Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in MU RWANDA
0
Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc avuga ko ibikorwa byo kubungabunga ibishanga bikomeje gutanga umusaruro, by’umwihariko mu gishanga ya Nyandungu giherereye mu Mujyi wa Kigali kimaze kwakira ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarahunze ariko bukaba bwaragarutse.

Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi mu kiganiro Zinduka cyatambutse kuri Radio 10, cyagarutse ku bikorwa byo kubungabunga ibidukikije.

Minisitiri w’Ibidukikije avuga ko ibishanga biri mu bwoko bunyuranye burimo ibyagenewe ubuhinzi n’ibyagenewe kugirwa ahantu nyaburanga.

Dr Mujawamariya yatanze urugero kuri ibi byagenewe gutunganywa bikagirwa ahantu nyaburana, nk’igishanga cya Nyandungu giherereye mu Karere ka Gasabo ubu cyamaze gutungunywa kikaba kinonegeye ijisho.

Yavuze ko mu gutunganya iki gishanga, hatewemo ibiti by’ubwoko butandukanye binagamije gutuma haboneka umwuka mwiza wo guhumeka, bikaba byararumye n’inyoni zari zarahunze kubera kubura aho zisanzurira, zigaruka zikajya kuba muri iki gishanga.

Ati “Tumaze kugira inyoni zagarutseyo zirenga ubwoko 250 zari zarahunze ibikorwa bya muntu none zamenye ko abantu bazisubije uburenganzira bwazo ziragaruka.”

Mu Rwanda kandi hari igishanga rya Rugezi giherereye mu Karere ka Burera na cyo kibamo ubwoko burenga 200 bw’inyoni, kikanagira umwihariko wo kuba kibamo inyoni itakigaragara ahandi henshi ku Isi yitwa Ncencebeli.

Ibi byatumye iki gishanga kinashyirwa mu bishanga bibungabunzwe ku rwego mpuzamahanga, bikaba bikomeje no gutanga umusaruro kuri iyi nyoni kuko ikomeje kororoka.

Minisitiri Mujawamariya kandi yavuze ko ubu hari gukorwa inyingo igamije kugaragaza buri gishanga icyo gishobora gukorerwamo, ubundi bigashyirwa mu bikorwa ku buryo nk’ibi byo kugirwa ahantu nyaburanga bizegurirwa abashoramari ubundi bakabitunganya bikagirwa Pariki.

Ati “Nka hano i Gikondo, uwahagira pariki nziza ngira ngo ntawutakwishimira kuyinjiramo.”

Dr Mujawamariya avuga ko gukura ibikorwa mu bishanga bigeze ku kigero gishimishije

Kwimura ibikorwa mu gishanga bigeze kuri 90%

Kuva Muri 2017, mu Mujyi wa Kigali hatangiye gahunda yihariye yo kwimura ibikorwa bitemewe cyangwa byangiza ibishanga aho hari habaruwe ibikorwa 7 222 birimo 78,9% byari bigizwe n’inzu zari zituwemo n’abantu mu gihe ibindi byari birimo inzu z’ubucuruzi, amagaraji, za parikingi ndetse n’inganda.

Minisititi w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc yavuze ko kugeza ubu ibikorwa 90% by’ibigomba kwimurwa mu bishanga, byamaze kuhavanwa mu gihe ibindi 10% bikiri kwimurwa.

Nk’ahahoze ishuri rya ULK hagikorerwa n’irindi shuri, ubuyobozi bw’iri bwahawe igihe ntarengwa cyo kuba iri shuri ryimukiye ahadashobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga, ndetse ko ubu buri kubaka inyubako yaryo.

Minisitiri Mujawamariya yanagarutse ku ruganda rw’isukari rwa Kabuye na rwo ruri mu gishanga rwasabwe kwimuka, avuga ko kubera ikibazo cy’ibura ry’isukari kiriho, birinze gufungira uru ruganda kuko byakongera ubukana bw’iki kibazo.

Ikiganiro cyatambutse kuri Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 19 =

Previous Post

Icyatumye Amavubi U16 atitabira irushanwa muri Cyprus bitunguranye ntikivugwaho rumwe

Next Post

Muhoozi yahishuye umugambi wacuzwe n’abo mu nzego z’umutekano bifuzaga ko u Rwanda na Uganda barwana

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yahishuye umugambi wacuzwe n’abo mu nzego z’umutekano bifuzaga ko u Rwanda na Uganda barwana

Muhoozi yahishuye umugambi wacuzwe n’abo mu nzego z’umutekano bifuzaga ko u Rwanda na Uganda barwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.