Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma wari ukurikiranyweho kwica murumuna we wo kwa Se wabo akamuca umutwe bapfuye igiceri cya 100Frw, akisobanura avuga ko asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe, yahamijwe icyaha cyo kwica biturutse ku bushake, akatirwa gufungwa burundu.

Uwineza Janvier wo mu Mudugudu wa Nyakagezi mu Kagari ka Birenga mu Murenge wa Kazo, yari ukurikiranyweho kwica murumuna we wo kwa Se wabo witwa Ntacyobazi bapfuye 100 Frw ubwo bakinaga urusimbi ruzwi nk’ikiryabarezi ndetse bari biriwe basangira inzoga.

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwaburanishije uru rubanza rwabaye mu cyumweru gishize twakurikiranye nka RADIOTV10, rwasomye icyemezo cyarwo kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022, rwemeza ko Uwineza Janvier ahamwa n’icyaha cyo kwica biturutse ku bushake, rumukatira gufungwa burundu.

Ubwo Umucamanza yasomaga iki cyemezo, yagarutse ku byaburanyweho mu rubanza rwabereye mu ruhame imbere y’imbaga y’abaturage, avuga ko uregwa yakoze kiriya cyaha cy’ubwicanyi ku bushake kuko yagiye kuzana umuhoro mu rugo agamije kwica nyakwigendera.

Umucamanza wagaragaje ingingo yo mu itegeko ryerekeye ibimenyetso n’itangwa ryabyo, yagize ati “Urukiko rurasanga Uwineza Janvier nta kimenyetso yatanze mu rukiko kivuguruza ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha byerekana ko atakoze icyaha aregwa ahubwo Urukiko rusanga icyaha aregwa yaragikoze.”

Umucamanza yakomeje agira ati “Rwemeje ko Uwineza ahamwa n’icyaha cy’ubwicanyi bututse ku bushake; ruhanishije Uwineza igihano cy’igifungo cya burundu.”

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwari bwagaragarije Urukiko ko uregwa yakoranye iki cyaha ubugome ndengakamere bwo kwica uyu murumuna we wo kwa se wabo, akamutema inshuro zirenze imwe akoresheje umuhoro.

Bwari bwasabye Urukiko guhamya uyu mugabo icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake, rukamukatira gufungwa burundu.

Uregwa we yireguraga yemera ko yatemye nyakwigendera koko ariko ko atari yabigambiriye ahubwo ko yabitewe n’uburwayi afite bwo mu mutwe ndetse n’ubusinzi bw’inzoga yari yanyoye, agasaba Umucamaza kumugirira ikigongwe.

Gusa Ubushinjacyaha bwavugaga ko icyemezo cyari cyagaragajwe n’uregwa ko arwaye mu mutwe kitatanzwe na muganga ubifitiye ububasha ahubwo ko ari icyemezo cy’uburwayi busanzwe.

Umushinjacyaha kandi yavugaga ko ibyatangazwaga n’uregwa ko ibyo yakoze yabitewe n’ubusinzi n’umujinya bitari mu mpamvu nyoroshyacyaha ahubwo ko byaba ari impamvu zikomeza icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Next Post

Ukraine yatangaje inkuru nziza ku Munyarwanda ufite ubwenegihugu bwa America wari ufunzwe n’u Burusiya

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yatangaje inkuru nziza ku Munyarwanda ufite ubwenegihugu bwa America wari ufunzwe n’u Burusiya

Ukraine yatangaje inkuru nziza ku Munyarwanda ufite ubwenegihugu bwa America wari ufunzwe n’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.