Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

radiotv10by radiotv10
23/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa, Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, ku buryo ashobora gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane tariki 22 Gicurasi 2025, nyuma yuko Komisiyo idasanzwe yari yahawe inshingano zo gusuzuma ubu busabe bwo kwambura ubudahangarwa Kabila, itanze Raporo ku Nteko Rusange.

Nyuma yuko iyi Komisiyo igejeje ku Nteko Rusange ya Sena raporo y’ibyavuye mu busesenguzi bwayo ku busabe bwo kwambura ubudahangarwa bwatanzwe n’Umugenzuzi Mukuru wa FARDC ngo ibusuzume, ubu busabe bwatowe ku bwiganze bwo hejuru.

Mu gutora iki cyemezo, Abasenateri 88 batoye ‘Yego’ mu gihe abandi batanu (5) ari bo batoye ‘Oya’ abandi batatu bifashe, mu basenateri 96 bari bitabiriye imirimo y’Inteko Rusange ya Sena yatorewemo iki cyemezo.

Iki cyemezo kivuye mu busesenguzi bwakozwe na Komisiyo idasanzwe yari yahawe gusuzuma ubu busabe, ikabikora mu bwiru buhebuje bivugwa ko bwabayemo impaka zidasanzwe.

Nyuma yuko Joseph Kabila afatiwe iki cyemezo cyo kumwambura ubudahangarwa, ubu ashobora gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera, dore ko ari na yo mpamvu nyamukuru yatumye hatangwa ubu busabe.

Ni icyemezo kije mu gihe hari umwuka mubi muri politiki ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ahamaze igihe hari imirwano ihanganishije igisirikare cya Leta n’umutwe wa M23.

Iyi raporo yatumye hafatwa icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa Kabila, yagaragaje umucyo ku birego bikomeye bishinjwa uyu munyapolitiki wayoboye Congo Kinshasa ubu uri mu buhungiro.

Kabila ashinjwa ubugambanyi, ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyoko muntu ndetse no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, aho ashinjwa gufasha umutwe wa M23.

Ibi birego yakunze gushinjwa na Perezida Félix Tshisekedi yasimbuye, byamaganirwa kure n’abashyigikiye Joseph Kabila, bavuga ko bishingiye ku mpamvu za Politiki no kwikura mu kimwaro k’ubutegetsi buriho bwamunzwe n’ibibazo uruhuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Korali iri mu zizwi mu Rwanda yageneye ubutumwa andi makorali

Next Post

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

Related Posts

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran ndetse n'abandi basirikare babiri bari mu buyobozi Bukuru bw’Ingabo...

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

by radiotv10
12/06/2025
0

Indenge ya Sosiyete y’u Buhindi (Air India) yari yerecyeje i London mu Bwongereza irimo abagenzi 242, yakoze impanuka nyuma y’igihe...

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

by radiotv10
12/06/2025
0

Abasirikare ba Afurika y’Epfo bari boherejwe mu butumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barasubira mu Gihugu cyabo,...

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

by radiotv10
11/06/2025
0

Umunyemari rurangiranwa ku Isi, Elon Musk uherutse guterana amagambo na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze...

Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

by radiotv10
10/06/2025
0

Abana babiri bakomoka mu Burundi bari bagiye gushakira imibereho muri Tanzania, bavuze ko hari bagenzi babo 13 bafunzwe nyuma yuko...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu
AMAHANGA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.