Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Inama idasanzwe yigaga ku bibazo bya DRC, yemeje ko abarwanyi ba M23, bazajyanwa mu kigo cya Gisirikare cya Rumangabo, aho kujya muri Sabyinyo nkuko byari byemejwe. Uyu mutwe na wo wakunze kuvuga ko utazajya mu Birunga “kuko abawugize atari inyamaswa.”

Ni imyanzuro yafatiwe mu nama idasanzwe ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yateraniye i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Gicurasi 2023.

Iyi nama yayobowe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye uyoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC, yitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa, muri barindwi bagombaga kuyitabira. Ni Ndayishimiye ndetse na William Ruto wa Kenya, mu gihe abandi bohereje abahagararira.

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo inarebwa n’ibi bibazo, ntiyitabiriye ahubwo yohereje Antipas Mbusa Nyamwisi, ushinzwe ibikorwa bya EAC muri Guverinoma ya DRC.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na we yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, naho Yoweri Museveni wa Uganda, ahagararirwa na Rebecca Alitwala Kadaga.

Madamu Samia Suluhu Hassan waTanzania, yahagarariwe na Visi Perezida, Dr. PHILIP ISDOR MPANGO, mu gihe Sudani y’Epfo yo yahagararirwe na Minisititi w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Barnaba Marial Benjamin.

Iyi nama idasanzwe yabereye mu muhezo, yakurikiwe no gutangaza imyanzuro yayivuyemo, aho bagaragaje ko ingingo yibanzweho, ari iyo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku birebana na manda y’ingabo ziri muri kiriya Gihugu mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zigize itsinda rya EACRF, haganiriwe ku kongererwa manda yazo yarangiye tariki 07 Werurwe 2023 kuko zagiye zifite amezi atandatu, aho zagezeyo tariki 08 Nzeri 2022.

Abakuru b’Ibihugu bemeje ko manda y’izi ngabo yongerwaho amezi atandatu, aho abakuru b’Ibihugu banashimiye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo yashyigikiye iki cyemezo.

Perezida William Ruto atanga igitekerezo kuri iki cyemezo, yagize ati “Turashimira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuba yaremeye ko manda ya EACRF yongerwaho amezi atandatu.”

Izi ngabo kandi zashimiwe umusanzu zikomeje gutanga mu gushyira mu bikorwa ubutumwa bwazijyanye mu burasirazuba bwa Congo, mu gucungira umutekano abasivile.

Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr. Peter Mathuki, ubwo yasomaga imyanzuro yafatiwe muri iyi nama, yanagarutse ku cyemezo cyo kuba abarwanyi ba M23 bazoherezwa mu kigo cya Gisirikare cya Rumangabo ndetse n’abandi bo mu yindi mitwe, igihe bazamburwa intwaro.

Yavuze ko ibi bizabanzirizwa n’igenzura rizakorwa n’Abagaba Bakuru b’Ibingabo ndetse n’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO).

Hatanzwe igitekerezo ko ibyemezo bifatirwa umutwe wa M23 nk’iki cyo gusura iki kigo cya Rumangabo, uyu mutwe na wo wagombye kubigiramo uruhare.

Inama zabanje zirimo iyabereye i Luanda muri Angola, zari zemeje ko abarwanyi ba M23 bazajya muri Sabyinyo, mu gihe uyu mutwe utabikozwaga, aho abayobozi bawo bakunze kuvuga ko batajya mu birunga ngo kuko “atari inyamaswa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 11 =

Previous Post

Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b’Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Next Post

Amakuru mashya atunguranye ku gitaramo cy’abaririmba Gospel baherutse gutangaza ibyateje impaka

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Couple iririmba Gospel yageneye ubutumwa buremereye abarimba indirimbo z’Isi baza kubatobera

Amakuru mashya atunguranye ku gitaramo cy’abaririmba Gospel baherutse gutangaza ibyateje impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.