Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abahinzi bari kurira ayo kwarika kubera icyorezo cy’imyaka cyaburiwe umuti

radiotv10by radiotv10
20/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari abahinzi bari kurira ayo kwarika kubera icyorezo cy’imyaka cyaburiwe umuti
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga inyanya mu buryo bwa kijyambere bo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, baravuga ko igihingwa cyabo kibasiwe n’indwara ya kirabiranya yaburiwe umuti, none bari mu bihombo bikomeye.

Bangamwabo Esdras ufite ahantu habiri hahingirwa inyanya mu buryo bugezweho [green house] mu Kagari ka Nyarungenge avuga ko kirabiranya itangira kwirara mu buhinzi bwe, yitabaje abo akeka ko basobanukiwe iby’ubuhinzi kumurusha ariko bakamubwira nta muti wayo.

Agira ati “abahanga mu buhinzi batubwiye ko iyi kirabiranya nta muti nta n’urukingo yagize kandi iyo yageze mu nyanya irazikubita zigashira. Icyo dukora rero ni uguhita turandura urwafashwe uretse ko twaranduye tukarambirwa byagera aho tukabireka”.

Kubwimana Jean Paul na we uhinga inyanya muri greenhouse, avuga ko iyo iyi ndwara yagezemo bituma umusaruro ugabanuka nyamara ubuhinzi bwazo bwari butangiye guteza imbere ababukora

Ati “muri green ushobora kwezamo toni eshatu z’inyanya tuba twateyemo inyana 860, iyo hajemo kirabiranya wezamo toni imwe n’igice.”

Dr. Assinapol Ndereyimana ukuriye ishami rishinzwe imbuto n’imboga mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) avuga ko iyi ndwara iterwa na bagiteri ariko ko ibamo ubwoko bubiri.

Agira ati “kirabiranya ziri amoko abiri, hari iterwa n’agahumyo hari n’iterwa na bagiteri. Iriya rero twabonye ari iterwa na bagiteri. Iyo yageze mu butaka ntabwo ipfa kwivanamo. Icyo gukora cya mbere iyo ubonye urunyanya rwa mbere rwagaragaje ibimenyetso ni ukuruvanamo bwangu ntabwo rwanduza izindi”.

Dr. Assinapol akomeza avuga ko iyo bigaragaye ko indwara yamaze gukwira mu murima wose ikindi gikorwa ari uguhinga mu bihoho ndetse no guteka ubutaka kugira ngo indwara ishiremo.

Ati “Hari ibihoho binini byabugenewe dushyiramo itaka ritetse twatangiye uburyo bw’igerageza ngo turebe uburyo buhendutse bwo gutwika itaka bidatwaye inkwi nyinshi.”

Abahinzi bavuga ko mu gihe umurira umwe wa greenhouse utafashwe n’uburwayiushobora kuvamo toni eshatu z’inyanya ariko mu gihe kirabiranya yagezemo hakaba havamo toni imwe n’igice.

Bararira ayo kwarika
Inyanya zabo
Inyanya zitahuye n’iyi ndwara zitanga umusaruro ushimishije

 

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − twelve =

Previous Post

Batashye bijujuta kuko bateretswe abakekwaho kwica Umupolisi nkuko bari babyizejwe

Next Post

Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.