Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwatangaje ko bwamaze kuregera Urukiko dosiye y’ikirego kiregwamo Bamporiki Edouard ukurikiranyweho kwaka indonke, bunatangaza itariki izaburanishirizwaho.

Muri iki cyumweru, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko dosiye y’Ikirego kiregwamo Edouard Bamporiki wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uru rwego rwashyikirije Ubushinjacyaha iyi dosiye tariki Indwi Nyakanga 2022.

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeye ko bwakiriye iyi dosiye tariki 08 Nyakanga 2022, ndetse na bwo bagakora iperereza, bukaba bwaramaze kuregera Urukiko.

Faustin Nkusi, Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, yavuze ko dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Bamporiki Edouard, yaregewe Urukiko tariki 24 Kanama 2022.

Ati “Izaburanishwa mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki ya 16 Nzeri 2022.”

Mu cyumweru gishize ubwo Perezida Paul Kagame yaganiraga n’abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke gakomokamo Bamporiki Edouard, yagarutse ku bayobozi baka ruswa abaturage, avuga ko bidakwiye.

Umukuru w’u Rwanda yabwiye abaturage ko n’abo bayobozi baka ruswa iyo bamaze gutahurwa, bagira ubwoba bwinshi, abasaba ko na bo badakwiye kugira uwo baha bitugukwaha.

Nyuma y’umunsi umwe RIB itangaje ko akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibifitanye isano na yo ndetse akanahagarikwa muri Guverinoma y’u Rwanda, Bamporiki yanditse ubutumwa kuri Twitter, yemera icyaha ndetse asaba imbabazi Perezida Paul Kagame.

Icyo gihe yari yagize ati “Narahemutse. Umutima wanze kumpa amahwemo. Bavandimwe, Nshuti zanjye, namwe abankurikira kuri uru rubuga, nakoze icyaha cyo kwakira indonke. Nkaba ntafite irindi jambo navuga usibye kubasaba mwese imbabazi. Ndatakambye.”

Perezida Kagame wasubije umwe mu batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa, yavuze ko bitumvikana kuba umuntu yahora asaba imbabazi ku bibi yakoze kandi ko ari ko Bamporiki ameze kimwe n’abandi bamwe.

Perezida Kagame yagize ati “Umuntu wese yakora icyaha ariko no kucyirinda birashoboka. Guhanwa na byo birafasha.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seven =

Previous Post

Uwavugiye imbere ya Perezida Kagame amakuru anyuranye n’ukuri yatawe muri yombi

Next Post

Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.