• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

radiotv10by radiotv10
19/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo, agarukamo nk’Umunyamabanga Mukuru wawo, yungirizwa na Gasana Karasanyi Stephen.

Ni impinduka zabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukuboza 2025 ubwo hateranaga Inama Nkuru ya 17 ya FPR-Inkotanyi ku Gicumbi cy’uyu Muryango i Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Iyi Nama yayobowe na Perezida Paul Kagame akaba na Chairman wa FPR-Inkotanyi, Abanyamuryango bemeje umushinga uvugurura amategeko y’uyu muryango agena Komite nyobozi yawo.

Muri izi mpinduka, uyu Muryango wagize ba Visi Perezida babiri; Visi Perezida wa Mbere na Visi Perezida wa Kabiri, mu gihe wari usanganywe Visi Chairman umwe, ari we Uwimana Consolée waGiye kuri uyu mwanya muri 2023 ubwo yasimburaga Hon Bazivamo Christophe.

Abanyamuryango kandi banemeje Komite Nyobozi, igizwe na Visi Perezida wa Mbere ari we Uwimana Consolée wari usanzwe ari Vice Chairman, mu gihe Visi Perezida wa Kabiri yabaye Kayisire Marie Solange.

Nanone kandi hemejwe Bazivamo Christophe nk’Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, asimbura Gasamagera Wellars wari muri izi nshingano kuva muri Mata 2023, aho na we yari yasimbuye François Ngarambe wari umaze imyaka 20 muri izi nshingano.

Bazivamo wagarutse mu buyobozi bukuru bwa FPR-Inkotanyi, muri 2023 yari yahawe guhagararira u Rwanda muri Nigeria, nyuma yo kumara imyaka 21 ari Visi Perezida wa FPR-Inkotanyi. Ni mu gihe ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru Wungirije hemejwe Gasana Karasanyi Stephen.

Chairman wa FPR-Inkotanyi yayoboye iyi Nama

Hon. Uwimana Consolée, Visi Perezida wa mbere
Hon. kayisire Marie Solange, Visi Perezida wa Kabiri.
Hon. Bazivamo Christophe, Umunyamabanga Mukuru
Gasana Karasanyi Stephen, Umunyamabanga Mukuru Wungirije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − seven =

Previous Post

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Next Post

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.