Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rusizi, yafashe abantu 11 bo mu itsinda ry’abiyise Abameni bakekwaho ubujura bwifashisha ikoranabuhanga rya telephone.

Aba bantu bafatiwe mu Midugudu ya Kamanora, Kanyovu na Kanoga mu Murenge wa Nyakarenzo, mu bihe bitandukanye kuva tariki 09 Werurwe 2025, ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego ndetse n’abaturage.

Uyu Murenge wa Nyakarenzo wafatiwemo aba bantu, ufatwa nk’indiri y’aba bakora ubu bujura bwifashisha ikoranabuhanga rya Telefone, aho bamwe mu bafashwe banasanganywe ibikoresho bakoreshaga birimo telefone na sim cards.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Twizere Karekezi Bonaventure avuga ko uru rwego rutazahwema gufata abantu bakora ubu bujura kuko buteza ingaruka mbi.

Yagize ati “Polisi ntizihanganira na rimwe abishora mu bikorwa by’uburiganya, ni ngombwa ko umutekano w’abantu n’ibyabo urindwa, ntabwo tuzihanganira Abameni kuko ibyo bakora bigira ingaruka ku bukungu bw’abo babikorera n’Igihugu muri rusange.”

Aba bose bafashwe, ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamembe, mu gihe hategerejwe gukorwa iperereza n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB).

Polisi ivuga ko ibikorwa byo guhiga no gufata abantu bose bagira uruhare mu buriganya nk’ubu bizakomeza, kugira ngo umutekano w’abaturage n’ubukungu bw’Igihugu bikomeze gusigasirwa.

Bafatanywe na Telefone bakekwaho gukoresha muri ubu bujura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

Next Post

Umutunganyamiziki uzwi mu Rwanda yagiye kungurana ibitekerezo n’abarimo abavuye i Burayi

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutunganyamiziki uzwi mu Rwanda yagiye kungurana ibitekerezo n’abarimo abavuye i Burayi

Umutunganyamiziki uzwi mu Rwanda yagiye kungurana ibitekerezo n’abarimo abavuye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.