• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame rwari kubera i Gahanda mu Karere ka Kicukiro, rwimuriwe muri BK Arena ku mpamvu z’ikirere, rushyirwa ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025.

Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rwari rwatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025 nyuma yuko bitangajwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwararikiraga abatuye uyu Mujyi kuzajya kwakirana urugwiro Umukuru w’Igihugu cyabo nk’uko bisanzwe.

Ubutumwa bwari bwabanje gutangwa n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagiraga buti “Nk’uko yadusezeranyije kuzagaruka vuba, Perezida wacu azadusura ku wa 15 Werurwe 2025 kuri site ya Gahanga mu Karere ka Kicukiro. Tuzazinduke, tumwakirane urugwiro, dukomeze kwiyubakira Kigali yacu n’u Rwanda twifuza.”

Mu butumwa bwongeye gutangwa n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali mu ijoro ryacyeye, bwatangaje ko habaye impinduka muri uru ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu rwimuriwe aho rwagombaga kuzabera ndetse n’itariki.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagize buti “Uruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu rwagombaga kubera i Gahanga mu Karere ka Kicukiro rwimuriwe kuri BK Arena kubera ikibazo cy’ikirere.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bukomeza bugira buti “Abazaduhagararira bazahura n’Umukuru w’Igihugu muri BK Arena nk’uko byavuzwe haruguru ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025.”

Izi mpinduka zishingiye ku mpamvu z’ikirere, zitangajwe nyuma yuko Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi inasabye Abaturwanda kwitwararika muri iki gihe cy’imvura nyinshi ivanzemo n’umuyaga n’inkuba.

Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Habinshuti Philbert yatangaje ko abantu basabwa kuba bari mu nzu muri ibi bihe by’imvura, kuko ari bwo buryo bugabanya ibyago byo kugirwaho ingaruka n’ibi biza byumwihariko ibyo gukubitwa n’inkuba binaza ku mwanya wa mbere mu guhitana umubare munini w’abicwa n’ibiza mu Rwanda, aho yavuze ko 90% by’abakubitwa n’inkuba zibakubitira hanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 10 =

Previous Post

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

Next Post

Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.