Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hamenyekanye icyatumye umukwe n’umugeni mu Rwanda bagaragara mu buryo butunguranye bagiye gusezerana

radiotv10by radiotv10
23/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hamenyekanye icyatumye umukwe n’umugeni mu Rwanda bagaragara mu buryo butunguranye bagiye gusezerana
Share on FacebookShare on Twitter

Umukwe n’umugeni we bo mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, bagiye gusezerana imbere y’Imana bateze moto; umugeni yambaye n’agatimba imbere ya Kasike, bitungura abababonye ariko banabashimira kuba bakoze ibiri mu bushobozi bwabo. Hamenyekanye icyatumye batega abamotari.

Ibi byabaye ubwo Uwumukiza Damarce na Evariste Hategekimana bajyaga gusezerana imbere y’Imana muri Kiliziya Gatulika kuri Paruwasi ya Shangi.

Aba bombi bari basanzwe babana ariko batarasezeranye, bari bafite gahunda yo kujya gusezerana imbere y’Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024, ariko babanje kuramukira mu mihango yo gusaba no gukwa.

Ubwo iyi mihango yari ihumuje bagiye kwerecyeza kuri Paruwasi, babonye amasaha yabafashe, kandi badafite imodoka yagombaga kubagezayo, ni ko kwigira inama yo gutega moto.

Hategekimana avuga ko nta bushobozi bw’imodoka bari bafite, ahubwo ko bakoresheje ibingana n’uko mu mufuka habo hifashe.

Yagize ati “Ufite imodoka wayigendamo, ariko twe mu rugero rwacu twahisemo gutega moto.”

Umugeni we avuga ko bari batanze ibihumbi 10 Frw yagomgaga kuvamo ay’ubukererwe iyo baza kurenza isaha bari bahawe, bityo ko bateze moto kugira ngo bayaramire.

Mukamusabyimana Marie Jeanne uyobora Umurenge wa Shangi, na we ashima aba bageni banze gusesagura, bagakora ibihwanye n’ubushobozi bwabo, kuko icy’ingenzi byari ugusezerana, kandi ko byabaye. Yagize ati “Baje kuri moto kandi intego y’ibanze yo gusezerana yabaye.”

Umugeni yari kuri moto yambaye n’agatimba imbere ya kasike
Basezeranye mu byishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Nta cyiza nko kubabera Umuyobozi- Perezida Kagame mu kiganiro cy’ubwuzuzanye n’abaturage afungura kwiyamamaza

Next Post

Hatangajwe ikigiye gukorwa nyuma y’uko Abapolisi bavuze imvugo ku mwana itarashimishije ababyeyi

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikigiye gukorwa nyuma y’uko Abapolisi bavuze imvugo ku mwana itarashimishije ababyeyi

Hatangajwe ikigiye gukorwa nyuma y’uko Abapolisi bavuze imvugo ku mwana itarashimishije ababyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.