Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hakiriwe icyifuzo gishya mu rubanza ruregwamo abagerageje ‘Coup d’État’ muri DRCongo ikabapfubana

radiotv10by radiotv10
27/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hakiriwe icyifuzo gishya mu rubanza ruregwamo abagerageje ‘Coup d’État’ muri DRCongo ikabapfubana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo abari mu gitero cyavugaga ko kigamije gukuraho ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakiriwe icyizo cy’abaregera indishyi barimo uruhande rusaba iya miliyoni 250 USD.

Ni urubanza ruregwamo abagerageje gushaka guhirika ubutegetsi, ubwo bateraga urugo rwa Vital Kamerhe ndetse bakaninjira ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubu busabe bw’abasaba indishyi, bwatangiye gutangwa kuri uyu wa Mbere tariki 26 Kanama 2024, ubwo hakomezaga uru rubanza ruregwamo abantu 51.

Ni impande za gisivile, aho buri rumwe rusaba indishyi ibarirwa mu mamiliyoni y’amadolari kubera ibyangiritse yaba ibikorwa bifatika, ndetse n’ibikora ku marangamutima.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabaye uruhande rwa mbere muri izi, rwafashe ijambo, aho ruregera indishyi z’ibikorwa bifatika byangiritse ndetse n’ibyahungabanye bijyanye n’amarangamutima, aho rwasabye indishyi ya miliyoni 250 USD.

Urukiko kandi rwanakiriye ubusabe bwa Stephie Elonga, umugore wa nyakwigendea Kevin Tamba, aho we n’abana be basabye indishyi ya miliyoni 20 USD.

Nanone kandi uruhande rugizwe n’abantu bishyize hamwe, barimo Ephraim Mugangu, Maguy Mata n’abandi batandukanye; basabye ko Marcel Malanga na bagenzi be basavye ko Marcel Malanga na banzi be bahamwa n’ibyaha,

Izindi mpande zinyuranye zasabye ko inyangiritse bigomba gusanwa n’abantu batandukanye barimo Faustin Egwake, Kadima Franck na Kalala Ilunga, inshuti ya Kevin Tamba.

Bamwe mu baregwa na bo basabye guhabwa indishyi, kubera ibyo bakorewe nk’iyicacurubozo bavuga ko bakorewe n’inzego z’ubutasi bavuga ko byabereye aho bafungiwe.

Uru rubanza ruregwamo abantu 51, baregwa ibyaha binyuranye birimo iterabwoba, gutunga intwaro z’intambara mu buryo butemwe n’amategeko, kugambirira kwica ndetse no kwihuriza hamwe hagamijwe ikibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Next Post

Amakuru mashya: Hatangajwe amanota y’Ibizamini bya Leta n’ibipimo by’imitsindire y’abanyeshuri

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Hatangajwe amanota y’Ibizamini bya Leta n’ibipimo by’imitsindire y’abanyeshuri

Amakuru mashya: Hatangajwe amanota y’Ibizamini bya Leta n’ibipimo by’imitsindire y’abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.