Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe ibipimo biteye impungenge mu bukungu bw’Isi

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hagaragajwe ibipimo biteye impungenge mu bukungu bw’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’Isi yagaragaje ko izamuka ry’ubukungu bw’Isi rizagabanuka ku rugero rwa 1% ugereranyije n’urugero bwariho mu mwaka wa 2022, bitewe n’uko ubukungu bw’Ibihugu bikize nk’u Bushinwa na USA, buzahura n’ibibazo bikomeye.

Iyi mibare mishya ya banki y’Isi, igaragaza ko 2023 izasiga ubukungu bw’Isi buzamutse ku rugero rwa 2.1%, nyamara muri 2022 bwari ku muvuduko wa 3.1%, bivuze hazabaho igabanuka rya 1% ugereranyije n’iyi myaka ikurikirana.

Iri gabanuka rizaterwa n’uko ubukungu bw’u Bushinwa buzava ku izamuka rya 4.1% bwariho muri 2022 bukagera kuri 2.9% muri 2023, naho ubukungu bwa Leta Zunze Ubumwe za America buzagabanuka ku rugero rwa 0.8%.

Ajay Banga uyobora Banki y’Isi, avuga ko uburyo bumwe bwizewe bwo kugabanya ubukene, ari uguhanga imirimo, kandi nanone ibi bibazo bizazahaza ubukungu bica intege gahunda yo guhanga imirimo mishya.

Nanone kandi, ibi bishyira mu kaga Ibihugu bikennye, aho ubukungu bwabyo buzakomeza gucumbagira, kugeza ku rwego rw’uko mu mwaka wa 2024 umuturage azaba ataragera ku rugero rw’amafaranga yinjizaga mu mwaka wa 2019.

Ibi Bihugu kandi byugarijwe n’amadeni angana na 70% by’umusaruro mbumbe wabyo, kandi inyungu ziyaherekeje na zo zikomeje kumunga ubukungu bw’Ibihugu bigera muri 14 bikennye, byamaze kwinjira mu cyiciro cy’abaremewe n’amadeni ku buryo bafite n’impungenge zo kubura ubwishyu.

Ibi Bihugu byugarijwe n’ubukene, bikoresha 3% by’umusaruro mbumbe mu bikorwa byo kwita ku mibereho y’abaturage, nyamara ibikize byo bikoresha 26%.

Banki y’Isi igaragaza ko uyu mwaka wa 2023 uzasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku rugero rwa 6.2%, naho muri 2024 ngo bugire izamuka 7.5%.

Ibi bipimo ni na byo bizagumaho mu mwaka wa 2025, aho bishingiye ku kuba ubukerarugendo bukomeje kuva mu ngaruka za COVID-19.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Next Post

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

Related Posts

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

IZIHERUKA

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana
IBYAMAMARE

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.