Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

General Alain Guillaume Bunyoni wahoze ari umusirikare w’icyubahiro mu Burundi akaba yaranabaye Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, ubu ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatirwa aho yari yihishe.

Ishakishwa rya Bunyoni ryavuzwe cyane mu cyumweru twaraye dusoje, nyuma yuko urugo rwe rusatswe na Polisi y’u Burundi ifatanyije n’inzego z’iperereza.

Nyuma haje kuvugwa ko ari gushakishwa ngo atabwe muri yombi, ariko ko yabuze, ndetse habanza no kuvugwa ko ashobora kuba yaratorotse Igihugu agahungira mu Bihugu birimo Tanzania na Zambia.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ni bwo havuzwe ko yaba yafashwe, ndetse bikaba byanemejwe n’Umushinjacyaha Mukuru w’u Burundi, Sylvestre Nyandwi.

Mu itangazo ryatanzwe n’Umushinjacyaha Mukuru kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023, yatangaje ko General de Police Alain Guillame Bunyoni yafashwe ku ya 21 Mata 2023, agafatirwa aho yari yihishe.

Mu butumwa bw’uyu Mushinjacyaha Mukuru w’u Burundi, yavuze ko ari we washyizeho impapuro zo guta muri yombi Bunyoni, nyuma yuko Polisi ya kiriya Gihugu igiye gusaka iwe, ikahasanga ibigize ibyaha, ariko we akabura.

Iri tangazo rigira riti “Isaka ryarabaye ariko Polisi yari yahawe izo nshingano yasanze General de Police Alain Guillame Bunyoni atakiri mu rugo iwe. Nibwo Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika yahise asohota impapuro zo kumushakisha.”

Bunyoni uri mu basirikare bahoranye icyubahiro gihebuje mu Burundi, akaba yaranayoboye Polisi y’iki Gihugu, yafatiwe muri Komini Kabezi mu Ntara ya Bujumbura mu gace ka Nyamuzi, aho yari yihishe.

General Alain-Guillaume Bunyoni yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, muri Nzeri umwaka ushize wa 2022, nyuma y’igihe hari hamaze iminsi hanugwanugwa ko ashaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 16 =

Previous Post

Gen Muhoozi yasesekaye i Kigali n’ikimuzanye gihita kibukwa

Next Post

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.