• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Byiringiro Lague aherutse gutandukana na Sandvikens IF

Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Byiringiro Lague uherutse gutandukana n’ikipe yo muri Sweden, yasesekaye i Kigali, yakirwa n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, bituma hakomeza gukekwa ko yasinyira iyi kipe ihanganira ibikombe na APR FC yahozemo.

Gutandukana kwa Lague n’ikipe ya Sandvikens IF yo mu cyiciro cya kabiri, kwatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe mu cyumweru gishize, aho bwamushimiraga umusanzu we muri iyi kipe.

Ubuyobozi bwa Sandvikens IF bwagize buti “Mu bwumvikane bw’impande zombi, Sandvikens IF na L. Byiringiro bahisemo gusesa amasezerano muri izi ntangiro. Turagushimira uruhare wagize mu muri SIF kandi tukwifurije amahirwe mu gihe kizaza.”

Nyuma yuko uyu rutahizamu atandukanye n’iyi kipe yari asigajemo imyaka ibiri dore ko yari yayisinyiye imyaka ine akaba yari amazemo ibiri, hatangiye kwibazwa ikipe yaba agiye kwerecyezamo mu isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rigezweho.

Bamwe mu bakunzi ba ruhago, bavugaga ko azasubira mu Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yari yanavuyemo muri 2023 ubwo yerecyezaga muri iyi yo ku Mugabane w’u Burayi.

Hari n’abavugaga ko azerecyeza mu ikipe ya Rayon Sports ikomeje kuyobora shampiyona y’u Rwanda ya 2024-2025, kugira ngo azayifashe kwegukana igikombe nk’intego yayo y’uyu mwaka.

Ubwo uyu rutahizamu yasesekaraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025, Byiringiro Lague yakiriwe n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddé.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ukora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda, unakunze gutangaza amakuru y’igura ry’abakinnyi, yagize ati “Byiringiro Lague ku Kibuga cy’Indege mu kanya ari kumwe na Perezida wa Rayon Sports, bwana Twagirayezu Thaddé na Claude Mushimire ushinzwe imishinga muri iyi kipe.”

Uyu munyamakuru wagaragaje ifoto ya Lague ari kumwe na Twagirayezu Thaddé, yakomeje agira ati “Uyu musore biravugwa ko ashobora gikinira Rayon Sports mu mikino yo kwishyura.”

Byiringiro Lague ubwo yari agiye kwerecyeza i Burayi gukinira iyi kipe batandukanye, yabanje gukina umukono wari wahuje APR FC na mucyeba wayo Rayon Sports, aho mbere yawo yari yavuze ko yifuza kubanza gutsinda uyu mukino akabona kugenda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − six =

Previous Post

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Next Post

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.