Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye amakuru yo gukozanyaho hagati y’umutwe urwanya u Rwanda n’Ingabo z’u Burundi

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hamenyekanye amakuru yo gukozanyaho hagati y’umutwe urwanya u Rwanda n’Ingabo z’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Inyeshyamba z’umutwe wa FLN urwanya u Rwanda, zifite ibirindiro mu ishyamba rya Kibira mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, uherutse kugaba igitero ku mbonerakure, cyatumye habaho kurasana gukomeye hagati y’izi nyeshyamba n’igisirikare cy’u Burundi cyaje gitabaye.

Ni igitero cyabereye ku Gasozi ka Rutorero ko muri Zone ya Butahana muri Komini ya Mabayi mu Ntara ya Cibitoke, ku Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023.

Amakuru dukesha SOS Médias Burundi, avuga ko ubwo habaga iki gitero habayeho kurasana gukomeye, hakumvikana urusaku rw’imbunda ziremereye.

Uretse babiri bo mu Mbonerakure bahise bahasiga ubuzima, iyi mirwano yanakomerekeyemo abantu bantu bane bakomeretse bikabije.

Polisi y’u Burundi, ihamya ko iki gitero ari icy’umutwe w’Abanyarwanda wa FLN (Forces de libération Nationale) usanzwe ufite ibirindiro mu ishyamba rya Kibira.

Umwe mu baturage bo mu gace kabereyemo iyi mirwano, yagize ati “Twatunguwe no kumva imbunda ziremereye mu bilometero 10 uvuye ku mupaka uhuza u Burundi n’u Rwanda.”

Abakomerekeye bikabije muri iyi mirwano, bagiye kuvurirwa mu bitaro by’i Bujumbura, mu murwa mukuru w’u Burundi.

Amakuru aturuka muri Kibira, avuga ko ubwo iki gitero cyabagaho, hahise habaho umusada wihuse w’ingabo z’Igihugu, zaje zigakozanyaho n’izi nyeshyamba za FLN, zahise zisubira muri iri shyamba ry’inzitane rya Kibira.

Ibi kandi byatumye bamwe mu baturage bo mu nkengero z’iri shyamba rya Kibira, bagira ubwoba, bahungira mu bice binyuranye byo muri Komini ya Mabayi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 12 =

Previous Post

America yahaye Congo ubutumwa bwumvikanamo igitsure ku ngingo yigometseho

Next Post

Imyaka ibaye 11 u Rwanda rubuze rurangiranwa muri ruhago: Twibukiranye iby’urupfu rwe

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyaka ibaye 11 u Rwanda rubuze rurangiranwa muri ruhago: Twibukiranye iby’urupfu rwe

Imyaka ibaye 11 u Rwanda rubuze rurangiranwa muri ruhago: Twibukiranye iby’urupfu rwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.