Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye imyanzuro yafatiwe mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye imyanzuro yafatiwe mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yitabiriwe n’abarimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, mu gihe Tshisekedi wa DRC yari ahagarariwe, yafatiwemo imyanzuro irimo kongerera igihe ingabo za EAC ziri muri Congo.

Iyi Nteko idaanzwe ya 22 y’abakuru b’Ibihugu bya EAC, yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri 2023, yitabiriwe kandi na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, Salva Kiir Mayardif wa Sudani y’Epfo, Dr William Ruto wa Kenya.

Iyi nama kandi yarimo Perezida Madamu Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, mu gihe Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe wa mbere wungirije, Madamu Rebecca Alitwala Kadaga.

Perezida Felix Thisekesi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na we yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe, Michel Sama Lukonde.

 

Ingabo za EAC zongerewe amezi atatu

Itangazo dukesha Ubunyamabanga Bukuru bwa EAC ryasohotse mu masaha akuze yo mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, r’imyanzuro yafatiwe muri iyi nama, rivuga ko Abakuru b’Ibihugu bibukiranyije ibyagezweho n’Ingabo za EAC zoherejwe mu butumwa mu Burasirazuba bwa DRC.

Nanone kandi Abakuru b’Ibihugu bibukiranyije ko manda y’izi ngabo izarangira tariki 08 z’uku kwezi kwa Nzeri 2023.

Banashimye kandi umusanzu wa Miliyoni 2 USD watanzwe na Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gushyigikira ubutumwa bw’izi ngabo (EACRF).

Ingingo ya gatatu y’iyi myanzuro, igira iti “Abakuru b’Ibihugu bemeranyijwe kongerera igihe cya manda ya EACRF, ubundi igihe cyemeranyijwe cy’izi ngabo kikongerwaho amezi atatu uhereye tariki 09 Nzeri 2023 kugeza ku ya 08 Ukuboza 2023. Mu gihe hazaba hagitegerejwe raporo y’inama y’Abaminisitiri.”

Izi ngabo za EAC zongerewe igihe, mu gihe mu minsi micye ishize i Goma muri DRC, haherutse kuba imyigaragambyo ikarishye y’abazamaganaga, yanaguyemo abasivile barenga 43.

Nanone kandi Abakuru b’Ibihugu bya EAC bashimiye Perezida Felix Thisekedi ku muhate we mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ndetse no ku bushake bwa Perezida Evariste Ndayishimiye uyoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bya EAC na we ku muhate agaragaza mu gushaka umuti w’ibi bibazo.

Perezida Kagame yitabiriye iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 10 =

Previous Post

Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Next Post

Nyamagabe: Barikanga ibiza bidasanzwe byabasiga mu bwigunge ubugirakaribi

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Barikanga ibiza bidasanzwe byabasiga mu bwigunge ubugirakaribi

Nyamagabe: Barikanga ibiza bidasanzwe byabasiga mu bwigunge ubugirakaribi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.