Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Haiti yatangaje ibihe bidasanzwe by’amasaha 72 birimo na kuguma mu rugo mu masaha y’ijoro, nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize agatsiko k’amabandi yitwaje intwaro, kagabye ibitero kuri Gereza ebyiri nini zo muri iki  Gihugu.

Ibi bitero byabaye ku wa Gatandatu, byasize imfungwa zisaga 4 000 zitorotse gereza, ibyo Guvernoma yavuze ko yatangiye ibikorwa byo guhiga aba yise ba rushimusi b’abantu n’abanyarugomo, batorotse Gereza babifashijwemo n’aya mabandi yari yitwaje intwaro.

BBC yanditse ko mu batorotse harimo n’abahoze babarizwa muri aka gatsiko k’amabandi, bagize uruhare mu iyicwa rya Perezida Jovenel Moise, muri 2021.

Ni ibitero byari byateguranywe ubuhanga, kuko kugeza ubu habarwa abantu 9 bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’uyu mugambi mubisha watangiye kugaragaza ibimenyetso kuva ku wa Kane w’icyumweru gishize, barimo n’abapolisi bane.

Jimmy Chérizier unazwi nka Barbecue wahoze ari umupolisi, kugeza ubu niwe muyobozi w’uyu mutwe Leta ya Haiti yita Amabandi.

Ni na we watangaje ko ibi bitero byombi byagabwe n’abantu be, yavuze ko bafite umugambi wo gufata mpiri umuyobozi mukuru wa Polisi ya Haiti, Abaminisitiri bo muri Guverinoma, na Minisitiri w’Intebe Ariel Henry.

Nyuma y’uko ibi bibaye, polisi y’Igihugu yahise yohereza abapolisi barenga 9 000 bagomba kuba barinze umutekano w’abaturage babarirwa muri miliyoni 11 batuye muri uyu mujyi, wamaze no kuba nk’uwigaruriwe n’amabandi ku kigero cya 80%, nk’uko Umuryango w’Abibumbye wabitangaje.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Damas says:
    1 year ago

    Kenya ninanirwa mission bazayehe u Rwanda dukore akazi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 2 =

Previous Post

Gen.Patrick Nyamvumba wasabiwe kuba Ambasaderi yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Next Post

Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Moïse Nyarugabo, a former DRC Minister and advocate for Kinyarwanda-speaking Congolese, has condemned recent attacks on the Banyamulenge by a...

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Me Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa DRC, yamaganye ibitero bikomeje kugabwa n’abahuzamugambi bahuriyemo FARDC, FDLR na...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe
MU RWANDA

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

08/08/2025
Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye

Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.