Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Byiringiro Lague aherutse gutandukana na Sandvikens IF

Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Byiringiro Lague uherutse gutandukana n’ikipe yo muri Sweden, yasesekaye i Kigali, yakirwa n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, bituma hakomeza gukekwa ko yasinyira iyi kipe ihanganira ibikombe na APR FC yahozemo.

Gutandukana kwa Lague n’ikipe ya Sandvikens IF yo mu cyiciro cya kabiri, kwatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe mu cyumweru gishize, aho bwamushimiraga umusanzu we muri iyi kipe.

Ubuyobozi bwa Sandvikens IF bwagize buti “Mu bwumvikane bw’impande zombi, Sandvikens IF na L. Byiringiro bahisemo gusesa amasezerano muri izi ntangiro. Turagushimira uruhare wagize mu muri SIF kandi tukwifurije amahirwe mu gihe kizaza.”

Nyuma yuko uyu rutahizamu atandukanye n’iyi kipe yari asigajemo imyaka ibiri dore ko yari yayisinyiye imyaka ine akaba yari amazemo ibiri, hatangiye kwibazwa ikipe yaba agiye kwerecyezamo mu isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rigezweho.

Bamwe mu bakunzi ba ruhago, bavugaga ko azasubira mu Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yari yanavuyemo muri 2023 ubwo yerecyezaga muri iyi yo ku Mugabane w’u Burayi.

Hari n’abavugaga ko azerecyeza mu ikipe ya Rayon Sports ikomeje kuyobora shampiyona y’u Rwanda ya 2024-2025, kugira ngo azayifashe kwegukana igikombe nk’intego yayo y’uyu mwaka.

Ubwo uyu rutahizamu yasesekaraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025, Byiringiro Lague yakiriwe n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddé.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ukora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda, unakunze gutangaza amakuru y’igura ry’abakinnyi, yagize ati “Byiringiro Lague ku Kibuga cy’Indege mu kanya ari kumwe na Perezida wa Rayon Sports, bwana Twagirayezu Thaddé na Claude Mushimire ushinzwe imishinga muri iyi kipe.”

Uyu munyamakuru wagaragaje ifoto ya Lague ari kumwe na Twagirayezu Thaddé, yakomeje agira ati “Uyu musore biravugwa ko ashobora gikinira Rayon Sports mu mikino yo kwishyura.”

Byiringiro Lague ubwo yari agiye kwerecyeza i Burayi gukinira iyi kipe batandukanye, yabanje gukina umukono wari wahuje APR FC na mucyeba wayo Rayon Sports, aho mbere yawo yari yavuze ko yifuza kubanza gutsinda uyu mukino akabona kugenda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Next Post

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Related Posts

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.