Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abahinzi bari kurira ayo kwarika kubera icyorezo cy’imyaka cyaburiwe umuti

radiotv10by radiotv10
20/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari abahinzi bari kurira ayo kwarika kubera icyorezo cy’imyaka cyaburiwe umuti
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga inyanya mu buryo bwa kijyambere bo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, baravuga ko igihingwa cyabo kibasiwe n’indwara ya kirabiranya yaburiwe umuti, none bari mu bihombo bikomeye.

Bangamwabo Esdras ufite ahantu habiri hahingirwa inyanya mu buryo bugezweho [green house] mu Kagari ka Nyarungenge avuga ko kirabiranya itangira kwirara mu buhinzi bwe, yitabaje abo akeka ko basobanukiwe iby’ubuhinzi kumurusha ariko bakamubwira nta muti wayo.

Agira ati “abahanga mu buhinzi batubwiye ko iyi kirabiranya nta muti nta n’urukingo yagize kandi iyo yageze mu nyanya irazikubita zigashira. Icyo dukora rero ni uguhita turandura urwafashwe uretse ko twaranduye tukarambirwa byagera aho tukabireka”.

Kubwimana Jean Paul na we uhinga inyanya muri greenhouse, avuga ko iyo iyi ndwara yagezemo bituma umusaruro ugabanuka nyamara ubuhinzi bwazo bwari butangiye guteza imbere ababukora

Ati “muri green ushobora kwezamo toni eshatu z’inyanya tuba twateyemo inyana 860, iyo hajemo kirabiranya wezamo toni imwe n’igice.”

Dr. Assinapol Ndereyimana ukuriye ishami rishinzwe imbuto n’imboga mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) avuga ko iyi ndwara iterwa na bagiteri ariko ko ibamo ubwoko bubiri.

Agira ati “kirabiranya ziri amoko abiri, hari iterwa n’agahumyo hari n’iterwa na bagiteri. Iriya rero twabonye ari iterwa na bagiteri. Iyo yageze mu butaka ntabwo ipfa kwivanamo. Icyo gukora cya mbere iyo ubonye urunyanya rwa mbere rwagaragaje ibimenyetso ni ukuruvanamo bwangu ntabwo rwanduza izindi”.

Dr. Assinapol akomeza avuga ko iyo bigaragaye ko indwara yamaze gukwira mu murima wose ikindi gikorwa ari uguhinga mu bihoho ndetse no guteka ubutaka kugira ngo indwara ishiremo.

Ati “Hari ibihoho binini byabugenewe dushyiramo itaka ritetse twatangiye uburyo bw’igerageza ngo turebe uburyo buhendutse bwo gutwika itaka bidatwaye inkwi nyinshi.”

Abahinzi bavuga ko mu gihe umurira umwe wa greenhouse utafashwe n’uburwayiushobora kuvamo toni eshatu z’inyanya ariko mu gihe kirabiranya yagezemo hakaba havamo toni imwe n’igice.

Bararira ayo kwarika
Inyanya zabo
Inyanya zitahuye n’iyi ndwara zitanga umusaruro ushimishije

 

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 3 =

Previous Post

Batashye bijujuta kuko bateretswe abakekwaho kwica Umupolisi nkuko bari babyizejwe

Next Post

Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.