Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Ifoto: Internet/Abamenyekanye bashakanye barushanwa imyaka iri hejuru ya 25

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye, banenga abasore bashyize amaboko mu mifuka banze gukora ngo bategereje ko bazarongora abakobwa cyangwa abagore bafite amafaranga, ndetse ko n’ingo zabo zitaramba kuko ziba zubakiye ku mafaranga, yashira n’urukundo bikarangirana.

Bamwe muri aba baturage baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko bamwe mu basore basaza badashatse abagore mu gihe babuze abafite amafaranga.

Bavuga ko iyi myumvire ikomeje korora ubunebwe kuko nta musore ugipfa gukoresha imbaraga ze kuko aba afite icyo yizeye.

Umwe ati “Mwene uwo icyo aba atekereza, icya mbere muri we ntiyifitemo gukora, ategereje bya bindi bizaza biturutse hanze, akenshi iyo binabuze, na ho usanga abantu baje babana mu minsi micye ugasanga baratandukanye kuko yamuzanye avuga ngo afite umutungo.”

Bamwe mu basore bo muri aka gace na bo ubwabo bavuga ko batapfa gushaka umugore udafite amafaranga.

Umwe ati “Ubu aka kanya ifaranga ni bwo buzima, ubwo se nakuzana ngo umarire iki? Ngo urukundo? Nta rukundo rukibaho. Ubundi aka kanya icya mbere ni amafaranga, n’aho uzatambuka ni amafaranga, ntayo ufite, reka reka.”

Uyu musore avuga ko adashobora kugira ikikango ko nashaka umugore umuruta akanamurusha amafaranga azamutegeka.

Ati “Mukecuru ahubwo ni we mwiza, najya mubwira nti ‘mukecu, tate…’ ni we nakwishakira kuko afite amafaranga, kuko ubwe ntazaza ngo antegeke ahubwo nzamuyobora kandi azi ko yampaye amafaranga.”

Gusa bavuga ko na bo atari bo kuko imikorere muri iyi minsi yazambye ku buryo kubona amafaranga bisigaye ari ihurizo rikomeye, bigatuma ari yo mpamvu bashaka abagore bafite amafaranga ngo bazabafashe kubaho.

Undi ati “Iyo ubonye umuntu wenda ufite nk’iyo miliyoni uri urubyiruko uzi ko ntahandi uyateganya, ni ho bagenda bapfira. Ibintu byose byabaye business, nta rukundo rukibaho.”

Aba baturage kandi bavuga ko n’abagabo bashatse muri ubu buryo, iyo bageze mu ngo zabo, ntawushobora gukora ahubwo ko birirwa biryamiye bagakomeza gutungwa n’abagore babo.

Undi ati “Nta mugabo ushaka gukora, abenshi bariryamiye iki gihe, bategereje abagore ubu bagiye guhaha.”

Karinganire Charles, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu bijyanye n’imbonezamubano n’ivugururamibereho, akaba inzobere mu bijyanye n’imibanire y’abashakanye, avuga ko iyi myumvire ishobora gusenya ingo.

Ati “Iyo rero bihindutse ukaba warahishe mugenzi wawe yuko icyo urombereje ari umutungo, nta nubwo bitinda kwigaragaza, wowe ushingiye ku mutungo, iyo uwubonye n’iryo rari ry’isi ushaka kubyishimamo, ni ho hava cya kindi cyo guca inyuma mugenzi wawe…icyo gihe rero muba mwubatse ku musenyi.”

Iyi nzobere ivuga kandi ko uwashatse umuntu amukurikiyeho imitungo aho kuba urukundo, adashobora kwiyumvamo uwo bashakanye ku buryo kubana kwabo kuba kugoye.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eleven =

Previous Post

Perezida Kagame bwa mbere yavuze birambuye ku bibazo by’u Rwanda na DRCongo

Next Post

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Related Posts

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

IZIHERUKA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.