Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagiye hanze ibivugwa ko byagaragajwe n’iperereza ku bakozi ba APR bakekwaho uburozi

radiotv10by radiotv10
25/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagiye hanze ibivugwa ko byagaragajwe n’iperereza ku bakozi ba APR bakekwaho uburozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakozi b’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gukekwaho guhumanya abakinnyi b’ikipe ya Kiyovu Sports, iperereza ryagaragaje ko babahaye umutobe [Jus] urimo ikinyabutabire gica intege.

Aba bamaze iminsi bafunzwe, ni umukozi wa APR ushinzwe igura n’igurisha ry’abakinnyi, Mupenzi Eto’o, hakaba umuganga w’iyi kipe, Maj Dr Nahayo Ernest, ndetse na Maj Uwanyirimpuhwe Jean Paul usanzwe ari Team Manager wa APR.

Ifungwa ryabo riherutse kwemezwa n’Umuyobozi Mukuru wa APR FC, Lt Col Richard Karasira mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru.

Icyo gihe Lt Col Richard Karasira yagize ati “Barafunzwe kandi ibyo bazira biri mu byo Perezida wa Repubulika yavuze birimo amarozi, iby’ibyo kurya byo ntabyo nzi nta perereza nabikozeho.”

Ikinyamakuru The Chronicles gikora inkuru zicukumbuye, cyatangaje ko Laboratwari y’Igihugu y’Ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga RFI (RFI/ Rwanda Forensic Institute), yemeje ko aba bakozi ba APR bahaye abakinnyi ba Kiyovu Sports umutobe uhumanye.

Iki kinyamakuru kivuga ko “Iperereza ry’ibimenyetso bya gihanga ryemeje ko abo muri APR bahaye abakinnyi ba Kiyovu Sports umutobe wa Mango urimo Promethazine kugira ngo ubace intege ntibabashe gukina.”

Iki kinyamakuru kivuga ko bimwe mu bigaragazwa n’umuntu wanyoye iki kinyabutabire, harimo “gucika intege kw’amaboko n’amaguru. Ni ibyagaragajwe na Rwanda Forensic Laboratory.”

Ibi byaha biregwa abakozi ba APR FC, bakekwaho kubikora ubwo iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yahuraga na Kiyovu Sports mu mukino wo kwishyura w’Igikombe cy’Amahoro, wanarangiye iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda itsinze 2-1 Kiyovu Sports.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

Next Post

I London Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino w’ishiraniro w’ikipe akunda

Related Posts

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I London Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino w’ishiraniro w’ikipe akunda

I London Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino w’ishiraniro w’ikipe akunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.