Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi bibumbiye muri ‘Koperative Ejo heza Muhinzi w’Umuceri’ (KEMU), bavuga ko ubuyobozi bwabo bwatangiye kubakata amafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Santé ariko bo bakabona hakiri kare cyane.

Aba bahinzi bavuga ko amafaranga ya mbere, bayabaciye mu kwezi gushize kwa Gashyantare, nyamara bakiri kwivuriza ku misanzu bishyuye umwaka ushize.

Bavuga ko batigeze bagishwa inama cyangwa ngo bamenyeshwe iby’uwo mwanzuro wo kubakata amafaranga ku musaruro wabo ngo bishyurirwe mituweri kandi icyo gihe hari hakiri amezi 5 yo kwivuriza ku yo basanganywe.

Mukasemadari Febronie ati “Babidutura hejuru ntituba twabyumvikanyeho, ubu twarasaruye turagurisha bagiye kuduha borodero baziduha barakase aya mituweri kandi n’ayo twatanze ubushize tukiyivurizaho.”

Abanyamuryango b’iyi Koperative, bavuga ko bazi neza akamaro ka Mituwele, ariko ko gukatwa amafaranga yayo batabibagishijeho inama, ari byo batumva.

Nirere Claudine ati “Bitwicira imibare, n’ubundi umuntu aba azayitanga rwose ariko ntabwo byumvikana uburyo bayikata mu kwa kabiri kandi tuzongera gusarura mu kwa gatandatu, bari kureka kuyakata ubu bakazayakata icyo gihe.”

Twagiramungu Jean uyobora iyi Koperative Ejo heza Muhinzi w’Umuceri na we yemera ko icyemezo cyo gukata abanyamuryango amafaranga ya mituweri, nta ruhare bakigizemo, akavuga ko ubuyobozi bwagifashe bitewe n’uko hari abanganga kuyitanga.

Agira ati “Iyo tubahaye amafaranga yose usanga bagiye bakayarya ntibabone uko bizigamira ubwisungane. Ni bwo buryo rero koperative twavuze tuti reka tujya tuzigamira abanyamuryango bacu, ariko niba hari abatabyishimira dufite inteko rusange vuba ubwo tuzakinyuzamo turebe icyo bakivuga ho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama Nsengiyumva Vincent de Paul ntiyemeranywa n’abavuga ko bishyujwe mituweri hakiri kare kuko niba ubushobozi buhari, nta mpamvu yo gutegereza.

Ati “Turi muri gahunda ivuga ngo ‘reka mbikore kare nzagereyo ntavunitse’. Icyo kuvuga ko ari kare rwose ntabwo ari kare. Baravuga ngo umurimo washobora uyu munsi kuki uwushyira ejo?”

Imibare itangwa n’Ubuyobozi bw’iyi Koperative igaragaza ko abayigize bagera ku 2 315, ndetse ko abakoresha mituweri mu kwivuza bose bamaze kwishyura iya 2025 muri Gashyantare 2024.

Abavuga ko bishyujwe mituweli kare ni abo muri Koperative KEMU
Batangiye gukatwa imisanzu

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 4 =

Previous Post

Hatangajwe ikiri kuganirwaho n’abahagarariye umutwe w’Ingabo zitabara aho rukomeye muri EAC bari mu Rwanda

Next Post

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.