Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abacyumvikanaho imyumvire byari bizwi ko yamaze gukendera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari abacyumvikanaho imyumvire byari bizwi ko yamaze gukendera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ubushakashatsi bwakozwe umwaka ushize bwagaragaje ko Abanyarwanda bagera kuri 96% bagerwaho na serivisi z’imari, hari abatuye mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu bavuga ko batazi uko umuntu abitsa kuri banki kuko batabona icyo babitsayo kubera ubukene, bamwe bakanavuga ko ibyo kubitsa kuri Banki ari iby’abifite.

Ni mu gihe ubushakashatsi bwa FinScope bwo muri 2024, bwagaragahe ko Abanyarwanda 96% bagerwaho na Serivisi z’imari.

Bamwe mu bo mu Murenge wa Shyira, bagaruka ku mibereho babayemo, bavuga ko itabemerera gukurikirana izi serivisi zo kubitsa muri za Banki.

Mukandayisenga yagize ati “Sinzi no kubitsa ibyo ari byo, ntabwo ari ugukabya, none se wakorera igihumbi ukarihira umunyeshuri, ugahaha ibyo kurya, ukabona n’ayo kubitsa? Muri banki nzabitsamo iki se, rwose sinzi uko babitsa.”

Uwimbabazi Drocella na we yagize ati “Ntabwo tubitsa, keretse mu kibina ho usanga ukotiza 200 buri cyumweru, ayo yo ntabwo wayabura. None se ku gatabo wajyanayo maganabiri?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyira, Marcel Ndandu yasobanuye ko ntawabura icyo abitsa kuko byose biva mu bushake, ari na yo mpamvu ubuyobozi bw’uyu Murenge bukomeza gushishikariza abaturage umuco wo kwizigamira.

Ati “Ni yo mpamvu SACCO yatwegereye, iyo ufite amafaranga naho cyaba igiceri cy’ijana ukakibikaho biguhesha amahirwe yo kugira ngo ube wabona inguzanyo. Hari n’inguzanyo Leta igenera abatishoboye ariko ntiwayibona udafite konti muri banki, kandi na nyirubwite mu gihe runaka ayo yizigamiye aramugoboka.”

Ubushakashatsi bwakozwe na Access to Finance Rwanda (AFR) ku bufatanye na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), igaragaza ko abakoresha serivisi z’imari z’ibigo byanditswe nka banki n’ibindi bigo by’imari byanditswe, bagera kuri 92%, naho 4% bakaba bakoresha uburyo butanditswe.

Ubu bushakashatsi bugaragaza kandi ko abatagerwaho na serivisi z’imari bavuye kuri 7% muri 2020 bagera kuri 4% muri 2024, ndetse abakoresha serivisi z’imari binyuze kuri telefone, izwi nka Mobile Money, bava kuri 60% bagera kuri 77%, mu gihe abakoresha serivisi za SACCO, kugeza ubu ari 51%.

Mu Murenge wa Shyira hari abavuga ko batazi kubitsa muri Banki n’uko bikorwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 5 =

Previous Post

Mu buryo butunguranye igitaramo cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe kibura iminsi micye

Next Post

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

Related Posts

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.