Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yatunguwe no kuba Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yahinduye imvugo ku bibazo byo muri Congo, nyamara inzego nkuru z’ubutasi bw’iki Gihugu zari zaratangiye guhuza u Rwanda na DRC.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, nyuma y’uko hasohowe itangazo rivuga ko u Rwanda rwatunguwe n’iryasohowe na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America tariki 17 Gashyantare 2024, rigaragaramo kwivuguruza ku byabanje gutangazwa n’iki Gihugu.

Muri iryo tangazo rya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yasabye u Rwanda gukura ingabo zarwo muri Congo, mu gihe rutahwemye kuvuga ko ntazo rufiteyo.

Leta Zunze Ubumwe za America kandi yari iherutse gusaba Guverinoma ya DRC n’iy’u Rwanda, gukura abasirikare ku mipaka y’Ibihugu byombi, byari biteye impungenge ko bishobora kuzamura intambara, kandi Ibihugu byombi bikayoboka inzira z’ibiganiro.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryagiye hanze ku ya 18 Gashyantare 2024, yavuze ko iki Gihugu gikomeje kwirengagiza no kwivuguruza kuri ibi bibazo byo muri Congo.

Iri tangazo rigaruka ku byatangajwe na Guverinoma ya USA tariki 17 Gashyantare, rivuga ko “ryirengagiza nkana ibimenyetso bigaragara byose, kandi rikavuguruzanya, mu buryo bwose, na gahunda yari yaratangijwe n’Ibiro bya Amerika by’Ubutasi mu Gushyingo 2023, yari yatanze umurongo mwiza wo guhosha amakimbirane.”

Rikomeza rigira riti “U Rwanda ruzasaba ibisobanuro Guverinoma ya U.S kugira ngo hamenyekane neza niba ririya tangazo risobanuye ukwisubiraho ku murongo iki gihugu cyari gifite, cyangwa se ari ukuba inzego zitarahanye amakuru nk’uko bikwiye.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko ubutasi bwa USA bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo, ndetse ko “yari yatangiye gushyirwa mu bikorwa, none uyu munsi hajeho indi mvugo, ese ni ukwirengagiza ibimenyetso biba bihari u Rwanda na rwo ruba rwagaragaje?”

Yakomeje agira ati “Niba se atari ukwirengagiza ni ukwivuguruza. Niba uvuze uti ‘njyewe nk’umuhuza dushyizeho abantu bo mu nzego nkuru z’ubutasi mugende muhure n’abo muri Guverinoma ya Congo, muhure na Guverinoma y’u Rwanda’, barahuye byaratangajwe, hari n’inama batanze, bati ‘ese mwagabanyije ingabo ku mipaka’ […] uyu munsi noneho ukazana indi mvugo ihabanye n’ibyo bikorwa byakorwaga. Ni ho u Rwanda rwibaza ‘ese ni ukwirengagiza, ni ukwivuguruza?’…”

Mukuralinda avuga ko kugeza ubu u Rwanda na rwo rukiri mu rujijo, rutazi uko Leta Zunze Ubumwe za America zibona ibibazo byo muri Congo, nyuma y’imvugo zivuguruzanya zitangaje, ari na yo mpamvu ruzayisaba ibisobanuro.

Avuga ko izi mvugo za Leta Zunze Ubumwe za America zidateye u Rwanda impungenge mu gihe rutaramenya impamvu iki Gihugu kiri kubikora.

Ati “Byatera impungenge mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ibajije ugasanga koko harimo kwivuguruza, kuko kwivuguruza […] no mu itangazo babivuze, ese ni inzego zitavuganye […] ni yo mpamvu navuze nti reka tubanze tubabaze, kuko inzego zishobora kudahana amakuru hagasohoka imvugo eshatu zitandukanye. Nibabyemeza bose bakavuga bati ‘nyamara ibyo twari twavuze cya gihe tubihuriyeho turabyemera’ aho ni bwo wavuga uti biteye impungenge.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko n’iyo ibi byateye urujijo bizahurizwaho n’inzego za USA, nabwo hazakurikiraho gufata izindi ngamba, kuko “ingamba ntizirashira.”

Mu Gushyingo Avril Haines ukuriye ubutasi bwa America yari yakiriwe na Perezida Tshisekedi
Icyo gihe yari yabanje guhura na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + sixteen =

Previous Post

TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

Next Post

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w'Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.