Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari Ibihugu bya Afurika byakuriye inzira ku murima u Burayi ku gishyigikiwe n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hari Ibihugu bya Afurika byakuriye inzira ku murima u Burayi ku gishyigikiwe n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, byatsembeye u Burayi ko bidashobora kwakira abimukira bagiye muri uyu Mugabane, ngo kuko bitawurusha ubushobozi, ndetse ko udakwiye kwihunza inshingano zo gufasha abo bimukira baje bawugana.

Byavugiwe mu nama yabaye kuri iki Cyumweru, i Roma mu Butaliyani ahabereye inama y’umunsi umwe yahurije hamwe abayobozi b’inzego za Leta baturutse mu Bihugu 20, Imiryango mpuzamahanga n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, hagamijwe kwigira hamwe ikibazo cy’abimukira bakomeje kugwa mu Nyanja ya Mediterrane bagerageza kwambuka bajya ku Mugabane w’u Burayi mu buryo butemewe n’amategeko.

Umugabane wa Afurika wari uhagarariwe muri iyo nama na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed, Perezida wa Tunisia, Kaies Saied, Minisitiri w’Intebe wa Nigeria, Ouhoumoudou Mahamadou, na Minisitiri w’Intebe wa Misiri, Mostafa Madbouly.

Bimwe muri ibi Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byari biteraniye muri iyi nama, byakuriye inzira ku murima u Burayi ko bitazemera ko uwo Mugabane ubyoherezamo abimukira bimwe amerekezo I Burayi ngo bibacumbikire.

Kaies Saied yavuze ko Tunisia itazigera yemerera Ibihugu by’I Burayi kuyoherezamo abimukira babyinjiyemo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, anavuga ko Tunisia itazigera iba inzira y’abayinyuramo mu buryo butemewe n’amategeko.

Kuva uyu mwaka watangira habarwa abimukira basaga 1 900 bapfuye cyangwa bakaburirwa irengero mu Nyanja ya Mediterrane barimo bagerageza kwambuka inyanja bajya mu bihugu by’I Burayi mu buryo butemewe n’amategeko, ibihita bituma imibare y’abapfuye muri ubwo buryo cyangwa bakaburirwa irengero kuva mu mwaka wa 2014 basaga 27 675, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe abimukira. Abasaga 483, bapfiriye muri Africa uyu mwaka wa 2023.

Ibi bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byatsembeye u Burayi ko bitazakira abimukira bahungiye kuri uyu mugabane, mu gihe u Rwanda rwo rwanamaze kugira amasezerano n’u Bwongereza yo kohereza abimukira binjiye muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni amasezerano yakomeje guhura na birantega, aho bamwe muri abo bimukira ndetse n’imiryango mpuzamahanga, biyambaje inkiko basaba ko aya masezerano atashyirwa mu bikorwa.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + six =

Previous Post

Ghana: Iby’Umuminisitiri basanze yarahishe umurundo w’amafaranga iwe mu rugo byafashe indi ntera

Next Post

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Related Posts

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.