Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanye inkuru y’Abanyarwanda baherutse gufungirwa i Burundi n’icyabiteye

radiotv10by radiotv10
03/01/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hamenyekanye inkuru y’Abanyarwanda baherutse gufungirwa i Burundi n’icyabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Abari baherekeje umuhanzi Chris Eazy mu Gihugu cy’i Burundi aherutse gukoreramo igitaramo, byamenyekanye ko bafungiwe muri iki Gihugu by’igihe gito, bakarekurwa babanje guhatwa ibibazo.

Aba bafungiwe mu Burundi mu cyumweru gishize, ku Cyumweru tariki 31 Ukuboza 2023 ku munsi wagombaga n’ubundi kuberaho igitaramo cy’uyu muhanzi Chris Eazy uri mu bagezweho mu Rwanda no mu Burundi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe, avuga ko abatawe muri yombi, ari abari baherekeje uyu muhanzi bose, bari baraye mu rugo rw’umuhanzi wo mu Burundi witwa Alvin Smith.

Aba bantu bari bageze mu rugo rw’uyu muhanzi ku wa Gatandatu tariki 30 Ukuboza 2023, mu gitondo cy’umunsi wakurikiyeho, baje gushakishwa n’inzego z’umutekano mu Burundi zari zahawe amakuru ko hari Abanyarwanda baraye mu rugo rw’uwo muhanzi.

Izo nzego zazindukiye mu rugo rwa Alvin Smith zahahuriye n’abandi bari bajyanye na Chris Eazy barimo umujyanama we Junior Giti; bo bari baraye kuri Hoteli yari yarayemo uyu muhanzi w’Umunyarwanda, ubundi zibaka ibyagombwa bose.

Izo nzego zahise zitangira guhata ibibazo uwo muhanzi w’Umurundi wari wacumbikiye abo Banyarwanda, zimubaza impamvu atamenyesheje inzego z’ibanze ko hari abashyitsi baje nk’uko bisanzwe biri mu mabwiriza yo muri iki Gihugu.

Uyu muhanzi w’Umurundi yasobanuriye inzego ko yari kubikora muri icyo gitondo ngo kuko abo Banyarwanda bari bageze iwe bwije ntabone uko ajya kubamenyekanisha ku nzego.

Abari bamaze gufatwa bose bajyanywe ku biro by’urwego rukora iperereza, ubundi bahatwa ibibazo ndetse babanza kubuzwa kwidegembya mu gihe cy’amasaha ane.

Ibi byabaye mu gihe muri icyo cyumweru, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yari yashinje u Rwanda kuba rufasha abahungabanya umutekano w’Igihugu cye cy’u Burundi, ndetse aca amarenga ko gishobora kongera gufata ingamba zirimo no kongera gufunga umupaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 15 =

Previous Post

Icyo RDF ivuga kuri Tshisekedi wumvikanye nk’uwishongora ko gutera u Rwanda byamworohera

Next Post

FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.