Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye irindi Torero mu Rwanda ryafunzwe burundu n’impamvu

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in MU RWANDA
0
Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bugenzuzi bumaze igihe bukorerwa amadini n’amatorero, Itorero ‘Ebenezer Rwanda’ ryahagaritswe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, nyuma y’uko rigaragayemo ibibazo birimo amakimbirane, no kuba ridafite icyerekezo gifatika.

Ifungwa ry’iri Torero Ebenezer Rwanda ryamenyeshejwe Umuyobozi Wungirije waryo, Nyinawumuntu Chantal mu ibaruwa yandikiwe na RGB.

Ni nyuma y’uko uru Rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere rumaze iminsi rukora ubugenzuzi ku madini n’amatorero, kugira ngo harebwe niba iyi miryango y’imyemerere yujuje ibyo isabwa, birimo kugira inzego z’imiyoborere, inyigisho zitangirwamo, ndetse n’ibijyanye n’imyubakire.

Mu ibaruwa ya RGB yandikiwe ubuyobozi bw’iri Torero, uru Rwego ruvuga ko iri Torero ryagiye rigaragaramo ibibazo binyuranye birimo ibyigeze kuvugwa byo gushaka kugurisha urusengero rwaryo byari bigiye gukorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Iri Torero kandi rivugwamo amakimbirane ari muri bamwe mu bayobozi n’abakristu baryo, ndetse yakomeje kugenda azamuka uko ibihe byagiye bitambuka.

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere rugaragaza zimwe mu ngero z’ibi bibazo byatutumbaga muri iri Torero, aho nk’amashami ya Giheka na Kanombe, havuzwemo ibibazo bikomeye, bigatuma inzego z’umutekano zibyinjiramo zikabihosha.

Hanagaragazwa ko uwabaye Umuyobozi w’Inzibacyuho w’iri Torero yigeze gukoresha abatekamutwe, bakiyitirira inzego zikomeye mu Gihugu nk’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, bakaza bavuga ko baje gushaka umuti w’ibibazo biri muri iri Torero.

Nanone kandi RGB yasanze abayobozi b’iri Torero, badafite ubumenyi n’impamyabushobozi mu masomo y’iyobokamana, bigomba kuba byujujwe n’abari ku rwego rw’ubuyobozi mu madini n’amatorero.

Ku bw’ibi bibazo byose, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, mu ibaruwa rwanditse tariki 27 Nyakanga 2024, rwamenyesheje iri Torero ko rihagaritswe kuva igihe ryabimenyesherejwe.

Nanone kandi muri ubu bugenzuzi, Itorero ‘Umuriro wa Pentekote mu Rwanda’ na ryo ryafunzwe nyuma y’uko RGB irisanzemo ibibazo byinshi byari bikomeje gufata intera, birimo amacakubiri n’amakimbirane yari amaze kuba urudaca mu Bakirisitu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 5 =

Previous Post

Uburyo wagabanya ibilo byihuse udakoze siporo nawe ukagira ikimero kikunogeye

Next Post

Menya akayabo kazatangwa ku mukinnyi ngenderwaho w’ikipe ya mbere mu Bwongereza

Related Posts

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

IZIHERUKA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World
IMIBEREHO MYIZA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya akayabo kazatangwa ku mukinnyi ngenderwaho w’ikipe ya mbere mu Bwongereza

Menya akayabo kazatangwa ku mukinnyi ngenderwaho w'ikipe ya mbere mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.