Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma wari ukurikiranyweho kwica murumuna we wo kwa Se wabo akamuca umutwe bapfuye igiceri cya 100Frw, akisobanura avuga ko asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe, yahamijwe icyaha cyo kwica biturutse ku bushake, akatirwa gufungwa burundu.

Uwineza Janvier wo mu Mudugudu wa Nyakagezi mu Kagari ka Birenga mu Murenge wa Kazo, yari ukurikiranyweho kwica murumuna we wo kwa Se wabo witwa Ntacyobazi bapfuye 100 Frw ubwo bakinaga urusimbi ruzwi nk’ikiryabarezi ndetse bari biriwe basangira inzoga.

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwaburanishije uru rubanza rwabaye mu cyumweru gishize twakurikiranye nka RADIOTV10, rwasomye icyemezo cyarwo kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022, rwemeza ko Uwineza Janvier ahamwa n’icyaha cyo kwica biturutse ku bushake, rumukatira gufungwa burundu.

Ubwo Umucamanza yasomaga iki cyemezo, yagarutse ku byaburanyweho mu rubanza rwabereye mu ruhame imbere y’imbaga y’abaturage, avuga ko uregwa yakoze kiriya cyaha cy’ubwicanyi ku bushake kuko yagiye kuzana umuhoro mu rugo agamije kwica nyakwigendera.

Umucamanza wagaragaje ingingo yo mu itegeko ryerekeye ibimenyetso n’itangwa ryabyo, yagize ati “Urukiko rurasanga Uwineza Janvier nta kimenyetso yatanze mu rukiko kivuguruza ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha byerekana ko atakoze icyaha aregwa ahubwo Urukiko rusanga icyaha aregwa yaragikoze.”

Umucamanza yakomeje agira ati “Rwemeje ko Uwineza ahamwa n’icyaha cy’ubwicanyi bututse ku bushake; ruhanishije Uwineza igihano cy’igifungo cya burundu.”

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwari bwagaragarije Urukiko ko uregwa yakoranye iki cyaha ubugome ndengakamere bwo kwica uyu murumuna we wo kwa se wabo, akamutema inshuro zirenze imwe akoresheje umuhoro.

Bwari bwasabye Urukiko guhamya uyu mugabo icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake, rukamukatira gufungwa burundu.

Uregwa we yireguraga yemera ko yatemye nyakwigendera koko ariko ko atari yabigambiriye ahubwo ko yabitewe n’uburwayi afite bwo mu mutwe ndetse n’ubusinzi bw’inzoga yari yanyoye, agasaba Umucamaza kumugirira ikigongwe.

Gusa Ubushinjacyaha bwavugaga ko icyemezo cyari cyagaragajwe n’uregwa ko arwaye mu mutwe kitatanzwe na muganga ubifitiye ububasha ahubwo ko ari icyemezo cy’uburwayi busanzwe.

Umushinjacyaha kandi yavugaga ko ibyatangazwaga n’uregwa ko ibyo yakoze yabitewe n’ubusinzi n’umujinya bitari mu mpamvu nyoroshyacyaha ahubwo ko byaba ari impamvu zikomeza icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =

Previous Post

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Next Post

Ukraine yatangaje inkuru nziza ku Munyarwanda ufite ubwenegihugu bwa America wari ufunzwe n’u Burusiya

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yatangaje inkuru nziza ku Munyarwanda ufite ubwenegihugu bwa America wari ufunzwe n’u Burusiya

Ukraine yatangaje inkuru nziza ku Munyarwanda ufite ubwenegihugu bwa America wari ufunzwe n’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.