Saturday, August 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zabaye zihagaritse inkunga yose ya gisirikare iki Gihugu cyahaga icya Ukraine, icyemezo kije gikurikira ikiganiro cyahuje Donald Trump na Volodymyr Zelenskyy cyagaragayemo ibisa nko gushyamirana kubera kudahuza.

Iki cyemezo cyo gukuriraho inkunga yose ya gisirikare US yahaga Ukraine, kirareba ibikoresha iki Gihugu cyahaga iki kimaze igihe mu mirwano n’u Burusiya, birimo intwaro, imodoka ndetse n’ibindi bikoresho byose byari byaremejwe ku butegetsi bwa Joe Biden.

Ni icyemezo kije nyuma yuko ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, mu Biro bya Perezida wa US-White Hose, habaye igisa n’ubushyamirane mu kiganiro cya Trump na Zelenskyy, aho batahuzaga ku ngingo baganiragaho.

Trump yashinjaga mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, “gukina n’intambara ya gatatu y’isi yose” kandi ko ari gukina n’amagara y’Abanya-Ukraine bakomeje gutikirira muri iyi mirwano.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy wari wajyanywe n’umugambi wo kuganira ku masezerano y’amabuye y’agaciro, yasabwe kuzagaruka igihe azaba yiteguye amahoro.

Umwe mu bayobozi bo hejuru, yabwiye Ikinyamakuru Fox News, ko icyemezo cyafashwe na America “atari uguhagarika burundu inkunga, ahubwo ko ari ukuba ihagararitswe.”

Nanone kandi bivugwa ko ibikoresho byose by’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America biri muri Ukraine, birimo intwaro ziri ku bibuga by’indege ndetse n’amato ari mu bice bya Poland, ntabwo bizahita bicyurwa.

Bivugwa ko Perezida Donald Trump yategetse Umunyamabanga mu bya Gisirikare, Pete Hegseth, gushyira mu bikorwa iki cyemezo cyo kuba bahagaritse inkunga zahabwaga Ukraine mu bya gisirikare.

Ni mu gihe ubutegetsi bw’u Burusiya bwo bwishimiye iki cyemezo cyafashwe na USA, aho spokesperson Dmitry Peskov, Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya, yavuze ko US “Yazaga ku isonga mu kohereza ibikoresho” bya gisirikare byakoreshwa na Ukraine.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Poland, Paweł Wroński yatangaje ko Ibihugu bihuriye mu Muryango wo gutabarana wa NATO, bitigeze bimenyeshwa kare iki cyemezo.

Yagize ati “Iki ni icyemezo gikomeye cyane, kandi ibintu birakomeye. Iyi ngingo ishobora kumvikana nk’iyoroheje ariko ifite igisobanuro gikomeye mu rwego rwa politiki.”

Mu cyumweru gishize muri White House habaye ibitamenyerewe hagati y’Abakuru b’Ibihuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Muri Kamonyi na ho hakozwe umukwabu wasize hafashwe abantu 35

Next Post

Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Related Posts

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

by radiotv10
16/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yongeye kwandika amateka, ahura na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin...

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

by radiotv10
15/08/2025
0

Mbere yuko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ahura na Vladmir Putin w’u Burusiya, yavuze ko afite...

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

by radiotv10
15/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zemeje kugurisha ibikoresho bya gisirikare bifite agaciro ka miliyoni 346 USD ku Gihugu cya Nigeria,...

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

by radiotv10
15/08/2025
0

Abashyigikiye Igihugu cya Ukraine babarirwa mu bihumbi bateguye imyigaragambyo yamagana kuba umuhuro wa Perezida Donald Trump wa America na Vladimir...

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Daniel Paluku Kisaka Yereyere wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku butegetsi bwa...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose
AMAHANGA

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

by radiotv10
16/08/2025
0

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

16/08/2025
Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

16/08/2025
Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

15/08/2025
Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

15/08/2025
Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

15/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.