Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in AMAHANGA
0
Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, mu gace ka Rwahi muri Uganda habereye impanuka ikomeye y’imodoka ya sosiyete itwara abagenzi yo mu Rwanda izwi nka Volcano yagonganye n’indi yo muri Kenya, ikagwamo abantu batandatu, aho Polisi ya Uganda yahise itangaza igishobora kuba cyayiteye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Daily Monitor gikorera muri Uganda twifashishije nka RADIOTV10, avuga ko iyi mpanuka yabaye mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Ukuboza 2022 mu gace ka Rwahi kagabanya Uturere twa Ntungamo n’aka Rukiga mu burengerazuba bwa Uganda.

Iki kinyamakuru kivuga ko iyi mpanuka y’imodoka ya Volcano ifite ibirango bya RAD798B ndetse n’indi modoka yo mu bwoko bwa bisi na yo itwara abagenzi yo muri Kenya izwi nka Oxygen ifite ibirango bya KCU 054L, yahise ihitana abantu batandatu (6).

Imodoka za Sosiyete itwara abagenzi ya Volcano yo mu Rwanda, zisanzwe zikorera ingendo ziva zikanerecyeza mu Bihugu by’ibituranyi birimo na Uganda.

Elly Maate, umuvugizi wa Polisi ya Uganda mu gace kitwa Kigezi, yavuze ko iyi mpanuka yabaye mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Gatanu, ishobora kuba yaturutse ku ku kirere kitasaga neza kuko hariho ibihu byatumaga abashoferi batabona neza imbere.

Bivugwa ko uretse abantu batandatu bahise bitaba Imana barimo n’abashoferi bari batwaye izo modoka, hanakomeretse abagenzi bagera muri mirongo itatu (30).

Polisi ya Uganda kandi ivuga ko hahise hakorwa ubutabazi bwihuse kuko imodoka zitwara indembe zihutiye kuhagera zihita zijyana inkomere ku kigo nderabuzima kiri hafi y’ahabereye iyi mpanuka.

Izi modoka zagonganye mu buryo bukomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 2 =

Previous Post

IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

Next Post

Uwakinnye ruhago mu Rwanda ari mu baguye mu mpanuka ikomeye yabereye muri Uganda

Related Posts

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

IZIHERUKA

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda
SIPORO

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

29/11/2025
Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

29/11/2025
Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

29/11/2025
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

29/11/2025
Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

29/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakinnye ruhago mu Rwanda ari mu baguye mu mpanuka ikomeye yabereye muri Uganda

Uwakinnye ruhago mu Rwanda ari mu baguye mu mpanuka ikomeye yabereye muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.