Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Ifoto: Internet/Abamenyekanye bashakanye barushanwa imyaka iri hejuru ya 25

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye, banenga abasore bashyize amaboko mu mifuka banze gukora ngo bategereje ko bazarongora abakobwa cyangwa abagore bafite amafaranga, ndetse ko n’ingo zabo zitaramba kuko ziba zubakiye ku mafaranga, yashira n’urukundo bikarangirana.

Bamwe muri aba baturage baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko bamwe mu basore basaza badashatse abagore mu gihe babuze abafite amafaranga.

Bavuga ko iyi myumvire ikomeje korora ubunebwe kuko nta musore ugipfa gukoresha imbaraga ze kuko aba afite icyo yizeye.

Umwe ati “Mwene uwo icyo aba atekereza, icya mbere muri we ntiyifitemo gukora, ategereje bya bindi bizaza biturutse hanze, akenshi iyo binabuze, na ho usanga abantu baje babana mu minsi micye ugasanga baratandukanye kuko yamuzanye avuga ngo afite umutungo.”

Bamwe mu basore bo muri aka gace na bo ubwabo bavuga ko batapfa gushaka umugore udafite amafaranga.

Umwe ati “Ubu aka kanya ifaranga ni bwo buzima, ubwo se nakuzana ngo umarire iki? Ngo urukundo? Nta rukundo rukibaho. Ubundi aka kanya icya mbere ni amafaranga, n’aho uzatambuka ni amafaranga, ntayo ufite, reka reka.”

Uyu musore avuga ko adashobora kugira ikikango ko nashaka umugore umuruta akanamurusha amafaranga azamutegeka.

Ati “Mukecuru ahubwo ni we mwiza, najya mubwira nti ‘mukecu, tate…’ ni we nakwishakira kuko afite amafaranga, kuko ubwe ntazaza ngo antegeke ahubwo nzamuyobora kandi azi ko yampaye amafaranga.”

Gusa bavuga ko na bo atari bo kuko imikorere muri iyi minsi yazambye ku buryo kubona amafaranga bisigaye ari ihurizo rikomeye, bigatuma ari yo mpamvu bashaka abagore bafite amafaranga ngo bazabafashe kubaho.

Undi ati “Iyo ubonye umuntu wenda ufite nk’iyo miliyoni uri urubyiruko uzi ko ntahandi uyateganya, ni ho bagenda bapfira. Ibintu byose byabaye business, nta rukundo rukibaho.”

Aba baturage kandi bavuga ko n’abagabo bashatse muri ubu buryo, iyo bageze mu ngo zabo, ntawushobora gukora ahubwo ko birirwa biryamiye bagakomeza gutungwa n’abagore babo.

Undi ati “Nta mugabo ushaka gukora, abenshi bariryamiye iki gihe, bategereje abagore ubu bagiye guhaha.”

Karinganire Charles, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu bijyanye n’imbonezamubano n’ivugururamibereho, akaba inzobere mu bijyanye n’imibanire y’abashakanye, avuga ko iyi myumvire ishobora gusenya ingo.

Ati “Iyo rero bihindutse ukaba warahishe mugenzi wawe yuko icyo urombereje ari umutungo, nta nubwo bitinda kwigaragaza, wowe ushingiye ku mutungo, iyo uwubonye n’iryo rari ry’isi ushaka kubyishimamo, ni ho hava cya kindi cyo guca inyuma mugenzi wawe…icyo gihe rero muba mwubatse ku musenyi.”

Iyi nzobere ivuga kandi ko uwashatse umuntu amukurikiyeho imitungo aho kuba urukundo, adashobora kwiyumvamo uwo bashakanye ku buryo kubana kwabo kuba kugoye.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + twenty =

Previous Post

Perezida Kagame bwa mbere yavuze birambuye ku bibazo by’u Rwanda na DRCongo

Next Post

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.