Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yatunguwe no kuba Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yahinduye imvugo ku bibazo byo muri Congo, nyamara inzego nkuru z’ubutasi bw’iki Gihugu zari zaratangiye guhuza u Rwanda na DRC.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, nyuma y’uko hasohowe itangazo rivuga ko u Rwanda rwatunguwe n’iryasohowe na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America tariki 17 Gashyantare 2024, rigaragaramo kwivuguruza ku byabanje gutangazwa n’iki Gihugu.

Muri iryo tangazo rya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yasabye u Rwanda gukura ingabo zarwo muri Congo, mu gihe rutahwemye kuvuga ko ntazo rufiteyo.

Leta Zunze Ubumwe za America kandi yari iherutse gusaba Guverinoma ya DRC n’iy’u Rwanda, gukura abasirikare ku mipaka y’Ibihugu byombi, byari biteye impungenge ko bishobora kuzamura intambara, kandi Ibihugu byombi bikayoboka inzira z’ibiganiro.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryagiye hanze ku ya 18 Gashyantare 2024, yavuze ko iki Gihugu gikomeje kwirengagiza no kwivuguruza kuri ibi bibazo byo muri Congo.

Iri tangazo rigaruka ku byatangajwe na Guverinoma ya USA tariki 17 Gashyantare, rivuga ko “ryirengagiza nkana ibimenyetso bigaragara byose, kandi rikavuguruzanya, mu buryo bwose, na gahunda yari yaratangijwe n’Ibiro bya Amerika by’Ubutasi mu Gushyingo 2023, yari yatanze umurongo mwiza wo guhosha amakimbirane.”

Rikomeza rigira riti “U Rwanda ruzasaba ibisobanuro Guverinoma ya U.S kugira ngo hamenyekane neza niba ririya tangazo risobanuye ukwisubiraho ku murongo iki gihugu cyari gifite, cyangwa se ari ukuba inzego zitarahanye amakuru nk’uko bikwiye.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko ubutasi bwa USA bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo, ndetse ko “yari yatangiye gushyirwa mu bikorwa, none uyu munsi hajeho indi mvugo, ese ni ukwirengagiza ibimenyetso biba bihari u Rwanda na rwo ruba rwagaragaje?”

Yakomeje agira ati “Niba se atari ukwirengagiza ni ukwivuguruza. Niba uvuze uti ‘njyewe nk’umuhuza dushyizeho abantu bo mu nzego nkuru z’ubutasi mugende muhure n’abo muri Guverinoma ya Congo, muhure na Guverinoma y’u Rwanda’, barahuye byaratangajwe, hari n’inama batanze, bati ‘ese mwagabanyije ingabo ku mipaka’ […] uyu munsi noneho ukazana indi mvugo ihabanye n’ibyo bikorwa byakorwaga. Ni ho u Rwanda rwibaza ‘ese ni ukwirengagiza, ni ukwivuguruza?’…”

Mukuralinda avuga ko kugeza ubu u Rwanda na rwo rukiri mu rujijo, rutazi uko Leta Zunze Ubumwe za America zibona ibibazo byo muri Congo, nyuma y’imvugo zivuguruzanya zitangaje, ari na yo mpamvu ruzayisaba ibisobanuro.

Avuga ko izi mvugo za Leta Zunze Ubumwe za America zidateye u Rwanda impungenge mu gihe rutaramenya impamvu iki Gihugu kiri kubikora.

Ati “Byatera impungenge mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ibajije ugasanga koko harimo kwivuguruza, kuko kwivuguruza […] no mu itangazo babivuze, ese ni inzego zitavuganye […] ni yo mpamvu navuze nti reka tubanze tubabaze, kuko inzego zishobora kudahana amakuru hagasohoka imvugo eshatu zitandukanye. Nibabyemeza bose bakavuga bati ‘nyamara ibyo twari twavuze cya gihe tubihuriyeho turabyemera’ aho ni bwo wavuga uti biteye impungenge.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko n’iyo ibi byateye urujijo bizahurizwaho n’inzego za USA, nabwo hazakurikiraho gufata izindi ngamba, kuko “ingamba ntizirashira.”

Mu Gushyingo Avril Haines ukuriye ubutasi bwa America yari yakiriwe na Perezida Tshisekedi
Icyo gihe yari yabanje guhura na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

Next Post

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Related Posts

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo
AMAHANGA

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w'Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.