Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanye inkuru y’Abanyarwanda baherutse gufungirwa i Burundi n’icyabiteye

radiotv10by radiotv10
03/01/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hamenyekanye inkuru y’Abanyarwanda baherutse gufungirwa i Burundi n’icyabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Abari baherekeje umuhanzi Chris Eazy mu Gihugu cy’i Burundi aherutse gukoreramo igitaramo, byamenyekanye ko bafungiwe muri iki Gihugu by’igihe gito, bakarekurwa babanje guhatwa ibibazo.

Aba bafungiwe mu Burundi mu cyumweru gishize, ku Cyumweru tariki 31 Ukuboza 2023 ku munsi wagombaga n’ubundi kuberaho igitaramo cy’uyu muhanzi Chris Eazy uri mu bagezweho mu Rwanda no mu Burundi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe, avuga ko abatawe muri yombi, ari abari baherekeje uyu muhanzi bose, bari baraye mu rugo rw’umuhanzi wo mu Burundi witwa Alvin Smith.

Aba bantu bari bageze mu rugo rw’uyu muhanzi ku wa Gatandatu tariki 30 Ukuboza 2023, mu gitondo cy’umunsi wakurikiyeho, baje gushakishwa n’inzego z’umutekano mu Burundi zari zahawe amakuru ko hari Abanyarwanda baraye mu rugo rw’uwo muhanzi.

Izo nzego zazindukiye mu rugo rwa Alvin Smith zahahuriye n’abandi bari bajyanye na Chris Eazy barimo umujyanama we Junior Giti; bo bari baraye kuri Hoteli yari yarayemo uyu muhanzi w’Umunyarwanda, ubundi zibaka ibyagombwa bose.

Izo nzego zahise zitangira guhata ibibazo uwo muhanzi w’Umurundi wari wacumbikiye abo Banyarwanda, zimubaza impamvu atamenyesheje inzego z’ibanze ko hari abashyitsi baje nk’uko bisanzwe biri mu mabwiriza yo muri iki Gihugu.

Uyu muhanzi w’Umurundi yasobanuriye inzego ko yari kubikora muri icyo gitondo ngo kuko abo Banyarwanda bari bageze iwe bwije ntabone uko ajya kubamenyekanisha ku nzego.

Abari bamaze gufatwa bose bajyanywe ku biro by’urwego rukora iperereza, ubundi bahatwa ibibazo ndetse babanza kubuzwa kwidegembya mu gihe cy’amasaha ane.

Ibi byabaye mu gihe muri icyo cyumweru, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yari yashinje u Rwanda kuba rufasha abahungabanya umutekano w’Igihugu cye cy’u Burundi, ndetse aca amarenga ko gishobora kongera gufata ingamba zirimo no kongera gufunga umupaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Icyo RDF ivuga kuri Tshisekedi wumvikanye nk’uwishongora ko gutera u Rwanda byamworohera

Next Post

FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.