Monday, September 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in MU RWANDA
0
Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda RAB, cyagaragarije abatunze imbwa ibyo bagomba kubahiriza, aho buri wese uyitunze agomba kubimenyesha ubuyobozi bw’ibanze bumwegereye, kandi imbwa igasohoka mu rugo yambaye ku munwa agakoresho kabugenewe kayibuza kuryana.

Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na RAB rirebana no kurinda abantu kurumwa n’imbwa no kurwanya ibisazi by’imbwa, aho iki Kigo kivuga ko ibi bisabwa abatunze imbwa, bishingiye ku itegeko No. 54/2008 ryo ku wa 10/9/2008, rigena uburyo bwo kurinda no kurwanya

indwara zanduza amatungo mu Rwanda, n’iteka rya Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) No. 009/11.30 ryo kuwa 18/11/2010, rirebana n’izerera ry’amatungo n’izindi nyamaswa zororerwa mu ngo.

Iki Kigo gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda kivuga ko “gisaba abantu bose batunze imbwa, by’umwihariko abatuye mu mijyi n’ahandi hose hahurira abantu benshi, gufata ingamba zo

gukumira izerera ry’imbwa, hirindwa ko zaruma abantu, zikaba zanabanduza virusi y’ibisazi by’imbwa.”

Iki kigo cyaneyeho kwibutsa ko “Umuntu wese utunze imbwa agomba kubimenyekanisha ku buyobozi bw’ibanze bumwegereye

(Umudugudu) akanerekana ko yakingiwe.”

Nanone kandi “Imbwa yose igomba gukingirwa ibisazi by’imbwa buri mwaka. Imbwa isohoka mu rugo iri kumwe n’umuntu mukuru kandi ayitwaye mu ishumi. Imbwa igomba kuba yambaye ku munwa agakoresho kabugenewe kayibuza kuryana.”

RBA ivuga ko umuntu wese ukora ibinyuranye n’ibiteganywa n’ingingo z’amategeko zikubiye muri iri tangazo ryayo, ahanwa hakukijwe ibiteganywa n’amategeko.

Ibarura rusange ry’abaturage rya 5 ryabaye muri 2022, ryerekanye ko mu Rwanda hari imbwa 65 558. Intata y’Iburasirazuba iza ku mwanya wa mbere mu kugira imbwa nyinshi, aho muri yo gusa, habarwaga imbwa 21 504, mu gihe mu Mujyi wa Kigali habarwaga imbwa 13 710.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

Next Post

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Related Posts

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

by radiotv10
01/09/2025
0

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, yagaragaje ku mu mwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, imanza zirenga ibihumbi 15...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere ‘Meteo Rwanda’ cyatangaje ko imvura iteganyijwe mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka, iri hejuru y’ikigero...

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

by radiotv10
01/09/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Gakoni mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi baratabariza umwana w’imyaka 9 umaze imyaka...

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

by radiotv10
01/09/2025
0

Abajyanama b’Ubuzima bo mu Murenge wa Mushikiri, bavuga ko hashize myaka ibiri batanze Miliyoni 17 Frw nk’umugabane mu mushinga wo...

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

by radiotv10
01/09/2025
0

President Paul Kagame has arrived in Dakar, Senegal, where he is attending the Africa Food Systems Forum, a summit focused...

IZIHERUKA

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

by radiotv10
01/09/2025
0

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

01/09/2025
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

01/09/2025
Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Eng.-AFC/M23 warns DRC Government, issues ultimatum to FARDC, FDLR, and allied forces

01/09/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

01/09/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

01/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.