Monday, August 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyemezo ku kirego cyarezwemo u Rwanda mu Rukiko rukorera muri Tanzania

radiotv10by radiotv10
18/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye icyemezo ku kirego cyarezwemo u Rwanda mu Rukiko rukorera muri Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba-EACJ, rwari rwaregewe ikirego cy’Umunyarwanda ushinja Guverinoma y’u Rwanda kumugurishiriza umutungo adahari, rwatesheje agaciro iki kirego.

Uru rukiko rwa EAC- EACJ (East African Court of Justice) rusanzwe rufite icyicaro i Arusha muri Tanzania, rwari rwaregewe ikirego cya Dr. Alfred Rurangwa, wavugaga ko Guverinoma y’u Rwanda yagurishije ubutaka bwe ubwo yari ari gukurikirana amasomo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni ikirego yari yatanze muri 2019, aho yavugaga ko uwo mutungo we wagurishijwe na Guverinoma y’u Rwanda, uri mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, wagurishijwe uwitwa Papias Ntabareshya.

Dr. Alfred Rurangwa yavugaga ko igurishwa ry’uyu mutungo ryagendeye ku cyangombwa kigaragaza ko yapfuye, cyatanzwe n’Umunyamanga Nshingwabikorwa w’iwabo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga.

Yavugaga ko icyo cyangombwa cyemejwe n’Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze, ari cyo cyatumye uwitwa Ntabareshya yegukana umutungo we, akavuga ko ibi bihabanye n’amasezerano y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Uru Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) rwashyizweho muri 2001, rufite inshingano zo gusobanura amategeko, ishyirwa mu bikorwa ryayo ndeste no kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya EAC

Ni mu gihe Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, ubwo yasobanuraga iby’iki kirego cya Dr. Rurangwa, yavuze ko ihererekanyamutungo ry’uwo mutungo we, ryakozwe hagati y’uwawuguze n’umugore we ndetse na mushiki we.

Intumwa Nkuru ya Leta, kandi yavuze ko nta ruhare Guverinoma y’u Rwanda yagize muri iryo hererekanyamutungo, bityo ko idakwiye kubibazwa.

Byari biteganyijwe ko uru rubanza rwagombaga kuburanishwa tariki 15 Werurwe 2024 i Arusha muri Tanzania, mu gihe Dr. Rurangwa atabashije kwitaba Urukiko kandi yaramenyeshejwe mu buryo bukurikije amategeko.

Abacamanza ba EACJ, bahise bafata icyemezo cyo gushyingura iki kirego, kuri uwo munsi tariki 15 Werurwe 2024, mu gihe abanyamategeko bari bahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, bo bari bitabye uru rukiko.

Ubwo Abacamanza ba EACJ bari baje mu cyumba cy’Urukiko
Abanyamategeko bari bahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Putin nyuma yo gutsinda amatora ahise agenera ubutumwa Ibihugu by’ibihangange byahagurukiye kumurwanya

Next Post

DRCongo: Habaye impanuka y’indege itwara abagenzi hatangazwa n’igikekwa kuyitera

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Habaye impanuka y’indege itwara abagenzi hatangazwa n’igikekwa kuyitera

DRCongo: Habaye impanuka y’indege itwara abagenzi hatangazwa n’igikekwa kuyitera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.