• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanye inkuru y’Abanyarwanda baherutse gufungirwa i Burundi n’icyabiteye

radiotv10by radiotv10
03/01/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hamenyekanye inkuru y’Abanyarwanda baherutse gufungirwa i Burundi n’icyabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Abari baherekeje umuhanzi Chris Eazy mu Gihugu cy’i Burundi aherutse gukoreramo igitaramo, byamenyekanye ko bafungiwe muri iki Gihugu by’igihe gito, bakarekurwa babanje guhatwa ibibazo.

Aba bafungiwe mu Burundi mu cyumweru gishize, ku Cyumweru tariki 31 Ukuboza 2023 ku munsi wagombaga n’ubundi kuberaho igitaramo cy’uyu muhanzi Chris Eazy uri mu bagezweho mu Rwanda no mu Burundi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe, avuga ko abatawe muri yombi, ari abari baherekeje uyu muhanzi bose, bari baraye mu rugo rw’umuhanzi wo mu Burundi witwa Alvin Smith.

Aba bantu bari bageze mu rugo rw’uyu muhanzi ku wa Gatandatu tariki 30 Ukuboza 2023, mu gitondo cy’umunsi wakurikiyeho, baje gushakishwa n’inzego z’umutekano mu Burundi zari zahawe amakuru ko hari Abanyarwanda baraye mu rugo rw’uwo muhanzi.

Izo nzego zazindukiye mu rugo rwa Alvin Smith zahahuriye n’abandi bari bajyanye na Chris Eazy barimo umujyanama we Junior Giti; bo bari baraye kuri Hoteli yari yarayemo uyu muhanzi w’Umunyarwanda, ubundi zibaka ibyagombwa bose.

Izo nzego zahise zitangira guhata ibibazo uwo muhanzi w’Umurundi wari wacumbikiye abo Banyarwanda, zimubaza impamvu atamenyesheje inzego z’ibanze ko hari abashyitsi baje nk’uko bisanzwe biri mu mabwiriza yo muri iki Gihugu.

Uyu muhanzi w’Umurundi yasobanuriye inzego ko yari kubikora muri icyo gitondo ngo kuko abo Banyarwanda bari bageze iwe bwije ntabone uko ajya kubamenyekanisha ku nzego.

Abari bamaze gufatwa bose bajyanywe ku biro by’urwego rukora iperereza, ubundi bahatwa ibibazo ndetse babanza kubuzwa kwidegembya mu gihe cy’amasaha ane.

Ibi byabaye mu gihe muri icyo cyumweru, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yari yashinje u Rwanda kuba rufasha abahungabanya umutekano w’Igihugu cye cy’u Burundi, ndetse aca amarenga ko gishobora kongera gufata ingamba zirimo no kongera gufunga umupaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Icyo RDF ivuga kuri Tshisekedi wumvikanye nk’uwishongora ko gutera u Rwanda byamworohera

Next Post

FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.