Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye andi makuru mashya y’aho Rusesabagina aherereye nyuma yo gufungurwa

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye andi makuru mashya y’aho Rusesabagina aherereye nyuma yo gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda w’inkomoko Paul Rusesabagina ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi akaba umuturagihugu wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko afunguwe ku mbabazi za Perezida Paul Kagame, ubu ntakiri ku butaka bw’u Rwanda.

Paul Rusesabagina yavuye mu Rwanda nyuma y’iminsi ibiri afunguwe dore ko yasohotse muri Gereza ya Nyarugenge ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 24 Werurwe 2023.

Amakuru yemeza ko Rusesabagina yuriye rutemikirere kuri uyu wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, akerecyeza i Doha muri Qatar, ari na ho azava ajya muri Leta Zunze Ubumwe za America agasanga umuryango we aho usanzwe utuye.

Amakuru yo kuba Paul Rusesabagina yavuye mu Rwanda, yanemejwe n’Umuyobozi w’Akanama k’Umutekano w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, John Kerby, wemereye The Washington ko yamaze kugera muri Qatar.

John Kerby abajijwe niba Rusesabagina atakiri ku butaka bw’u Rwanda, yagize ati “Ni byo, yavuye mu Rwanda, ubu ari i Doha.”

Nyuma y’ifungurwa rya Rusesabagina, hagiye hamenyekana andi makuru, y’ikizakurikiraho, aho byavugwaga ko azabanza kunyura muri Qatar nk’Igihugu cyanagize uruhare runini mu gutuma hagerwa kuri uyu mwanzuro wo kubabarirwa, akabona kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America.

John Kerby yakomeje avuga ko umuryango wa Rusesabagina witeguye kumwakira muri Leta Zunze Ubumwe za America, ati “Bidatinze rwose arakomeza urugendo rwe asubira murii Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023 ubwo Paul Rusesabagina yafungurwaga, yavuye muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere, arindiwe umutekano mu buryo budasanzwe, ahita ajyanwa mu rugo rwa Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda.

Ifungurwa rya Rusesabagina, rikomeje kuba inkuru igarukwaho cyane ku Isi, bishingiye ku kuba yaranavuzwe cyane ubwo yafatwaga, dore ko Leta Zunze Ubumwe za America zahagurutse zigasaba u Rwanda kurekura umuturage w’iki Gihugu.

Afunguwe nyuma y’imyaka ibiri n’igice afashwe, mu gihe yakatiwe gufungwa imyaka 25 ahamijwe ibyaha birimo iby’iterabwoba, ariko akaza guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, nyuma yuko yanditse azisaba.

Rusesabagina yrekuwe kandi nyuma y’igihe gito Umukuru w’u Rwanda abaye nk’ubivugaho ubwo yaganiraga n’Ihuriro rizwi nka Semafor tariki 13 Werurwe 2023, akavuga ko hari impinduka zabayeho ku byo kuba u Rwanda rwaha imbabazi Rusesabagina.

Muri icyo kiganiro, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda atari Igihugu kihambira ku mateka, ahubwo ko hari ibyemezo gifata kigamije kugana imbere kandi ko cyabigaragaje ubwo cyanahaga imbabazi n’abatari bazikwiye, ubwo abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, bakemera ibyaha, bagasaba imbabazi, bazihawe bagasubira mu miryango yabo.

Rusesabagina nyuma yo kuva muri Gereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

Benin itegereje isomo ry’Amavubi yaje idafite abakinnyi ngenderwaho igera i Kigali yikandagira

Next Post

Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.