Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyemezo ku kirego cyarezwemo u Rwanda mu Rukiko rukorera muri Tanzania

radiotv10by radiotv10
18/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye icyemezo ku kirego cyarezwemo u Rwanda mu Rukiko rukorera muri Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba-EACJ, rwari rwaregewe ikirego cy’Umunyarwanda ushinja Guverinoma y’u Rwanda kumugurishiriza umutungo adahari, rwatesheje agaciro iki kirego.

Uru rukiko rwa EAC- EACJ (East African Court of Justice) rusanzwe rufite icyicaro i Arusha muri Tanzania, rwari rwaregewe ikirego cya Dr. Alfred Rurangwa, wavugaga ko Guverinoma y’u Rwanda yagurishije ubutaka bwe ubwo yari ari gukurikirana amasomo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni ikirego yari yatanze muri 2019, aho yavugaga ko uwo mutungo we wagurishijwe na Guverinoma y’u Rwanda, uri mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, wagurishijwe uwitwa Papias Ntabareshya.

Dr. Alfred Rurangwa yavugaga ko igurishwa ry’uyu mutungo ryagendeye ku cyangombwa kigaragaza ko yapfuye, cyatanzwe n’Umunyamanga Nshingwabikorwa w’iwabo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga.

Yavugaga ko icyo cyangombwa cyemejwe n’Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze, ari cyo cyatumye uwitwa Ntabareshya yegukana umutungo we, akavuga ko ibi bihabanye n’amasezerano y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Uru Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) rwashyizweho muri 2001, rufite inshingano zo gusobanura amategeko, ishyirwa mu bikorwa ryayo ndeste no kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya EAC

Ni mu gihe Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, ubwo yasobanuraga iby’iki kirego cya Dr. Rurangwa, yavuze ko ihererekanyamutungo ry’uwo mutungo we, ryakozwe hagati y’uwawuguze n’umugore we ndetse na mushiki we.

Intumwa Nkuru ya Leta, kandi yavuze ko nta ruhare Guverinoma y’u Rwanda yagize muri iryo hererekanyamutungo, bityo ko idakwiye kubibazwa.

Byari biteganyijwe ko uru rubanza rwagombaga kuburanishwa tariki 15 Werurwe 2024 i Arusha muri Tanzania, mu gihe Dr. Rurangwa atabashije kwitaba Urukiko kandi yaramenyeshejwe mu buryo bukurikije amategeko.

Abacamanza ba EACJ, bahise bafata icyemezo cyo gushyingura iki kirego, kuri uwo munsi tariki 15 Werurwe 2024, mu gihe abanyamategeko bari bahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, bo bari bitabye uru rukiko.

Ubwo Abacamanza ba EACJ bari baje mu cyumba cy’Urukiko
Abanyamategeko bari bahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Putin nyuma yo gutsinda amatora ahise agenera ubutumwa Ibihugu by’ibihangange byahagurukiye kumurwanya

Next Post

DRCongo: Habaye impanuka y’indege itwara abagenzi hatangazwa n’igikekwa kuyitera

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Habaye impanuka y’indege itwara abagenzi hatangazwa n’igikekwa kuyitera

DRCongo: Habaye impanuka y’indege itwara abagenzi hatangazwa n’igikekwa kuyitera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.