Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari Ibihugu bya Afurika byakuriye inzira ku murima u Burayi ku gishyigikiwe n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hari Ibihugu bya Afurika byakuriye inzira ku murima u Burayi ku gishyigikiwe n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, byatsembeye u Burayi ko bidashobora kwakira abimukira bagiye muri uyu Mugabane, ngo kuko bitawurusha ubushobozi, ndetse ko udakwiye kwihunza inshingano zo gufasha abo bimukira baje bawugana.

Byavugiwe mu nama yabaye kuri iki Cyumweru, i Roma mu Butaliyani ahabereye inama y’umunsi umwe yahurije hamwe abayobozi b’inzego za Leta baturutse mu Bihugu 20, Imiryango mpuzamahanga n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, hagamijwe kwigira hamwe ikibazo cy’abimukira bakomeje kugwa mu Nyanja ya Mediterrane bagerageza kwambuka bajya ku Mugabane w’u Burayi mu buryo butemewe n’amategeko.

Umugabane wa Afurika wari uhagarariwe muri iyo nama na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed, Perezida wa Tunisia, Kaies Saied, Minisitiri w’Intebe wa Nigeria, Ouhoumoudou Mahamadou, na Minisitiri w’Intebe wa Misiri, Mostafa Madbouly.

Bimwe muri ibi Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byari biteraniye muri iyi nama, byakuriye inzira ku murima u Burayi ko bitazemera ko uwo Mugabane ubyoherezamo abimukira bimwe amerekezo I Burayi ngo bibacumbikire.

Kaies Saied yavuze ko Tunisia itazigera yemerera Ibihugu by’I Burayi kuyoherezamo abimukira babyinjiyemo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, anavuga ko Tunisia itazigera iba inzira y’abayinyuramo mu buryo butemewe n’amategeko.

Kuva uyu mwaka watangira habarwa abimukira basaga 1 900 bapfuye cyangwa bakaburirwa irengero mu Nyanja ya Mediterrane barimo bagerageza kwambuka inyanja bajya mu bihugu by’I Burayi mu buryo butemewe n’amategeko, ibihita bituma imibare y’abapfuye muri ubwo buryo cyangwa bakaburirwa irengero kuva mu mwaka wa 2014 basaga 27 675, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe abimukira. Abasaga 483, bapfiriye muri Africa uyu mwaka wa 2023.

Ibi bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byatsembeye u Burayi ko bitazakira abimukira bahungiye kuri uyu mugabane, mu gihe u Rwanda rwo rwanamaze kugira amasezerano n’u Bwongereza yo kohereza abimukira binjiye muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni amasezerano yakomeje guhura na birantega, aho bamwe muri abo bimukira ndetse n’imiryango mpuzamahanga, biyambaje inkiko basaba ko aya masezerano atashyirwa mu bikorwa.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 2 =

Previous Post

Ghana: Iby’Umuminisitiri basanze yarahishe umurundo w’amafaranga iwe mu rugo byafashe indi ntera

Next Post

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.