Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye umubare w’abamaze kuburira ubuzima mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

radiotv10by radiotv10
26/07/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye umubare w’abamaze kuburira ubuzima mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO yabereye i Goma muri iki Gihugu, yaguyemo abantu batanu, ikomerekeramo abandi benshi.

Iyi myigaragambyo yafashe indi sura kuva kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yagaragayemo Abanye-Congo bafite umujinya mwinshi bigabije ibiro bya MONUSCO bakabitera ndetse bakanamena zimwe mu nzu zabyo.

Ibiro bya MONUSCO i Goma ahabereye imyigaragambyo idasanzwe kuri uyu wa Mbere, biri mu byangijwe n’abigaragambya, babyinjiyemo bakanasahura bimwe mu bikoresho basanzemo.

Umwe mu bakozi ba MONUSCO i Goma, yabwiye RADIOTV10 ko abigaragambyaga bari bafite umujinya udasanzwe ubwo bazaga bakamena ibiro by’abakozi bakabyigabiza.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “I Goma Nibura abantu batanu bitabye Imana, abandi bagera muri mirongo itanu barakomereka.”

Yavuze ko Guverinoma ya Congo iri kuvugana n’ubuyobozi bwa MONUSCO kugira ngo hakomeze hakusanywe imibare y’abagizweho ingaruka n’iyi myigaragambyo ndetse n’ibikoresho byaba byahangirikiye.

Muyaya wavuze ko bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo abakozi ba MONUSCO bahagaritse akazi kubera iyi myigaragambyo kugira ngo bagasubiremo, yanagize icyo avuga ku masasu yarashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.

Yavuze ko ari amasasu yarashwe yo gutatanya abigaragambya mu rwego rwo kuburizamo ibi bikorwa byo kubangamira MONUSCO.

Yagize ati “Guverinoma yasabye igisirikare n’Igipolisi by’Igihugu guhagarara bwuma mu kugarura ituze mu Mujyi wa Goma.”

Ubwo iyi myigaragambyo yari irimbanyije mu Mujyi wa Goma kuri uyu wa Mbere, Patrick Muyaya, yari yavuze ko Guverinoma ibabajwe n’ibyakozwe aba baturage ndetse ko ababigizemo uruhare bose bagomba guhabwa ibihano byihanukiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 6 =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wari utegerezanyijwe amatsiko muri Uganda yahageze

Next Post

Icyapa cy’ifoto ya Jennifer Lopez yambaye ubusa buriburi cyateje sakwesakwe

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyapa cy’ifoto ya Jennifer Lopez yambaye ubusa buriburi cyateje sakwesakwe

Icyapa cy’ifoto ya Jennifer Lopez yambaye ubusa buriburi cyateje sakwesakwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.