Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari ibyatangajwe n’abakekwaho igitero cy’iterabwoba gikomeye cyabaye mu Burusiya

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hari ibyatangajwe n’abakekwaho igitero cy’iterabwoba gikomeye cyabaye mu Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Batatu mu bakekwaho kugira uruhare mu gitero cyagabwe ahaberaga igitaramo i Moscow mu Burusiya kigahitana abarenga 100, bagejejwe imbere y’Urukiko, bemera ibyaha bashinjwa.

Ni nyuma y’igitero cyagabwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 25 Werurwe 2024, cyagabwe mu nyubako yari irimo iberamo igitaramo i Moscow, aho kugeza ubu habarwa abantu 150 bamaze kwitaba Imana kubera iki gitero.

Nyuma y’iki gitero, inzego z’umutekano n’iz’iperereza n’ubutasi mu Burusiya, zahise zitangira guhiga bukware abakoze iki gikorwa, ndetse hafatwa ababikekwaho.

Ababuranye kuri iki Cyumweru uko ari babiri, bose byemejwe ko bakomoka muri Tajikistan, basabiwe igihano cya burundu muri Gereza.

Barashinjwa icyaha cyo kugaba igitero cy’iterabwoba, cyasize gihitanye abagera mu 150, gikomeretsa abagera mu 182 nk’uko inzego z’ubuzima i Moscow zabitangaje.

Ni igitero cyaje kwigambwa n’Umutwe w’Iterabwoba wiyita Leta ya Kisilamu (Islamic States), nyuma gato y’uko 11 batawe muri yombi, harimo bane bikekwa ko bagize uruhare rukomeye muri iki gitero.

U Burusiya bwavuze ko aba bafashwe bari bamaze gukora aya mahano, bagafatwa bagerageza gucika bashaka kwerecyeza muri Ukraine.

Mu ijambo Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yavugiye kuri Televiziyo, yavuze ko iki gitero cyateguwe na Ukraine bahanganye mu ntambara, ariko Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine avuga ko ibivugwa n’abategetsi b’u Burusiya bidafite shingiro, kuko Ukraine idafite ubwenge bucye bwo kugaba ibitero nk’ibyo.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Senegal: Utavuga rumwe n’ubutegetsi arakoza imitwe y’intoki ku ntsinzi y’Amatora ya Perezida

Next Post

Perezida Kagame yasubije Tshisekedi washyizeho amabwiriza y’ibyo yifuza ko byubahirizwa mbere y’uko bahura

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi

Perezida Kagame yasubije Tshisekedi washyizeho amabwiriza y’ibyo yifuza ko byubahirizwa mbere y’uko bahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.