Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

radiotv10by radiotv10
05/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, yibukije ababyeyi ko mu bihe by’ibiruhuko ari bwo abana basambanywa cyane, abasaba kuzaba hafi abana babo, bakabakurikirana, bakamenya abo bari kumwe, n’ibyo bahugiyemo igihe cyose.

Ibyaha byo gusambanya abana no gutera inda abangavu biri mu bigenda bifata intera, kuko mu myaka itanu ishize imibare ntiyahwemye kwiyongera.

Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) igaragaza ko mu mwaka wa 2023/2024 hakurikiranywe amadosiye 4,567 arebana n’icyaha cyo gusambanya abana. Ni mu gihe MIGEPROF yagaragaje ko kuva uyu mwaka wa 2025 watangira, abana 100 bo mu Mujyi wa Kigali bamaze gusambanywa. Devotha uyobora Umudugudu wa Gisagara, Akagari ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo, yagaragaje uburyo mu byumweru bitatu umwana w’imyaka umunani yasambanyijwe.

Yagize ati “Umwana wasambanyijwe mu mudugudu nyobora afite imyaka umunani. Uwo mwana yabaga mu muryango wamureraga ariko batari bamubyaye, nuko umuhungu wabo w’imyaka 18 akajya amusambanya mama w’uwo muhungu ntabimenye, hanyuma biza kugera igihe uwo mwana abaye nk’umugore w’uwo muhungu.”

Akomeza agaragaza ko igihe cyageze uwo mwana wasambanywaga akaba ari we ujya gutabaza.

Ati “Igihe cyarageze rero uwo muhungu agiye kumufata, nagiye kubona mbona umwana yirutse aje ansanga arambwira ati ‘ntabara’. Nti ese wabaye iki? Arambwira ati ‘… aransambanya kandi amaze igihe abikora, nari nje kugira ngo mumfashe.’ Ubwo niyambaje ubuyobozi bw’Akagari tujya kureba uwo muhungu, ubu yashyikirijwe inzego arafunze.”

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko iki ari ikibazo gikomeje guhangayikisha, ndetse isaba ababyeyi kuzita cyane ku burere bw’abana babo kuko byagaragaye ko mu mpera z’umwaka ari bwo basambanywa cyane.

Minisitiri Uwimana Consolée uyobora iyi minisiteri yagize ati “Ndakangurira ababyeyi kurushaho kwegera abana babo, gukurikirana uburere bwabo, ariko no kumenya umwana ibyo yiriwemo, ibyo yahuye na byo, ingorane ashobora kuba yagize, kugira ngo ubashe gutuma nawe yisanzura akubwira ibibazo yahuye na byo.”

Yakomeje agira ati “Gusambanya abana rero ni icyaha gikomeye cyane, kuko nk’uko tubibona imibare igenda yiyongera. Ndavuga cyane kuri ibi biruhuko bigiye kuza. Iyo urebye abana ubu bagiye kuza mu biruhuko byo kwishimira Noheri n’Ubunani, ni ngombwa ko dukurikirana abana bacu, bari kumwe na nde? Cyane cyane ko byagaragaye ko imibare y’abasambanywa igenda yiyongera mu mwaka wose, ariko by’umwihariko usanga mu mpera z’umwaka, ni ukuvuga mu kwezi kwa cumi n’abiri no mu kwa mbere, iba myinshi cyane, yaba abasambanywa ndetse n’abaterwa inda. Ni yo mpamvu nsaba ababyeyi gukurikirana abana cyane kugira ngo dukumire abantu badusambanyiriza abana.”

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ivuga ko muri uyu mwaka wa 2025 abana bagera ku 100 ari bo bamaze gusambanywa mu Mujyi wa Kigali.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 7 =

Previous Post

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Next Post

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year
IMIBEREHO MYIZA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,...-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by'uko bayisanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.