Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye andi makuru mashya y’aho Rusesabagina aherereye nyuma yo gufungurwa

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye andi makuru mashya y’aho Rusesabagina aherereye nyuma yo gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda w’inkomoko Paul Rusesabagina ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi akaba umuturagihugu wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko afunguwe ku mbabazi za Perezida Paul Kagame, ubu ntakiri ku butaka bw’u Rwanda.

Paul Rusesabagina yavuye mu Rwanda nyuma y’iminsi ibiri afunguwe dore ko yasohotse muri Gereza ya Nyarugenge ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 24 Werurwe 2023.

Amakuru yemeza ko Rusesabagina yuriye rutemikirere kuri uyu wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, akerecyeza i Doha muri Qatar, ari na ho azava ajya muri Leta Zunze Ubumwe za America agasanga umuryango we aho usanzwe utuye.

Amakuru yo kuba Paul Rusesabagina yavuye mu Rwanda, yanemejwe n’Umuyobozi w’Akanama k’Umutekano w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, John Kerby, wemereye The Washington ko yamaze kugera muri Qatar.

John Kerby abajijwe niba Rusesabagina atakiri ku butaka bw’u Rwanda, yagize ati “Ni byo, yavuye mu Rwanda, ubu ari i Doha.”

Nyuma y’ifungurwa rya Rusesabagina, hagiye hamenyekana andi makuru, y’ikizakurikiraho, aho byavugwaga ko azabanza kunyura muri Qatar nk’Igihugu cyanagize uruhare runini mu gutuma hagerwa kuri uyu mwanzuro wo kubabarirwa, akabona kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America.

John Kerby yakomeje avuga ko umuryango wa Rusesabagina witeguye kumwakira muri Leta Zunze Ubumwe za America, ati “Bidatinze rwose arakomeza urugendo rwe asubira murii Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023 ubwo Paul Rusesabagina yafungurwaga, yavuye muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere, arindiwe umutekano mu buryo budasanzwe, ahita ajyanwa mu rugo rwa Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda.

Ifungurwa rya Rusesabagina, rikomeje kuba inkuru igarukwaho cyane ku Isi, bishingiye ku kuba yaranavuzwe cyane ubwo yafatwaga, dore ko Leta Zunze Ubumwe za America zahagurutse zigasaba u Rwanda kurekura umuturage w’iki Gihugu.

Afunguwe nyuma y’imyaka ibiri n’igice afashwe, mu gihe yakatiwe gufungwa imyaka 25 ahamijwe ibyaha birimo iby’iterabwoba, ariko akaza guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, nyuma yuko yanditse azisaba.

Rusesabagina yrekuwe kandi nyuma y’igihe gito Umukuru w’u Rwanda abaye nk’ubivugaho ubwo yaganiraga n’Ihuriro rizwi nka Semafor tariki 13 Werurwe 2023, akavuga ko hari impinduka zabayeho ku byo kuba u Rwanda rwaha imbabazi Rusesabagina.

Muri icyo kiganiro, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda atari Igihugu kihambira ku mateka, ahubwo ko hari ibyemezo gifata kigamije kugana imbere kandi ko cyabigaragaje ubwo cyanahaga imbabazi n’abatari bazikwiye, ubwo abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, bakemera ibyaha, bagasaba imbabazi, bazihawe bagasubira mu miryango yabo.

Rusesabagina nyuma yo kuva muri Gereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + fourteen =

Previous Post

Benin itegereje isomo ry’Amavubi yaje idafite abakinnyi ngenderwaho igera i Kigali yikandagira

Next Post

Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.