Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye amakuru yo gukozanyaho hagati y’umutwe urwanya u Rwanda n’Ingabo z’u Burundi

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hamenyekanye amakuru yo gukozanyaho hagati y’umutwe urwanya u Rwanda n’Ingabo z’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Inyeshyamba z’umutwe wa FLN urwanya u Rwanda, zifite ibirindiro mu ishyamba rya Kibira mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, uherutse kugaba igitero ku mbonerakure, cyatumye habaho kurasana gukomeye hagati y’izi nyeshyamba n’igisirikare cy’u Burundi cyaje gitabaye.

Ni igitero cyabereye ku Gasozi ka Rutorero ko muri Zone ya Butahana muri Komini ya Mabayi mu Ntara ya Cibitoke, ku Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023.

Amakuru dukesha SOS Médias Burundi, avuga ko ubwo habaga iki gitero habayeho kurasana gukomeye, hakumvikana urusaku rw’imbunda ziremereye.

Uretse babiri bo mu Mbonerakure bahise bahasiga ubuzima, iyi mirwano yanakomerekeyemo abantu bantu bane bakomeretse bikabije.

Polisi y’u Burundi, ihamya ko iki gitero ari icy’umutwe w’Abanyarwanda wa FLN (Forces de libération Nationale) usanzwe ufite ibirindiro mu ishyamba rya Kibira.

Umwe mu baturage bo mu gace kabereyemo iyi mirwano, yagize ati “Twatunguwe no kumva imbunda ziremereye mu bilometero 10 uvuye ku mupaka uhuza u Burundi n’u Rwanda.”

Abakomerekeye bikabije muri iyi mirwano, bagiye kuvurirwa mu bitaro by’i Bujumbura, mu murwa mukuru w’u Burundi.

Amakuru aturuka muri Kibira, avuga ko ubwo iki gitero cyabagaho, hahise habaho umusada wihuse w’ingabo z’Igihugu, zaje zigakozanyaho n’izi nyeshyamba za FLN, zahise zisubira muri iri shyamba ry’inzitane rya Kibira.

Ibi kandi byatumye bamwe mu baturage bo mu nkengero z’iri shyamba rya Kibira, bagira ubwoba, bahungira mu bice binyuranye byo muri Komini ya Mabayi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

America yahaye Congo ubutumwa bwumvikanamo igitsure ku ngingo yigometseho

Next Post

Imyaka ibaye 11 u Rwanda rubuze rurangiranwa muri ruhago: Twibukiranye iby’urupfu rwe

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyaka ibaye 11 u Rwanda rubuze rurangiranwa muri ruhago: Twibukiranye iby’urupfu rwe

Imyaka ibaye 11 u Rwanda rubuze rurangiranwa muri ruhago: Twibukiranye iby’urupfu rwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.