Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yatunguwe no kuba Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yahinduye imvugo ku bibazo byo muri Congo, nyamara inzego nkuru z’ubutasi bw’iki Gihugu zari zaratangiye guhuza u Rwanda na DRC.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, nyuma y’uko hasohowe itangazo rivuga ko u Rwanda rwatunguwe n’iryasohowe na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America tariki 17 Gashyantare 2024, rigaragaramo kwivuguruza ku byabanje gutangazwa n’iki Gihugu.

Muri iryo tangazo rya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yasabye u Rwanda gukura ingabo zarwo muri Congo, mu gihe rutahwemye kuvuga ko ntazo rufiteyo.

Leta Zunze Ubumwe za America kandi yari iherutse gusaba Guverinoma ya DRC n’iy’u Rwanda, gukura abasirikare ku mipaka y’Ibihugu byombi, byari biteye impungenge ko bishobora kuzamura intambara, kandi Ibihugu byombi bikayoboka inzira z’ibiganiro.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryagiye hanze ku ya 18 Gashyantare 2024, yavuze ko iki Gihugu gikomeje kwirengagiza no kwivuguruza kuri ibi bibazo byo muri Congo.

Iri tangazo rigaruka ku byatangajwe na Guverinoma ya USA tariki 17 Gashyantare, rivuga ko “ryirengagiza nkana ibimenyetso bigaragara byose, kandi rikavuguruzanya, mu buryo bwose, na gahunda yari yaratangijwe n’Ibiro bya Amerika by’Ubutasi mu Gushyingo 2023, yari yatanze umurongo mwiza wo guhosha amakimbirane.”

Rikomeza rigira riti “U Rwanda ruzasaba ibisobanuro Guverinoma ya U.S kugira ngo hamenyekane neza niba ririya tangazo risobanuye ukwisubiraho ku murongo iki gihugu cyari gifite, cyangwa se ari ukuba inzego zitarahanye amakuru nk’uko bikwiye.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko ubutasi bwa USA bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo, ndetse ko “yari yatangiye gushyirwa mu bikorwa, none uyu munsi hajeho indi mvugo, ese ni ukwirengagiza ibimenyetso biba bihari u Rwanda na rwo ruba rwagaragaje?”

Yakomeje agira ati “Niba se atari ukwirengagiza ni ukwivuguruza. Niba uvuze uti ‘njyewe nk’umuhuza dushyizeho abantu bo mu nzego nkuru z’ubutasi mugende muhure n’abo muri Guverinoma ya Congo, muhure na Guverinoma y’u Rwanda’, barahuye byaratangajwe, hari n’inama batanze, bati ‘ese mwagabanyije ingabo ku mipaka’ […] uyu munsi noneho ukazana indi mvugo ihabanye n’ibyo bikorwa byakorwaga. Ni ho u Rwanda rwibaza ‘ese ni ukwirengagiza, ni ukwivuguruza?’…”

Mukuralinda avuga ko kugeza ubu u Rwanda na rwo rukiri mu rujijo, rutazi uko Leta Zunze Ubumwe za America zibona ibibazo byo muri Congo, nyuma y’imvugo zivuguruzanya zitangaje, ari na yo mpamvu ruzayisaba ibisobanuro.

Avuga ko izi mvugo za Leta Zunze Ubumwe za America zidateye u Rwanda impungenge mu gihe rutaramenya impamvu iki Gihugu kiri kubikora.

Ati “Byatera impungenge mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ibajije ugasanga koko harimo kwivuguruza, kuko kwivuguruza […] no mu itangazo babivuze, ese ni inzego zitavuganye […] ni yo mpamvu navuze nti reka tubanze tubabaze, kuko inzego zishobora kudahana amakuru hagasohoka imvugo eshatu zitandukanye. Nibabyemeza bose bakavuga bati ‘nyamara ibyo twari twavuze cya gihe tubihuriyeho turabyemera’ aho ni bwo wavuga uti biteye impungenge.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko n’iyo ibi byateye urujijo bizahurizwaho n’inzego za USA, nabwo hazakurikiraho gufata izindi ngamba, kuko “ingamba ntizirashira.”

Mu Gushyingo Avril Haines ukuriye ubutasi bwa America yari yakiriwe na Perezida Tshisekedi
Icyo gihe yari yabanje guhura na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + six =

Previous Post

TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

Next Post

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w'Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.