Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habonetse impamvu yatumye urubanza rya Bishop Harerimana n’umugore we rutabera mu ruhame

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Bishop uregwa ibirimo gukangisha gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina yagejejwe imbere y’Urukiko

Bishop Harerimana n'umugore ubwo bagezwaga imbere y'Urukiko bwa mbere

Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Bishop Harerimana Jean Bosco n’umugore we bakurikiranyweho ibyaha birimo gusebanya no gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina, rwashyizwe mu muheezo ku mpamvu yatanzwe n’Ubushinjacyaha.

Bishop Harerimana Jean Bosco n’umugore we Mukansengiyumva Jeanne, bakurikiranyweho kandi icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, aho bari kuburanishwa ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Mu cyumweru gishize ku wa Kane tariki 24 Ukwakira, uru rubanza rwari rwasubitswe nyuma yuko byari byasabwe n’uruhande rw’uregwa rwavugaga ko atari yiteguye kuburana kuko atari yabonye dosiye mu gihe gikwiye ngo ayisesengure.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024, Urukiko rwasubukuye uru rubanza, ariko Ubushinjacyaha busaba ko rwashyirwa mu muhezo kubera ibikubiye mu kirego n’ibishobora kuvugirwamo.

Ubushinjacyaha buvuga ko uwahohotewe wakorewe ibikorwa bishingirwaho ku byaha biregwa aba bombi, akeneye gukomeza kurindirwa imyirondoro ye kugira ngo itajya hanze.

Bwavuze ko nubwo uwakorewe ibyo bikorwa yahishiwe imyirondoro, ariko mu gihe cyo gutanga ibimenyetso, bishobora kuba ngombwa ko imyirondoro ye yajya hanze, bityo ko byaba byiza urubanza rushyizwe mu muhezo.

Ni mu gihe mu cyumba cy’Urukiko, hari haje abantu benshi gukurikirana iburanisha ry’uyu munsi, barimo abo mu Itorero rya Bishop Harerimana Jean Bosco, ndetse n’itangazamakuru.

Uyu mukozi w’Imana, na we yashyigikiye iki cyifuzo cy’Ubushinjacyaha, avuga ko kuba uru rubanza rwaba mu muhezo, kuri we ntakibazo abibonamo.

Umucamanza amaze kumva impande zombi, yafashe icyemezo ko iburanisha ribera mu muhezo, nk’uko byari byasabwe n’Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 4 =

Previous Post

Igisobanuro cy’uwashatse kwica umugore n’abana be atabigeraho agatemagura amatungo

Next Post

Basketball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ibera Zanzibar akomeje gukurirwa ingofero

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ibera Zanzibar akomeje gukurirwa ingofero

Basketball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ibera Zanzibar akomeje gukurirwa ingofero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.