Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Byiringiro Lague aherutse gutandukana na Sandvikens IF

Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Byiringiro Lague uherutse gutandukana n’ikipe yo muri Sweden, yasesekaye i Kigali, yakirwa n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, bituma hakomeza gukekwa ko yasinyira iyi kipe ihanganira ibikombe na APR FC yahozemo.

Gutandukana kwa Lague n’ikipe ya Sandvikens IF yo mu cyiciro cya kabiri, kwatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe mu cyumweru gishize, aho bwamushimiraga umusanzu we muri iyi kipe.

Ubuyobozi bwa Sandvikens IF bwagize buti “Mu bwumvikane bw’impande zombi, Sandvikens IF na L. Byiringiro bahisemo gusesa amasezerano muri izi ntangiro. Turagushimira uruhare wagize mu muri SIF kandi tukwifurije amahirwe mu gihe kizaza.”

Nyuma yuko uyu rutahizamu atandukanye n’iyi kipe yari asigajemo imyaka ibiri dore ko yari yayisinyiye imyaka ine akaba yari amazemo ibiri, hatangiye kwibazwa ikipe yaba agiye kwerecyezamo mu isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rigezweho.

Bamwe mu bakunzi ba ruhago, bavugaga ko azasubira mu Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yari yanavuyemo muri 2023 ubwo yerecyezaga muri iyi yo ku Mugabane w’u Burayi.

Hari n’abavugaga ko azerecyeza mu ikipe ya Rayon Sports ikomeje kuyobora shampiyona y’u Rwanda ya 2024-2025, kugira ngo azayifashe kwegukana igikombe nk’intego yayo y’uyu mwaka.

Ubwo uyu rutahizamu yasesekaraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025, Byiringiro Lague yakiriwe n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddé.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ukora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda, unakunze gutangaza amakuru y’igura ry’abakinnyi, yagize ati “Byiringiro Lague ku Kibuga cy’Indege mu kanya ari kumwe na Perezida wa Rayon Sports, bwana Twagirayezu Thaddé na Claude Mushimire ushinzwe imishinga muri iyi kipe.”

Uyu munyamakuru wagaragaje ifoto ya Lague ari kumwe na Twagirayezu Thaddé, yakomeje agira ati “Uyu musore biravugwa ko ashobora gikinira Rayon Sports mu mikino yo kwishyura.”

Byiringiro Lague ubwo yari agiye kwerecyeza i Burayi gukinira iyi kipe batandukanye, yabanje gukina umukono wari wahuje APR FC na mucyeba wayo Rayon Sports, aho mbere yawo yari yavuze ko yifuza kubanza gutsinda uyu mukino akabona kugenda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Next Post

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.