Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habonetse impamvu yatumye urubanza rya Bishop Harerimana n’umugore we rutabera mu ruhame

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Bishop uregwa ibirimo gukangisha gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina yagejejwe imbere y’Urukiko

Bishop Harerimana n'umugore ubwo bagezwaga imbere y'Urukiko bwa mbere

Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Bishop Harerimana Jean Bosco n’umugore we bakurikiranyweho ibyaha birimo gusebanya no gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina, rwashyizwe mu muheezo ku mpamvu yatanzwe n’Ubushinjacyaha.

Bishop Harerimana Jean Bosco n’umugore we Mukansengiyumva Jeanne, bakurikiranyweho kandi icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, aho bari kuburanishwa ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Mu cyumweru gishize ku wa Kane tariki 24 Ukwakira, uru rubanza rwari rwasubitswe nyuma yuko byari byasabwe n’uruhande rw’uregwa rwavugaga ko atari yiteguye kuburana kuko atari yabonye dosiye mu gihe gikwiye ngo ayisesengure.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024, Urukiko rwasubukuye uru rubanza, ariko Ubushinjacyaha busaba ko rwashyirwa mu muhezo kubera ibikubiye mu kirego n’ibishobora kuvugirwamo.

Ubushinjacyaha buvuga ko uwahohotewe wakorewe ibikorwa bishingirwaho ku byaha biregwa aba bombi, akeneye gukomeza kurindirwa imyirondoro ye kugira ngo itajya hanze.

Bwavuze ko nubwo uwakorewe ibyo bikorwa yahishiwe imyirondoro, ariko mu gihe cyo gutanga ibimenyetso, bishobora kuba ngombwa ko imyirondoro ye yajya hanze, bityo ko byaba byiza urubanza rushyizwe mu muhezo.

Ni mu gihe mu cyumba cy’Urukiko, hari haje abantu benshi gukurikirana iburanisha ry’uyu munsi, barimo abo mu Itorero rya Bishop Harerimana Jean Bosco, ndetse n’itangazamakuru.

Uyu mukozi w’Imana, na we yashyigikiye iki cyifuzo cy’Ubushinjacyaha, avuga ko kuba uru rubanza rwaba mu muhezo, kuri we ntakibazo abibonamo.

Umucamanza amaze kumva impande zombi, yafashe icyemezo ko iburanisha ribera mu muhezo, nk’uko byari byasabwe n’Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Igisobanuro cy’uwashatse kwica umugore n’abana be atabigeraho agatemagura amatungo

Next Post

Basketball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ibera Zanzibar akomeje gukurirwa ingofero

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

IZIHERUKA

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize
IBYAMAMARE

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ibera Zanzibar akomeje gukurirwa ingofero

Basketball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ibera Zanzibar akomeje gukurirwa ingofero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.