Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyatumye Mushikiwabo asubika kujya muri DRCongo bitunguranye

radiotv10by radiotv10
26/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyatumye Mushikiwabo asubika kujya muri DRCongo bitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo wari utegerejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasubitse uru ruzinduko. Hatangajwe impamvu yabiteye yaturutse ku myitwarire y’ubuyobozi bwa DRC.

Muri iki cyumweru havugwaga amakuru ko Louise Mushikiwabo ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yagombaga kujya gutangiza imikino izahuza Ibihugu bigize OIF, igomba gutangira kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2023, ni bwo byamenyekanye ko Mushikiwabo atakigiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’uko byari biteganyijwe.

Umuvugizi wa Louise Mushikiwabo, Oria Vande Weghe yatangaje ko kuba uyu muyobozi wa OIF yasubitse uru rugendo rw’i Kinshasa, ari icyemezo cyafashwe kubera imyitwarire ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu Muvugizi wa Mushikiwabo, yatangaje ko ubusanzwe Igihugu cyakira iyi mikino, ari cyo cyoherereza ubutumire abagomba kwitabira iyi mikino, kandi ko cyagombaga no kubwoherereza Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Yavuze kandi ko mu kwezi gushize, ubwo habaga inama y’uyu Muryango, uwari waje ahagarariye Guverinoma ya DRC, yavuze ko ubutumire bw’Umunyamabanga Mukuru wawo [Louise Mushikiwabo] buri bugufi koherezwa kandi ko bwagombaga kuzanwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo.

Oria Vande Weghe, aganira n’ikinyamakuru Igihe, yagize ati “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga [wa DRC] nk’uko byari byavuzwe mu nama rusange yaratuvugishije kugira ngo hemezwe umunsi azabuzaniraho, ariko nyuma baje kuvuga ngo ‘imikino n’ubundi ni iyanyu ntabwo akeneye ubutumire’.”

Uyu muvugizi w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, yakomeje avuga ko iyi myitwarire ubwayo ya Guverinoma ya DRC, itashimishije Louise Mushikiwabo, kuko inyuranyije n’ibiteganywa n’amahame y’uyu muryango ndetse n’ibyari byemeranyijweho, agahitamo kohereza umwungirije.

Oria Vande Weghe uvuga ko Mushikiwabo na we yifuzaga kujyayo, yagize ati “Na we yifuzaga kujyayo ndetse anifuza ko imikino ibaho mu mwuka mwiza kuko ni igikorwa cy’ingenzi ku rubyiruko rwo mu bihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa.”

Iyi myitwarire yagaragajwe na Guverinoma ya Congo, ibayeho mu gihe iki Gihugu cyakomeje kwijundikira ubusa u Rwanda rukomokamo Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo.

Hari amakuru avuga kandi ko ubwo Louise Mushikiwabo yari kuzaba ageze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagombaga kuba imyigaragambyo ngo kuko ari Umunyarwandakazi.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishinja ibinyoma u Rwanda ko ruri inyuma y’ibibazo by’umutekano biri muri kiriya Gihugu, mu gihe u Rwanda na rwo rutahwemye kubinyomoza.

Abategetsi ba DRC aho baboneye umwanya wose ndetse n’icyo bavuze cyose muri iki gihe, ntibabura kuzanamo u Rwanda, ku buryo bamwe mu basesengura ibyo kuba iki Gihugu cyaranze gukurikiza inzira zo gutumira Mushikiwabo mu mikino ya OIF, bifitanye isano n’izi mpamvu za Politiki.

Umuvugizi wa Mushikiwabo, Oria Vande Weghe yavuze ko mu gihe ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bwaba bwarakoze biriya kubera izi mpamvu, bwaba bwararebye hafi.

Ati “Byaba bibabaje mu gihe haba habayeho kwitiranya ibintu, no kubivanga n’uko ari Umunyarwandakazi, ariko birenze kure kuba umuyobozi wo mu Rwanda, ni Umunyamabanga Mukuru wa OIF kandi ahagarariye ibihugu byose harimo na RDC.”

Kuva ibibazo hagati y’u Rwanda na DRC byavuka, iki Gihugu cyakunze kuvuga nabi Abanyarwanda, ndetse na bamwe mu Banyarwanda babagayo bagiye bagirirwa nabi, ndetse n’abitiranywa na bo bavuga ikinyarwanda bagirirwa nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Icyo kwitega mu nzira zizanyurwa n’amakipe yo mu Rwanda mu marushanwa Nyafurika

Next Post

Mu mboni z’amategeko Evode yagaragaje ingingo zikomeye zahonyowe habaho iby’Abakono

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mboni z’amategeko Evode yagaragaje ingingo zikomeye zahonyowe habaho iby’Abakono

Mu mboni z’amategeko Evode yagaragaje ingingo zikomeye zahonyowe habaho iby’Abakono

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.