Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe ibipimo biteye impungenge mu bukungu bw’Isi

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hagaragajwe ibipimo biteye impungenge mu bukungu bw’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’Isi yagaragaje ko izamuka ry’ubukungu bw’Isi rizagabanuka ku rugero rwa 1% ugereranyije n’urugero bwariho mu mwaka wa 2022, bitewe n’uko ubukungu bw’Ibihugu bikize nk’u Bushinwa na USA, buzahura n’ibibazo bikomeye.

Iyi mibare mishya ya banki y’Isi, igaragaza ko 2023 izasiga ubukungu bw’Isi buzamutse ku rugero rwa 2.1%, nyamara muri 2022 bwari ku muvuduko wa 3.1%, bivuze hazabaho igabanuka rya 1% ugereranyije n’iyi myaka ikurikirana.

Iri gabanuka rizaterwa n’uko ubukungu bw’u Bushinwa buzava ku izamuka rya 4.1% bwariho muri 2022 bukagera kuri 2.9% muri 2023, naho ubukungu bwa Leta Zunze Ubumwe za America buzagabanuka ku rugero rwa 0.8%.

Ajay Banga uyobora Banki y’Isi, avuga ko uburyo bumwe bwizewe bwo kugabanya ubukene, ari uguhanga imirimo, kandi nanone ibi bibazo bizazahaza ubukungu bica intege gahunda yo guhanga imirimo mishya.

Nanone kandi, ibi bishyira mu kaga Ibihugu bikennye, aho ubukungu bwabyo buzakomeza gucumbagira, kugeza ku rwego rw’uko mu mwaka wa 2024 umuturage azaba ataragera ku rugero rw’amafaranga yinjizaga mu mwaka wa 2019.

Ibi Bihugu kandi byugarijwe n’amadeni angana na 70% by’umusaruro mbumbe wabyo, kandi inyungu ziyaherekeje na zo zikomeje kumunga ubukungu bw’Ibihugu bigera muri 14 bikennye, byamaze kwinjira mu cyiciro cy’abaremewe n’amadeni ku buryo bafite n’impungenge zo kubura ubwishyu.

Ibi Bihugu byugarijwe n’ubukene, bikoresha 3% by’umusaruro mbumbe mu bikorwa byo kwita ku mibereho y’abaturage, nyamara ibikize byo bikoresha 26%.

Banki y’Isi igaragaza ko uyu mwaka wa 2023 uzasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku rugero rwa 6.2%, naho muri 2024 ngo bugire izamuka 7.5%.

Ibi bipimo ni na byo bizagumaho mu mwaka wa 2025, aho bishingiye ku kuba ubukerarugendo bukomeje kuva mu ngaruka za COVID-19.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − seven =

Previous Post

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Next Post

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

Related Posts

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.