Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa, Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, ku buryo ashobora gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera.
Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane tariki 22 Gicurasi 2025, nyuma yuko Komisiyo idasanzwe yari yahawe inshingano zo gusuzuma ubu busabe bwo kwambura ubudahangarwa Kabila, itanze Raporo ku Nteko Rusange.
Nyuma yuko iyi Komisiyo igejeje ku Nteko Rusange ya Sena raporo y’ibyavuye mu busesenguzi bwayo ku busabe bwo kwambura ubudahangarwa bwatanzwe n’Umugenzuzi Mukuru wa FARDC ngo ibusuzume, ubu busabe bwatowe ku bwiganze bwo hejuru.
Mu gutora iki cyemezo, Abasenateri 88 batoye ‘Yego’ mu gihe abandi batanu (5) ari bo batoye ‘Oya’ abandi batatu bifashe, mu basenateri 96 bari bitabiriye imirimo y’Inteko Rusange ya Sena yatorewemo iki cyemezo.
Iki cyemezo kivuye mu busesenguzi bwakozwe na Komisiyo idasanzwe yari yahawe gusuzuma ubu busabe, ikabikora mu bwiru buhebuje bivugwa ko bwabayemo impaka zidasanzwe.
Nyuma yuko Joseph Kabila afatiwe iki cyemezo cyo kumwambura ubudahangarwa, ubu ashobora gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera, dore ko ari na yo mpamvu nyamukuru yatumye hatangwa ubu busabe.
Ni icyemezo kije mu gihe hari umwuka mubi muri politiki ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ahamaze igihe hari imirwano ihanganishije igisirikare cya Leta n’umutwe wa M23.
Iyi raporo yatumye hafatwa icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa Kabila, yagaragaje umucyo ku birego bikomeye bishinjwa uyu munyapolitiki wayoboye Congo Kinshasa ubu uri mu buhungiro.
Kabila ashinjwa ubugambanyi, ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyoko muntu ndetse no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, aho ashinjwa gufasha umutwe wa M23.
Ibi birego yakunze gushinjwa na Perezida Félix Tshisekedi yasimbuye, byamaganirwa kure n’abashyigikiye Joseph Kabila, bavuga ko bishingiye ku mpamvu za Politiki no kwikura mu kimwaro k’ubutegetsi buriho bwamunzwe n’ibibazo uruhuri.
RADIOTV10