Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi bibumbiye muri ‘Koperative Ejo heza Muhinzi w’Umuceri’ (KEMU), bavuga ko ubuyobozi bwabo bwatangiye kubakata amafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Santé ariko bo bakabona hakiri kare cyane.

Aba bahinzi bavuga ko amafaranga ya mbere, bayabaciye mu kwezi gushize kwa Gashyantare, nyamara bakiri kwivuriza ku misanzu bishyuye umwaka ushize.

Bavuga ko batigeze bagishwa inama cyangwa ngo bamenyeshwe iby’uwo mwanzuro wo kubakata amafaranga ku musaruro wabo ngo bishyurirwe mituweri kandi icyo gihe hari hakiri amezi 5 yo kwivuriza ku yo basanganywe.

Mukasemadari Febronie ati “Babidutura hejuru ntituba twabyumvikanyeho, ubu twarasaruye turagurisha bagiye kuduha borodero baziduha barakase aya mituweri kandi n’ayo twatanze ubushize tukiyivurizaho.”

Abanyamuryango b’iyi Koperative, bavuga ko bazi neza akamaro ka Mituwele, ariko ko gukatwa amafaranga yayo batabibagishijeho inama, ari byo batumva.

Nirere Claudine ati “Bitwicira imibare, n’ubundi umuntu aba azayitanga rwose ariko ntabwo byumvikana uburyo bayikata mu kwa kabiri kandi tuzongera gusarura mu kwa gatandatu, bari kureka kuyakata ubu bakazayakata icyo gihe.”

Twagiramungu Jean uyobora iyi Koperative Ejo heza Muhinzi w’Umuceri na we yemera ko icyemezo cyo gukata abanyamuryango amafaranga ya mituweri, nta ruhare bakigizemo, akavuga ko ubuyobozi bwagifashe bitewe n’uko hari abanganga kuyitanga.

Agira ati “Iyo tubahaye amafaranga yose usanga bagiye bakayarya ntibabone uko bizigamira ubwisungane. Ni bwo buryo rero koperative twavuze tuti reka tujya tuzigamira abanyamuryango bacu, ariko niba hari abatabyishimira dufite inteko rusange vuba ubwo tuzakinyuzamo turebe icyo bakivuga ho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama Nsengiyumva Vincent de Paul ntiyemeranywa n’abavuga ko bishyujwe mituweri hakiri kare kuko niba ubushobozi buhari, nta mpamvu yo gutegereza.

Ati “Turi muri gahunda ivuga ngo ‘reka mbikore kare nzagereyo ntavunitse’. Icyo kuvuga ko ari kare rwose ntabwo ari kare. Baravuga ngo umurimo washobora uyu munsi kuki uwushyira ejo?”

Imibare itangwa n’Ubuyobozi bw’iyi Koperative igaragaza ko abayigize bagera ku 2 315, ndetse ko abakoresha mituweri mu kwivuza bose bamaze kwishyura iya 2025 muri Gashyantare 2024.

Abavuga ko bishyujwe mituweli kare ni abo muri Koperative KEMU
Batangiye gukatwa imisanzu

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − one =

Previous Post

Hatangajwe ikiri kuganirwaho n’abahagarariye umutwe w’Ingabo zitabara aho rukomeye muri EAC bari mu Rwanda

Next Post

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi
AMAHANGA

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.