Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame bwa mbere yavuze birambuye ku bibazo by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame bwa mbere yavuze birambuye ku bibazo by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze birambuye ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza uburyo u Rwanda rwakunze gufatwa nk’intsina ngufi rukegekwaho ibibazo rutagizemo uruhare, abakabikemuye bakirengagiza umuzi w’ibibazo biri muri iki Gihugu cy’igituranyi.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagarutse ku kibazo cy’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko ubundi adakunze gusubiza ku birego bikunze kuzamurwa n’iki Gihugu, avuga ko yifuza kukivugaho bihagije uyu munsi ariko akazongera kukivugaho cyera.

Avuga ko kirimo ibibazo byinshi kubera abakigarukwamo barimo M23, FDLR, MONUSCO ndetse n’indi miryango mpuzamahanga.

Ati “Icya mbere byari bikwiye kuba ikimwaro kuri abo bantu bose, kuba turi benshi ariko kandi dufite byinshi mu bijyanye n’ubushobozi tugahora tuvuga gukemura ikibazo kandi cyoroshye gukemurwa nkuko mbibona ariko kigafata imyaka myinshi kitarakemurwa.”

Yavuze ko abantu bashobora kwibaza uburyo ibi bibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo ndetse no mu karere, bihagurutsa amahanga yose arimo n’Ibihugu by’ibihangange ariko bakakinyura hejuru batunga intoki abandi ariko bo bakibagirwa uruhare rwabo.

Ati “Bagafata ibyo bibazo byose biremereye bakabyegeka ku ntugu z’u Rwanda. U Rwanda rwabaye intsina ngufi buri gihe, bakabikura kuri FDLR bakabikura kuri Guverinoma ya Congo yagakwiye kwirengera ibibazo by’abaturage bayo, ntibibe ibya UN, ntabwo ari iby’Ibihugu bikomeye nka America, UK, France n’ibindi byinshi, ahubwo bakabyegeka ku Rwanda iteka ryose. Noneho bakavuga ngo ni M23 ifashwa n’u Rwanda”

Yifashishije umugani w’Ikiswahili, yavuze ko u Rwanda rwagizwe nk’intsina ngufi icibwaho urukoma.

Ati “Iyo bagutumye guca urukoma mu rutoki, amakoma baca ni iy’intsina ngufi, iy’intsina ndende barayihorera.”

Yavuze ko aba batekereza ko u Rwanda ari intsina ngufi kandi koko rudafite imitungo kamere nk’iyo Congo ifite, ariko ko bibeshya cyane.

Ati “Mu bugufi bwacu yego nta bushobozi buhambaye dufite ariko dufite inzira n’uburyo. Abatekereza ko bazajya bahora baducaho amakoma bumva ko turi intsina ngufi, ntibazi uko bibeshya”

Yanagarutse ku bindi birego byakunze kugerekwa ku Rwanda ko rwiba imitungo kamere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ati “Ikintu kimwe tutari cyo, ntabwo turi abajura. Dukoresha ibyo dufite”

Ikibazo kandi ni uko ibyo Bihugu bikomeye bishinja u Rwanda kwiba imitungo ya Congo, bisanzwe binaruha inkunga kandi igakoreshwa neza mu gihe muri icyo Gihugu udashobora kubona icyavuye muri iyo mitungo n’inkunga na yo bayiha.

Yavuze ko hari bamwe bifuza ko ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byagumaho kubera inyungu babifitemo.

Yagarutse ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), avuga ko intego nyamukuru yazizanye mu myaka 22 ishize, kwari ukurwanya umutwe wa FDLR n’indi mitwe.

Ati “Ariko nta munsi n’umwe habe n’umwe nzi izo ngabo zaba zararwanyije FDLR mu rwego rwo kuyirandura ahubwo bashyize imbaraga mu kurwanya M23.”

Yavuze ko u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko ikibazo kiri gushakirwa umuti ntaho gihuriye n’ikibazo nyirizina ndetse ko n’uburyo bahisemo mu kugishakira umuti atari bwo bwari bukwiye gukoreshwa.

Ati “Twaberetse ko iki atari ikibazo gikeneye imbaraga za gisirikare, ni ikibazo gishingiye kuri politiki, mwari mukeneye kwicara nka Guverinoma ya Congo mukagishakira umuti ariko banze kutwumva.”

Yavuze ko nko ku mutwe wa M23, hari abarwanyi bayo bahungiye mu Rwanda, bakamburwa intwaro, bagashyirwa mu nkambi, ndetse u Rwanda rukabafasha uko baganira na Guverinoma ya Congo Kinshasa, rimwe bakajyayo bakamara amezi n’amezi nta muyobozi n’umwe wa Congo uraza kubavugisha.

Ati “Kugeza ubwo bafashe icyemezo simbizi niba baratorotse bakagenda, none ikibazo kiragarutse cyongera kwegekwa ku Rwanda.”

Yavuze kandi ko iki kibazo cyaganiriweho inshuro nyinshi ariko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwanze kubahiriza imyanzuro yose yagiye igifatwaho.

Guverinoma ya Congo yakunze kuvuga ko abo bantu (M23 n’igice cy’Abanyekongo irwanira) bagomba gusubira aho baturutse.

Perezida Kagame yagize ati “Noneho tukababaza tuti ‘baturutse he? Cyangwa bahavuye ryari?’ kuko ni yo baba baturutse hano ariko baba bakomoka he mbere yuko baza hano…Ku bw’amahirwe abayobozi ba Congo basubiza ko ari Abanyakongo, noneho ndavuga nti ‘noneho twaganira kuko njye nakekaga ko muvuga ko ari Abanyarwanda kuko bavuga ikinyarwanda’.”

Yavuze ko kabone nubwo hari Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ariko ari Abanyekongo kuko bafite ibisekuru byabo muri Kongo.

 

Amayeri yo gusubika amatora

Perezida Paul Kagame kandi yagarutse ku kuba muri iki Gihugu cy’Igituranyi begereje igihe cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha, ku buryo kwegeka ibibazo ku Rwabda, byaba ari amayeri yo guhimba ibibazo byo gushaka gusubikisha amatora.

Ati “Yaba ashaka gusubika amatora kugira ngo atazaba, cyangwa se bibe nkuko byabaye mu matora yabanje nkuko tubizi, niba ari gushaka ubundi buryo amatora ataha yasubikwa, yagakwiye gukoresha andi mayeri atatitwaje.”

Umukuru w’u Rwanda wavuze ko u Rwanda rufite ibibazo byinshi rugomba kwikemurira rudakenye uruzana mu byarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + thirteen =

Previous Post

Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Next Post

Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe...

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

by radiotv10
16/06/2025
0

Pasiteri Nshimyumurwa Athanase wakokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, yavuze ko mu gihe cya...

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

16/06/2025
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

14/06/2025
Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.