Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye imyanzuro yafatiwe mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye imyanzuro yafatiwe mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yitabiriwe n’abarimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, mu gihe Tshisekedi wa DRC yari ahagarariwe, yafatiwemo imyanzuro irimo kongerera igihe ingabo za EAC ziri muri Congo.

Iyi Nteko idaanzwe ya 22 y’abakuru b’Ibihugu bya EAC, yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri 2023, yitabiriwe kandi na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, Salva Kiir Mayardif wa Sudani y’Epfo, Dr William Ruto wa Kenya.

Iyi nama kandi yarimo Perezida Madamu Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, mu gihe Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe wa mbere wungirije, Madamu Rebecca Alitwala Kadaga.

Perezida Felix Thisekesi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na we yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe, Michel Sama Lukonde.

 

Ingabo za EAC zongerewe amezi atatu

Itangazo dukesha Ubunyamabanga Bukuru bwa EAC ryasohotse mu masaha akuze yo mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, r’imyanzuro yafatiwe muri iyi nama, rivuga ko Abakuru b’Ibihugu bibukiranyije ibyagezweho n’Ingabo za EAC zoherejwe mu butumwa mu Burasirazuba bwa DRC.

Nanone kandi Abakuru b’Ibihugu bibukiranyije ko manda y’izi ngabo izarangira tariki 08 z’uku kwezi kwa Nzeri 2023.

Banashimye kandi umusanzu wa Miliyoni 2 USD watanzwe na Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gushyigikira ubutumwa bw’izi ngabo (EACRF).

Ingingo ya gatatu y’iyi myanzuro, igira iti “Abakuru b’Ibihugu bemeranyijwe kongerera igihe cya manda ya EACRF, ubundi igihe cyemeranyijwe cy’izi ngabo kikongerwaho amezi atatu uhereye tariki 09 Nzeri 2023 kugeza ku ya 08 Ukuboza 2023. Mu gihe hazaba hagitegerejwe raporo y’inama y’Abaminisitiri.”

Izi ngabo za EAC zongerewe igihe, mu gihe mu minsi micye ishize i Goma muri DRC, haherutse kuba imyigaragambyo ikarishye y’abazamaganaga, yanaguyemo abasivile barenga 43.

Nanone kandi Abakuru b’Ibihugu bya EAC bashimiye Perezida Felix Thisekedi ku muhate we mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ndetse no ku bushake bwa Perezida Evariste Ndayishimiye uyoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bya EAC na we ku muhate agaragaza mu gushaka umuti w’ibi bibazo.

Perezida Kagame yitabiriye iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 5 =

Previous Post

Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Next Post

Nyamagabe: Barikanga ibiza bidasanzwe byabasiga mu bwigunge ubugirakaribi

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Barikanga ibiza bidasanzwe byabasiga mu bwigunge ubugirakaribi

Nyamagabe: Barikanga ibiza bidasanzwe byabasiga mu bwigunge ubugirakaribi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.