Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abahinzi bari kurira ayo kwarika kubera icyorezo cy’imyaka cyaburiwe umuti

radiotv10by radiotv10
20/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari abahinzi bari kurira ayo kwarika kubera icyorezo cy’imyaka cyaburiwe umuti
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga inyanya mu buryo bwa kijyambere bo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, baravuga ko igihingwa cyabo kibasiwe n’indwara ya kirabiranya yaburiwe umuti, none bari mu bihombo bikomeye.

Bangamwabo Esdras ufite ahantu habiri hahingirwa inyanya mu buryo bugezweho [green house] mu Kagari ka Nyarungenge avuga ko kirabiranya itangira kwirara mu buhinzi bwe, yitabaje abo akeka ko basobanukiwe iby’ubuhinzi kumurusha ariko bakamubwira nta muti wayo.

Agira ati “abahanga mu buhinzi batubwiye ko iyi kirabiranya nta muti nta n’urukingo yagize kandi iyo yageze mu nyanya irazikubita zigashira. Icyo dukora rero ni uguhita turandura urwafashwe uretse ko twaranduye tukarambirwa byagera aho tukabireka”.

Kubwimana Jean Paul na we uhinga inyanya muri greenhouse, avuga ko iyo iyi ndwara yagezemo bituma umusaruro ugabanuka nyamara ubuhinzi bwazo bwari butangiye guteza imbere ababukora

Ati “muri green ushobora kwezamo toni eshatu z’inyanya tuba twateyemo inyana 860, iyo hajemo kirabiranya wezamo toni imwe n’igice.”

Dr. Assinapol Ndereyimana ukuriye ishami rishinzwe imbuto n’imboga mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) avuga ko iyi ndwara iterwa na bagiteri ariko ko ibamo ubwoko bubiri.

Agira ati “kirabiranya ziri amoko abiri, hari iterwa n’agahumyo hari n’iterwa na bagiteri. Iriya rero twabonye ari iterwa na bagiteri. Iyo yageze mu butaka ntabwo ipfa kwivanamo. Icyo gukora cya mbere iyo ubonye urunyanya rwa mbere rwagaragaje ibimenyetso ni ukuruvanamo bwangu ntabwo rwanduza izindi”.

Dr. Assinapol akomeza avuga ko iyo bigaragaye ko indwara yamaze gukwira mu murima wose ikindi gikorwa ari uguhinga mu bihoho ndetse no guteka ubutaka kugira ngo indwara ishiremo.

Ati “Hari ibihoho binini byabugenewe dushyiramo itaka ritetse twatangiye uburyo bw’igerageza ngo turebe uburyo buhendutse bwo gutwika itaka bidatwaye inkwi nyinshi.”

Abahinzi bavuga ko mu gihe umurira umwe wa greenhouse utafashwe n’uburwayiushobora kuvamo toni eshatu z’inyanya ariko mu gihe kirabiranya yagezemo hakaba havamo toni imwe n’igice.

Bararira ayo kwarika
Inyanya zabo
Inyanya zitahuye n’iyi ndwara zitanga umusaruro ushimishije

 

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Batashye bijujuta kuko bateretswe abakekwaho kwica Umupolisi nkuko bari babyizejwe

Next Post

Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.