Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari Ibihugu bya Afurika byakuriye inzira ku murima u Burayi ku gishyigikiwe n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hari Ibihugu bya Afurika byakuriye inzira ku murima u Burayi ku gishyigikiwe n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, byatsembeye u Burayi ko bidashobora kwakira abimukira bagiye muri uyu Mugabane, ngo kuko bitawurusha ubushobozi, ndetse ko udakwiye kwihunza inshingano zo gufasha abo bimukira baje bawugana.

Byavugiwe mu nama yabaye kuri iki Cyumweru, i Roma mu Butaliyani ahabereye inama y’umunsi umwe yahurije hamwe abayobozi b’inzego za Leta baturutse mu Bihugu 20, Imiryango mpuzamahanga n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, hagamijwe kwigira hamwe ikibazo cy’abimukira bakomeje kugwa mu Nyanja ya Mediterrane bagerageza kwambuka bajya ku Mugabane w’u Burayi mu buryo butemewe n’amategeko.

Umugabane wa Afurika wari uhagarariwe muri iyo nama na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed, Perezida wa Tunisia, Kaies Saied, Minisitiri w’Intebe wa Nigeria, Ouhoumoudou Mahamadou, na Minisitiri w’Intebe wa Misiri, Mostafa Madbouly.

Bimwe muri ibi Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byari biteraniye muri iyi nama, byakuriye inzira ku murima u Burayi ko bitazemera ko uwo Mugabane ubyoherezamo abimukira bimwe amerekezo I Burayi ngo bibacumbikire.

Kaies Saied yavuze ko Tunisia itazigera yemerera Ibihugu by’I Burayi kuyoherezamo abimukira babyinjiyemo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, anavuga ko Tunisia itazigera iba inzira y’abayinyuramo mu buryo butemewe n’amategeko.

Kuva uyu mwaka watangira habarwa abimukira basaga 1 900 bapfuye cyangwa bakaburirwa irengero mu Nyanja ya Mediterrane barimo bagerageza kwambuka inyanja bajya mu bihugu by’I Burayi mu buryo butemewe n’amategeko, ibihita bituma imibare y’abapfuye muri ubwo buryo cyangwa bakaburirwa irengero kuva mu mwaka wa 2014 basaga 27 675, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe abimukira. Abasaga 483, bapfiriye muri Africa uyu mwaka wa 2023.

Ibi bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byatsembeye u Burayi ko bitazakira abimukira bahungiye kuri uyu mugabane, mu gihe u Rwanda rwo rwanamaze kugira amasezerano n’u Bwongereza yo kohereza abimukira binjiye muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni amasezerano yakomeje guhura na birantega, aho bamwe muri abo bimukira ndetse n’imiryango mpuzamahanga, biyambaje inkiko basaba ko aya masezerano atashyirwa mu bikorwa.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Ghana: Iby’Umuminisitiri basanze yarahishe umurundo w’amafaranga iwe mu rugo byafashe indi ntera

Next Post

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.