Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame rwari kubera i Gahanda mu Karere ka Kicukiro, rwimuriwe muri BK Arena ku mpamvu z’ikirere, rushyirwa ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025.

Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rwari rwatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025 nyuma yuko bitangajwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwararikiraga abatuye uyu Mujyi kuzajya kwakirana urugwiro Umukuru w’Igihugu cyabo nk’uko bisanzwe.

Ubutumwa bwari bwabanje gutangwa n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagiraga buti “Nk’uko yadusezeranyije kuzagaruka vuba, Perezida wacu azadusura ku wa 15 Werurwe 2025 kuri site ya Gahanga mu Karere ka Kicukiro. Tuzazinduke, tumwakirane urugwiro, dukomeze kwiyubakira Kigali yacu n’u Rwanda twifuza.”

Mu butumwa bwongeye gutangwa n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali mu ijoro ryacyeye, bwatangaje ko habaye impinduka muri uru ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu rwimuriwe aho rwagombaga kuzabera ndetse n’itariki.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagize buti “Uruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu rwagombaga kubera i Gahanga mu Karere ka Kicukiro rwimuriwe kuri BK Arena kubera ikibazo cy’ikirere.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bukomeza bugira buti “Abazaduhagararira bazahura n’Umukuru w’Igihugu muri BK Arena nk’uko byavuzwe haruguru ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025.”

Izi mpinduka zishingiye ku mpamvu z’ikirere, zitangajwe nyuma yuko Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi inasabye Abaturwanda kwitwararika muri iki gihe cy’imvura nyinshi ivanzemo n’umuyaga n’inkuba.

Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Habinshuti Philbert yatangaje ko abantu basabwa kuba bari mu nzu muri ibi bihe by’imvura, kuko ari bwo buryo bugabanya ibyago byo kugirwaho ingaruka n’ibi biza byumwihariko ibyo gukubitwa n’inkuba binaza ku mwanya wa mbere mu guhitana umubare munini w’abicwa n’ibiza mu Rwanda, aho yavuze ko 90% by’abakubitwa n’inkuba zibakubitira hanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

Next Post

Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.