• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yahishuye umugambi wacuzwe n’abo mu nzego z’umutekano bifuzaga ko u Rwanda na Uganda barwana

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yahishuye umugambi wacuzwe n’abo mu nzego z’umutekano bifuzaga ko u Rwanda na Uganda barwana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yahishuye ko hari umugambi mubisha wacuzwe na bamwe mu bo mu nzego z’umutekano bashakaga ko u Rwanda na Uganda barwana ariko ko yawumenye utaragerwaho.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ukomeje kugaruka ku mubano w’u Rwanda na Uganda yagizemo uruhare mu kuwuzahura, yavuze ko hari umugambi mubisha wari wacuzwe n’abifuzaga ko ibi Bihugu birwana.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi yagize ati “Habayeho umugambi mubisha wa bamwe mu bo mu nzego z’umutekano bifuzaga ko turwana n’abavandimwe bacu b’u Rwanda.”

Muhoozi usanzwe ari Umujyanama Wihariye wa Perezida Yowri Kaguta Museveni mu bikorwa byihariye bya Gisirikare, yavuze ko ko abacuze uyu mugambi hari icyo bari bibagiwe.

Ati “Ikirushijeho ni Perezida Kaguta Museveni yangize Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka. Igihe natahuraga ubu bugambanyi, nahise mbimenyesha Perezida.”

Lt Gen Muhoozi wagize uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda nyuma y’urugendo rw’amateka yahagiriye mu ntangiro z’uyu mwaka, yakunze kugaragaza ko Abanya-Uganda n’Abanyarwanda ari abavandimwe kuva cyera ku buryo kubaryanisha byasaba imbaraga zikomeye.

Mu ntangiro z’uku kwezi, Gen Muhoozi yatangaje ko intego ye ya mbere mu buzima bwa gisirikare yayigezeho.

Icyo gihe agaragaza iyi ntego, yagize ati “Kongera guhuza ubumwe bwa UPDF na RDF! Ubwo ubu twongeye kunga ubumwe, abanzi bacu bagiye guhura n’akaga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 4 =

Previous Post

Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Next Post

AMAFOTO: Museveni yakiriye Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
AMAFOTO: Museveni yakiriye Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

AMAFOTO: Museveni yakiriye Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.