hafashwe umwanzuro ko irushanwa rikomeza ariko u Rwanda rugakurwamo cyaje no kurangira cyegukanywe na Cameroon.

Iki gikorwa cyatumye Ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda rihanwa, cyanatumye Visi Perezida wa kabiri w’iri shyirahamwe ushinzwe amarushanwa, Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar, abikurikiranwaho mu nkiko.

Jado Castar watawe muri yombi muri Nzeri 2021, mu rubanza rwa mbere yari yakatiwe n’urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo gufungwa imyaka ibiri ariko arajurira.

Urukiko Rukuru rwaburanishije ubujurire bw’uyu mugabo usanzwe ari n’umunyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, rwamugabanyirije igihano, rumukatira gufungwa amezi umunani.

Imikino yari yakinwe n’u Rwanda muri icyo gikombe rwari rwitwaye neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Muhoozi yavuze umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Kagame anagaragaza akamuri ku mutima

Next Post

Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
MU RWANDA

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda

Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.