Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in MU RWANDA
0
Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc avuga ko ibikorwa byo kubungabunga ibishanga bikomeje gutanga umusaruro, by’umwihariko mu gishanga ya Nyandungu giherereye mu Mujyi wa Kigali kimaze kwakira ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarahunze ariko bukaba bwaragarutse.

Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi mu kiganiro Zinduka cyatambutse kuri Radio 10, cyagarutse ku bikorwa byo kubungabunga ibidukikije.

Minisitiri w’Ibidukikije avuga ko ibishanga biri mu bwoko bunyuranye burimo ibyagenewe ubuhinzi n’ibyagenewe kugirwa ahantu nyaburanga.

Dr Mujawamariya yatanze urugero kuri ibi byagenewe gutunganywa bikagirwa ahantu nyaburana, nk’igishanga cya Nyandungu giherereye mu Karere ka Gasabo ubu cyamaze gutungunywa kikaba kinonegeye ijisho.

Yavuze ko mu gutunganya iki gishanga, hatewemo ibiti by’ubwoko butandukanye binagamije gutuma haboneka umwuka mwiza wo guhumeka, bikaba byararumye n’inyoni zari zarahunze kubera kubura aho zisanzurira, zigaruka zikajya kuba muri iki gishanga.

Ati “Tumaze kugira inyoni zagarutseyo zirenga ubwoko 250 zari zarahunze ibikorwa bya muntu none zamenye ko abantu bazisubije uburenganzira bwazo ziragaruka.”

Mu Rwanda kandi hari igishanga rya Rugezi giherereye mu Karere ka Burera na cyo kibamo ubwoko burenga 200 bw’inyoni, kikanagira umwihariko wo kuba kibamo inyoni itakigaragara ahandi henshi ku Isi yitwa Ncencebeli.

Ibi byatumye iki gishanga kinashyirwa mu bishanga bibungabunzwe ku rwego mpuzamahanga, bikaba bikomeje no gutanga umusaruro kuri iyi nyoni kuko ikomeje kororoka.

Minisitiri Mujawamariya kandi yavuze ko ubu hari gukorwa inyingo igamije kugaragaza buri gishanga icyo gishobora gukorerwamo, ubundi bigashyirwa mu bikorwa ku buryo nk’ibi byo kugirwa ahantu nyaburanga bizegurirwa abashoramari ubundi bakabitunganya bikagirwa Pariki.

Ati “Nka hano i Gikondo, uwahagira pariki nziza ngira ngo ntawutakwishimira kuyinjiramo.”

Dr Mujawamariya avuga ko gukura ibikorwa mu bishanga bigeze ku kigero gishimishije

Kwimura ibikorwa mu gishanga bigeze kuri 90%

Kuva Muri 2017, mu Mujyi wa Kigali hatangiye gahunda yihariye yo kwimura ibikorwa bitemewe cyangwa byangiza ibishanga aho hari habaruwe ibikorwa 7 222 birimo 78,9% byari bigizwe n’inzu zari zituwemo n’abantu mu gihe ibindi byari birimo inzu z’ubucuruzi, amagaraji, za parikingi ndetse n’inganda.

Minisititi w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc yavuze ko kugeza ubu ibikorwa 90% by’ibigomba kwimurwa mu bishanga, byamaze kuhavanwa mu gihe ibindi 10% bikiri kwimurwa.

Nk’ahahoze ishuri rya ULK hagikorerwa n’irindi shuri, ubuyobozi bw’iri bwahawe igihe ntarengwa cyo kuba iri shuri ryimukiye ahadashobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga, ndetse ko ubu buri kubaka inyubako yaryo.

Minisitiri Mujawamariya yanagarutse ku ruganda rw’isukari rwa Kabuye na rwo ruri mu gishanga rwasabwe kwimuka, avuga ko kubera ikibazo cy’ibura ry’isukari kiriho, birinze gufungira uru ruganda kuko byakongera ubukana bw’iki kibazo.

Ikiganiro cyatambutse kuri Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Icyatumye Amavubi U16 atitabira irushanwa muri Cyprus bitunguranye ntikivugwaho rumwe

Next Post

Muhoozi yahishuye umugambi wacuzwe n’abo mu nzego z’umutekano bifuzaga ko u Rwanda na Uganda barwana

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yahishuye umugambi wacuzwe n’abo mu nzego z’umutekano bifuzaga ko u Rwanda na Uganda barwana

Muhoozi yahishuye umugambi wacuzwe n’abo mu nzego z’umutekano bifuzaga ko u Rwanda na Uganda barwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.