Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zabaye zihagaritse inkunga yose ya gisirikare iki Gihugu cyahaga icya Ukraine, icyemezo kije gikurikira ikiganiro cyahuje Donald Trump na Volodymyr Zelenskyy cyagaragayemo ibisa nko gushyamirana kubera kudahuza.

Iki cyemezo cyo gukuriraho inkunga yose ya gisirikare US yahaga Ukraine, kirareba ibikoresha iki Gihugu cyahaga iki kimaze igihe mu mirwano n’u Burusiya, birimo intwaro, imodoka ndetse n’ibindi bikoresho byose byari byaremejwe ku butegetsi bwa Joe Biden.

Ni icyemezo kije nyuma yuko ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, mu Biro bya Perezida wa US-White Hose, habaye igisa n’ubushyamirane mu kiganiro cya Trump na Zelenskyy, aho batahuzaga ku ngingo baganiragaho.

Trump yashinjaga mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, “gukina n’intambara ya gatatu y’isi yose” kandi ko ari gukina n’amagara y’Abanya-Ukraine bakomeje gutikirira muri iyi mirwano.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy wari wajyanywe n’umugambi wo kuganira ku masezerano y’amabuye y’agaciro, yasabwe kuzagaruka igihe azaba yiteguye amahoro.

Umwe mu bayobozi bo hejuru, yabwiye Ikinyamakuru Fox News, ko icyemezo cyafashwe na America “atari uguhagarika burundu inkunga, ahubwo ko ari ukuba ihagararitswe.”

Nanone kandi bivugwa ko ibikoresho byose by’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America biri muri Ukraine, birimo intwaro ziri ku bibuga by’indege ndetse n’amato ari mu bice bya Poland, ntabwo bizahita bicyurwa.

Bivugwa ko Perezida Donald Trump yategetse Umunyamabanga mu bya Gisirikare, Pete Hegseth, gushyira mu bikorwa iki cyemezo cyo kuba bahagaritse inkunga zahabwaga Ukraine mu bya gisirikare.

Ni mu gihe ubutegetsi bw’u Burusiya bwo bwishimiye iki cyemezo cyafashwe na USA, aho spokesperson Dmitry Peskov, Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya, yavuze ko US “Yazaga ku isonga mu kohereza ibikoresho” bya gisirikare byakoreshwa na Ukraine.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Poland, Paweł Wroński yatangaje ko Ibihugu bihuriye mu Muryango wo gutabarana wa NATO, bitigeze bimenyeshwa kare iki cyemezo.

Yagize ati “Iki ni icyemezo gikomeye cyane, kandi ibintu birakomeye. Iyi ngingo ishobora kumvikana nk’iyoroheje ariko ifite igisobanuro gikomeye mu rwego rwa politiki.”

Mu cyumweru gishize muri White House habaye ibitamenyerewe hagati y’Abakuru b’Ibihuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Muri Kamonyi na ho hakozwe umukwabu wasize hafashwe abantu 35

Next Post

Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.