Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yatunguwe no kuba Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yahinduye imvugo ku bibazo byo muri Congo, nyamara inzego nkuru z’ubutasi bw’iki Gihugu zari zaratangiye guhuza u Rwanda na DRC.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, nyuma y’uko hasohowe itangazo rivuga ko u Rwanda rwatunguwe n’iryasohowe na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America tariki 17 Gashyantare 2024, rigaragaramo kwivuguruza ku byabanje gutangazwa n’iki Gihugu.

Muri iryo tangazo rya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yasabye u Rwanda gukura ingabo zarwo muri Congo, mu gihe rutahwemye kuvuga ko ntazo rufiteyo.

Leta Zunze Ubumwe za America kandi yari iherutse gusaba Guverinoma ya DRC n’iy’u Rwanda, gukura abasirikare ku mipaka y’Ibihugu byombi, byari biteye impungenge ko bishobora kuzamura intambara, kandi Ibihugu byombi bikayoboka inzira z’ibiganiro.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryagiye hanze ku ya 18 Gashyantare 2024, yavuze ko iki Gihugu gikomeje kwirengagiza no kwivuguruza kuri ibi bibazo byo muri Congo.

Iri tangazo rigaruka ku byatangajwe na Guverinoma ya USA tariki 17 Gashyantare, rivuga ko “ryirengagiza nkana ibimenyetso bigaragara byose, kandi rikavuguruzanya, mu buryo bwose, na gahunda yari yaratangijwe n’Ibiro bya Amerika by’Ubutasi mu Gushyingo 2023, yari yatanze umurongo mwiza wo guhosha amakimbirane.”

Rikomeza rigira riti “U Rwanda ruzasaba ibisobanuro Guverinoma ya U.S kugira ngo hamenyekane neza niba ririya tangazo risobanuye ukwisubiraho ku murongo iki gihugu cyari gifite, cyangwa se ari ukuba inzego zitarahanye amakuru nk’uko bikwiye.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko ubutasi bwa USA bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo, ndetse ko “yari yatangiye gushyirwa mu bikorwa, none uyu munsi hajeho indi mvugo, ese ni ukwirengagiza ibimenyetso biba bihari u Rwanda na rwo ruba rwagaragaje?”

Yakomeje agira ati “Niba se atari ukwirengagiza ni ukwivuguruza. Niba uvuze uti ‘njyewe nk’umuhuza dushyizeho abantu bo mu nzego nkuru z’ubutasi mugende muhure n’abo muri Guverinoma ya Congo, muhure na Guverinoma y’u Rwanda’, barahuye byaratangajwe, hari n’inama batanze, bati ‘ese mwagabanyije ingabo ku mipaka’ […] uyu munsi noneho ukazana indi mvugo ihabanye n’ibyo bikorwa byakorwaga. Ni ho u Rwanda rwibaza ‘ese ni ukwirengagiza, ni ukwivuguruza?’…”

Mukuralinda avuga ko kugeza ubu u Rwanda na rwo rukiri mu rujijo, rutazi uko Leta Zunze Ubumwe za America zibona ibibazo byo muri Congo, nyuma y’imvugo zivuguruzanya zitangaje, ari na yo mpamvu ruzayisaba ibisobanuro.

Avuga ko izi mvugo za Leta Zunze Ubumwe za America zidateye u Rwanda impungenge mu gihe rutaramenya impamvu iki Gihugu kiri kubikora.

Ati “Byatera impungenge mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ibajije ugasanga koko harimo kwivuguruza, kuko kwivuguruza […] no mu itangazo babivuze, ese ni inzego zitavuganye […] ni yo mpamvu navuze nti reka tubanze tubabaze, kuko inzego zishobora kudahana amakuru hagasohoka imvugo eshatu zitandukanye. Nibabyemeza bose bakavuga bati ‘nyamara ibyo twari twavuze cya gihe tubihuriyeho turabyemera’ aho ni bwo wavuga uti biteye impungenge.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko n’iyo ibi byateye urujijo bizahurizwaho n’inzego za USA, nabwo hazakurikiraho gufata izindi ngamba, kuko “ingamba ntizirashira.”

Mu Gushyingo Avril Haines ukuriye ubutasi bwa America yari yakiriwe na Perezida Tshisekedi
Icyo gihe yari yabanje guhura na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − two =

Previous Post

TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

Next Post

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w'Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.